• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Itariki ya 23 Mutarama 2025, umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Révérien Ndikuriyo, yamubereye iy’akaga nyuma yo kurogwa, ubwo yitabiraga igiterane cy’iminsi itatu cyo gusengera igihugu. Bikaba bikekwa ko ari Perezida Ndayishimiye uri inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi, amuziza ko ashobora kumusimbura ku ntebe y’ubuperezida muw’2027.

Ngabo “abakristu” bitwaza uburozi bagiye mu masengesho!

Magingo aya, ubuzima bwa Révérien Ndikuriyo buri hagati y’umupfu n’umupfumu, kuko arembeye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho amaze iminsi mu bitaro by’indembe.

Umukozi w’ikigo cy’iperereza cy’u Burundi utashatse ko amazina ye atangazwa, yabwiye iki gitangazamakuru ko uburozi bwahawe Ndikuriyo, ari agafu kanyanyagijwe mu modoka ye maze yakwinjiramo akabuhumeka, kandi ko ari intumwa za Ndayishimiye zabikoze.

Evariste Ndayishimiye yakunze kwikanga icyugazi cya Révérien Ndikuriyo, kuko ari we ukunzwe cyane mu ishyaka CNDD-FDD kurusha Evariste Ndayishimiye.

Révérien Ndikuriyo nawe kandi koko yari asigaye yitwara nk’Umukuru w’Igihugu, doreko no mu mbwirwaruhame ze atari agitandukanya ishyaka n’igihugu.

Kubera ko gufunga Ndikuriyo cyangwa kumurasa byatera umwuka mubi mu gisirikari, doreko naho Ndikuriyo ahamurisha ubutoni, Ndayishimiye yasanze icyoroshye ari ukumwikiza akoresheje uburozi.

Amakuru ava mu Burundi agaragaza ko muri iki gihe Perezida Evariste Ndayishimiye adakunzwe haba mu baturage, mu gisirikari no mu ishyaka, kubera ntiyishimiwe namba haba mu ishyaka, ahanini kubera ibyemezo yagiye afata bigapyinagaza Abarundi. Twavuga nko gufunga imipaka ihuza uBurundi n’u Rwanda, ndetse n’amasezerano y’amaraso yo kohereza mu muriro ingabo z’uBurundi muri Kongo, kubera inyungu ze bwite, doreko Tshisekedi amwishyura amadolari 5.000 buri kwezi, kuri buri musirikari w’Umurundi uri muri Kongo.

Uretse gutanga abasirikare be nk’igitambo, ngo yiyuzurize igifu n’umufuka, abatirage banashinja Ndayishimiye kubakenesha no kubicisha inzara, nyuma y’uko ubucuruzi bwose bukomeye abuahyiriye mu buganzs by”umugore we n’abana be.

Révérien Ndikuriyo urembye byo gupfa, aramutse arusimbutse ( Imana imworohereze), bizakomeza gutera umwiryane mu ba”DD”, dore ko nawe ubu yamenye ushaka umutwe we, aho bagiye kubana aka wa muntu ubyinana n’umukeba adahumbya.

 

2025-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Ubwanditsi 20 Nov 2022
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri
HIRYA NO HINO

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Ubwanditsi 09 Mar 2019
Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Ubwanditsi 05 Feb 2019
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso
Mu Mahanga

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru