• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Itariki ya 23 Mutarama 2025, umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Révérien Ndikuriyo, yamubereye iy’akaga nyuma yo kurogwa, ubwo yitabiraga igiterane cy’iminsi itatu cyo gusengera igihugu. Bikaba bikekwa ko ari Perezida Ndayishimiye uri inyuma y’ubwo bugizi bwa nabi, amuziza ko ashobora kumusimbura ku ntebe y’ubuperezida muw’2027.

Ngabo “abakristu” bitwaza uburozi bagiye mu masengesho!

Magingo aya, ubuzima bwa Révérien Ndikuriyo buri hagati y’umupfu n’umupfumu, kuko arembeye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho amaze iminsi mu bitaro by’indembe.

Umukozi w’ikigo cy’iperereza cy’u Burundi utashatse ko amazina ye atangazwa, yabwiye iki gitangazamakuru ko uburozi bwahawe Ndikuriyo, ari agafu kanyanyagijwe mu modoka ye maze yakwinjiramo akabuhumeka, kandi ko ari intumwa za Ndayishimiye zabikoze.

Evariste Ndayishimiye yakunze kwikanga icyugazi cya Révérien Ndikuriyo, kuko ari we ukunzwe cyane mu ishyaka CNDD-FDD kurusha Evariste Ndayishimiye.

Révérien Ndikuriyo nawe kandi koko yari asigaye yitwara nk’Umukuru w’Igihugu, doreko no mu mbwirwaruhame ze atari agitandukanya ishyaka n’igihugu.

Kubera ko gufunga Ndikuriyo cyangwa kumurasa byatera umwuka mubi mu gisirikari, doreko naho Ndikuriyo ahamurisha ubutoni, Ndayishimiye yasanze icyoroshye ari ukumwikiza akoresheje uburozi.

Amakuru ava mu Burundi agaragaza ko muri iki gihe Perezida Evariste Ndayishimiye adakunzwe haba mu baturage, mu gisirikari no mu ishyaka, kubera ntiyishimiwe namba haba mu ishyaka, ahanini kubera ibyemezo yagiye afata bigapyinagaza Abarundi. Twavuga nko gufunga imipaka ihuza uBurundi n’u Rwanda, ndetse n’amasezerano y’amaraso yo kohereza mu muriro ingabo z’uBurundi muri Kongo, kubera inyungu ze bwite, doreko Tshisekedi amwishyura amadolari 5.000 buri kwezi, kuri buri musirikari w’Umurundi uri muri Kongo.

Uretse gutanga abasirikare be nk’igitambo, ngo yiyuzurize igifu n’umufuka, abatirage banashinja Ndayishimiye kubakenesha no kubicisha inzara, nyuma y’uko ubucuruzi bwose bukomeye abuahyiriye mu buganzs by”umugore we n’abana be.

Révérien Ndikuriyo urembye byo gupfa, aramutse arusimbutse ( Imana imworohereze), bizakomeza gutera umwiryane mu ba”DD”, dore ko nawe ubu yamenye ushaka umutwe we, aho bagiye kubana aka wa muntu ubyinana n’umukeba adahumbya.

 

2025-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Ubwanditsi 17 May 2018
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Ubwanditsi 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Burundi ni  ” indashima ” kuki ikomeje gushotora u Rwanda
ITOHOZA

Leta y’u Burundi ni ” indashima ” kuki ikomeje gushotora u Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015
HIRYA NO HINO

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo
Amakuru

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Ubwanditsi 20 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru