• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe ya Nigeria “Super Eagle” yaraye inyagiye Niger ku bitego 4-1 mu irushanwa ry’amakipe y’ibihugu muri Afurika ribera mu Rwanda (CHAN) uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

-1856.jpg

Abakinnyi-ba-NIGERIA-bishimira-igitego-cya-mbere-nyuma-umukinnyi-Chikatara-agatsinda-ibindi-3-wenyine

Uyu mukino wo mu itsinda C ririmo Nigeria, Niger, Guinea na Tunisia zo zanganyije ibitego 2-2.

Inshamake y’umukino

Ku munota wa 4 w’igice cya mbere Niger yabonye kufura yatewe na Musa Shehu ayitera mu maboko y’umuzamu wa Nigeria.

Ku munota wa 9 Alimi Jamiu wa Nigeria yahawe ikarita y’umuhondo ku ikosa yakoreye umukinnyi wa Niger Idrissa Halidou Garba.

Ku munota wa 12 w’igice cya mbere rutahizamu w’ikipe ya Niger Idrissa Halidou Garba yabonye amahirwe yo gutsinda igitego aho yarasigaranye n’umuzamu umusifuzi asifura ko yaraririye.

Ku munota wa 16 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Alimi Jamiu wari wahawe ikarita y’umuhondo yasimbuwe na Orjikalu Okogbue.

Ku munota wa 30 w’igice cya mbere Nigeria yahujije igitego ku buryo bwari bwabazwe ku ishoti ryatewe na Okoro Osadebamwen Moses.

Ku munota 43 ni bwo habonetse koloneli ya mbere ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria yatewe na Aggreh Abus Prince ayitera mu maboko y’umuzamu wa Niger.

Igice cya mbere cy’umukino wahuzaga Niger na Nigeria cyarangiye amakipe yose anganya ubusa ku busa.

Amakosa yagaragaye muri uwo mukino nuko umusifuzi wo kuruhande baygaragaye ko atigeze yita kurarira kwabakinnyi ba Nigeria.

Ku munota 46 w’igice cya kabiri Okoro Asadebamwen Moses yinjije igitego cya mbere cya Nigeria.

Ku munota wa 48 w’igice cya kabiri cy’umukino ku ruhande rwa Niger habayeho gusimbuza Imarana Seyni yasimbuwe na Adebayor Zakari Victorien Adje, Issiakou Koudize yasimbuwe na Ibrahim Paraiso Moussa.

Ku munota wa 52 ku ruhande Nigeria habayeho gusimbuza Adeniji Babatunde Temitope yasimbuwe na Chikatara Chisom Elvis.

Kumunota 58 ku ruhande rw’ikipe ya Niger habayeho gusimbuza, Mahamadou Souley Salamoun yasimbuwe na Ganiyu Elh Tidjani Hutmanu Elh Tijani.

Ku munota wa 64 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Ibenegbu Bartholomew yasimbuwe na Muhammed Usman.

Ku munota wa 74 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis winjiye asumbuye yijije igitego cya kabiri cya Nigeria ku mupira mwiza yahawe na Aggreh Obus Prince.

Ku munota wa 81 w’igice cya kabiri Adebayor Zakari Victorien Adje winjiye asimbuye ni we watsinze igitego cya mbere cya Niger.

Ku munota wa 82 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya gatatu cya Nigeria.

Ku munota wa 92 Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya kane ari na cyo cya nyuma muri uyu mukino.

Umukino warangiye ari ibitego 4 bya Nigeria kuri 1 cya Niger, igitego cya kane cyabonetse mu minota itatu y’inyongera.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Nigeria
Ikechukwu Ezanwa, Chima Uche Akas, Alimi Jamiu, Aggreh Abus Prince, Afeanyi Mathew, Adeniji Babatunde Temitope, Onobi Paul Odeh, Ibenegbu Bartholomew, Mathew Etim, Okoro, Osadebamwen Moses na Eze Stephen.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Niger
Moussa Alhassane Alzouma, Inoussa Amadou, Musa Shehu,

Youssouf Oumarou Alia, Idrissa Halidou Garba, Souleymane Dela Sakou, Imarana seyni, Boureima Abdoulaye Katkore Amadou, Mahamadou Souley Salamoun na Issiakou Koudize.

M.FILS/ Rushyashya.net

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro

Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro

Ubwanditsi 05 Jul 2016
AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Ubwanditsi 17 Nov 2025
Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo

Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo

Ubwanditsi 03 Feb 2016
APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi
ITOHOZA

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Ubwanditsi 11 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru