• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe ya Nigeria “Super Eagle” yaraye inyagiye Niger ku bitego 4-1 mu irushanwa ry’amakipe y’ibihugu muri Afurika ribera mu Rwanda (CHAN) uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

-1856.jpg

Abakinnyi-ba-NIGERIA-bishimira-igitego-cya-mbere-nyuma-umukinnyi-Chikatara-agatsinda-ibindi-3-wenyine

Uyu mukino wo mu itsinda C ririmo Nigeria, Niger, Guinea na Tunisia zo zanganyije ibitego 2-2.

Inshamake y’umukino

Ku munota wa 4 w’igice cya mbere Niger yabonye kufura yatewe na Musa Shehu ayitera mu maboko y’umuzamu wa Nigeria.

Ku munota wa 9 Alimi Jamiu wa Nigeria yahawe ikarita y’umuhondo ku ikosa yakoreye umukinnyi wa Niger Idrissa Halidou Garba.

Ku munota wa 12 w’igice cya mbere rutahizamu w’ikipe ya Niger Idrissa Halidou Garba yabonye amahirwe yo gutsinda igitego aho yarasigaranye n’umuzamu umusifuzi asifura ko yaraririye.

Ku munota wa 16 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Alimi Jamiu wari wahawe ikarita y’umuhondo yasimbuwe na Orjikalu Okogbue.

Ku munota wa 30 w’igice cya mbere Nigeria yahujije igitego ku buryo bwari bwabazwe ku ishoti ryatewe na Okoro Osadebamwen Moses.

Ku munota 43 ni bwo habonetse koloneli ya mbere ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria yatewe na Aggreh Abus Prince ayitera mu maboko y’umuzamu wa Niger.

Igice cya mbere cy’umukino wahuzaga Niger na Nigeria cyarangiye amakipe yose anganya ubusa ku busa.

Amakosa yagaragaye muri uwo mukino nuko umusifuzi wo kuruhande baygaragaye ko atigeze yita kurarira kwabakinnyi ba Nigeria.

Ku munota 46 w’igice cya kabiri Okoro Asadebamwen Moses yinjije igitego cya mbere cya Nigeria.

Ku munota wa 48 w’igice cya kabiri cy’umukino ku ruhande rwa Niger habayeho gusimbuza Imarana Seyni yasimbuwe na Adebayor Zakari Victorien Adje, Issiakou Koudize yasimbuwe na Ibrahim Paraiso Moussa.

Ku munota wa 52 ku ruhande Nigeria habayeho gusimbuza Adeniji Babatunde Temitope yasimbuwe na Chikatara Chisom Elvis.

Kumunota 58 ku ruhande rw’ikipe ya Niger habayeho gusimbuza, Mahamadou Souley Salamoun yasimbuwe na Ganiyu Elh Tidjani Hutmanu Elh Tijani.

Ku munota wa 64 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Ibenegbu Bartholomew yasimbuwe na Muhammed Usman.

Ku munota wa 74 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis winjiye asumbuye yijije igitego cya kabiri cya Nigeria ku mupira mwiza yahawe na Aggreh Obus Prince.

Ku munota wa 81 w’igice cya kabiri Adebayor Zakari Victorien Adje winjiye asimbuye ni we watsinze igitego cya mbere cya Niger.

Ku munota wa 82 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya gatatu cya Nigeria.

Ku munota wa 92 Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya kane ari na cyo cya nyuma muri uyu mukino.

Umukino warangiye ari ibitego 4 bya Nigeria kuri 1 cya Niger, igitego cya kane cyabonetse mu minota itatu y’inyongera.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Nigeria
Ikechukwu Ezanwa, Chima Uche Akas, Alimi Jamiu, Aggreh Abus Prince, Afeanyi Mathew, Adeniji Babatunde Temitope, Onobi Paul Odeh, Ibenegbu Bartholomew, Mathew Etim, Okoro, Osadebamwen Moses na Eze Stephen.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Niger
Moussa Alhassane Alzouma, Inoussa Amadou, Musa Shehu,

Youssouf Oumarou Alia, Idrissa Halidou Garba, Souleymane Dela Sakou, Imarana seyni, Boureima Abdoulaye Katkore Amadou, Mahamadou Souley Salamoun na Issiakou Koudize.

M.FILS/ Rushyashya.net

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2022
Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru