• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe ya Nigeria “Super Eagle” yaraye inyagiye Niger ku bitego 4-1 mu irushanwa ry’amakipe y’ibihugu muri Afurika ribera mu Rwanda (CHAN) uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

-1856.jpg

Abakinnyi-ba-NIGERIA-bishimira-igitego-cya-mbere-nyuma-umukinnyi-Chikatara-agatsinda-ibindi-3-wenyine

Uyu mukino wo mu itsinda C ririmo Nigeria, Niger, Guinea na Tunisia zo zanganyije ibitego 2-2.

Inshamake y’umukino

Ku munota wa 4 w’igice cya mbere Niger yabonye kufura yatewe na Musa Shehu ayitera mu maboko y’umuzamu wa Nigeria.

Ku munota wa 9 Alimi Jamiu wa Nigeria yahawe ikarita y’umuhondo ku ikosa yakoreye umukinnyi wa Niger Idrissa Halidou Garba.

Ku munota wa 12 w’igice cya mbere rutahizamu w’ikipe ya Niger Idrissa Halidou Garba yabonye amahirwe yo gutsinda igitego aho yarasigaranye n’umuzamu umusifuzi asifura ko yaraririye.

Ku munota wa 16 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Alimi Jamiu wari wahawe ikarita y’umuhondo yasimbuwe na Orjikalu Okogbue.

Ku munota wa 30 w’igice cya mbere Nigeria yahujije igitego ku buryo bwari bwabazwe ku ishoti ryatewe na Okoro Osadebamwen Moses.

Ku munota 43 ni bwo habonetse koloneli ya mbere ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria yatewe na Aggreh Abus Prince ayitera mu maboko y’umuzamu wa Niger.

Igice cya mbere cy’umukino wahuzaga Niger na Nigeria cyarangiye amakipe yose anganya ubusa ku busa.

Amakosa yagaragaye muri uwo mukino nuko umusifuzi wo kuruhande baygaragaye ko atigeze yita kurarira kwabakinnyi ba Nigeria.

Ku munota 46 w’igice cya kabiri Okoro Asadebamwen Moses yinjije igitego cya mbere cya Nigeria.

Ku munota wa 48 w’igice cya kabiri cy’umukino ku ruhande rwa Niger habayeho gusimbuza Imarana Seyni yasimbuwe na Adebayor Zakari Victorien Adje, Issiakou Koudize yasimbuwe na Ibrahim Paraiso Moussa.

Ku munota wa 52 ku ruhande Nigeria habayeho gusimbuza Adeniji Babatunde Temitope yasimbuwe na Chikatara Chisom Elvis.

Kumunota 58 ku ruhande rw’ikipe ya Niger habayeho gusimbuza, Mahamadou Souley Salamoun yasimbuwe na Ganiyu Elh Tidjani Hutmanu Elh Tijani.

Ku munota wa 64 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Ibenegbu Bartholomew yasimbuwe na Muhammed Usman.

Ku munota wa 74 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis winjiye asumbuye yijije igitego cya kabiri cya Nigeria ku mupira mwiza yahawe na Aggreh Obus Prince.

Ku munota wa 81 w’igice cya kabiri Adebayor Zakari Victorien Adje winjiye asimbuye ni we watsinze igitego cya mbere cya Niger.

Ku munota wa 82 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya gatatu cya Nigeria.

Ku munota wa 92 Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya kane ari na cyo cya nyuma muri uyu mukino.

Umukino warangiye ari ibitego 4 bya Nigeria kuri 1 cya Niger, igitego cya kane cyabonetse mu minota itatu y’inyongera.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Nigeria
Ikechukwu Ezanwa, Chima Uche Akas, Alimi Jamiu, Aggreh Abus Prince, Afeanyi Mathew, Adeniji Babatunde Temitope, Onobi Paul Odeh, Ibenegbu Bartholomew, Mathew Etim, Okoro, Osadebamwen Moses na Eze Stephen.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Niger
Moussa Alhassane Alzouma, Inoussa Amadou, Musa Shehu,

Youssouf Oumarou Alia, Idrissa Halidou Garba, Souleymane Dela Sakou, Imarana seyni, Boureima Abdoulaye Katkore Amadou, Mahamadou Souley Salamoun na Issiakou Koudize.

M.FILS/ Rushyashya.net

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi

Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi

Ubwanditsi 05 Dec 2025
Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Ubwanditsi 01 Mar 2025
AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

Ubwanditsi 24 Jun 2022
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 20 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda
Amakuru

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Ubwanditsi 28 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru