• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ubwanditsi 09 Apr 2016 Mu Rwanda

Ubwo ku itariki ya 7 Mata abanyarwanda n’isi yose muri rusange batangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique no mu ntara ya Darfur muri Sudani, nabo bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka.

Muri Centrafrique, uyu muhango wabereye mu murwa mukuru Bangui, aho ingabo z’u Rwanda zikambitse mu nkambi ya M’Poko SOCATEL, witabirwa na Minisitiri w’ingabo wa Centrafrique Joseph Bindoume, n’umwe mu bayobozi b’ingabo z’umuryango w’abibumbye ziri muri icyo gihugu (MINUSCA Chief of Staff) Aliou Sene.
Mu gutangiza uyu muhango, abanyacyubahiro bari bahari bacanye urumuri rw’icyizere banunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Minisitiri Bindoume yihanganishije abarokotse n’abanyarwanda muri rusange, avuga ko Leta ya Centrafrique izi ko mu 1994 abatutsi bo mu Rwanda bakorewe Jenoside, anavuga ko Leta ahagarariye ishima ibyo Leta y’u Rwanda ikora mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Akaba yaravuze ati:”Leta yacu yababajwe n’ibyabaye mu Rwanda mu 1994, nyamara yaba jyewe ku giti cyanjye na Leta mpagarariye, turishimira imbaraga Leta y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside haba mu Rwanda no mu mahanga.”

​ Assistant Commissioner of Police (ACP) Gilbert R. Gumira, uyoboye aba polisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri centrafrika, yavuze icyo kwibuka aricyo ku banyarwanda ndetse no ku muryango mpuzamahanga, yabwiye abari aho amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, uko yakozwe n’uko yahagaritswe, n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

-2620.jpg

Uwari uhagarariye abanyarwanda baba muri Centrafrique Mpamo Aimable yagize ati:”Turibuka kuko dufite inshingano zo guha icyubahiro abacu bishwe urw’agashinyaguro, kwibuka akaba ari imwe mu ntwaro zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi tugomba kuba abambasaderi mu kuyirwanya mu miryango yacu kugirango Jenoside itazasubira ukundi aho ariho hose ku isi.”

Mu ijoro ryo kwibuka Abanyarwanda n’incuti zabo beretswe sinema ivuga kuri Jenoside.

Uyu muhango wo kwibuka wanabereye mu ntara ya Darfur muri Sudani, witabirwa n’abandi baje kubungabunga amahoro muri iyi ntara baturutse mu bihugu bitandukanye, abanyarwanda baba muri iyi ntara ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

RNP

2016-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare

Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove
UBUKUNGU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!
Amakuru

Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Ubwanditsi 09 Nov 2020
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo
HIRYA NO HINO

RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

Ubwanditsi 18 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru