• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame amaze gufungura ku mugaragaro inyubako nini y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Kigali yitwa CHIC.

Iyi nyubako ya CHIC Complex, yujujwe mu Mujyi wa Kigali n’Ihuriro ry’abacuruzi bibumbiye muri CHIC (Champion Investment Corporation).

-4913.jpg

-4914.jpg

-4915.jpg

-4916.jpg

Iyi nyubako ikaba yarubatswe n’abashoramari 56, ifite agaciro ka miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yatanze, yagize ati “Ibikorwa nk’ibi bidufasha kwiyubakira Umujyi wacu wa Kigali ndetse n’igihugu muri rusange, ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi. Ntabwo abantu bakomeza gucururiza hanze kandi hari inyubako nk’izi.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa nk’ibi bigomba gukomeza, abantu bakiyubakira aho gutura heza hajyanye n’ubushobozi.

Yakomeje ati “Ndabashimira kuba mwarashoye umutungo wanyu hano, uku ni niko impinduka zigerwaho.”

Indi nyubako yafunguwe na Perezida Kagame ni Kigali Heights iri ku Kimihurura hafi ya Kigali Convention Centre, izakorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi bitandukanye.

-4919.jpg

-4918.jpg

-4917.jpg

Izi nyubako ya Kigali Heights yuzuye itwaye miliyari 30 Frw, ikaba iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Yubatse ku butaka bwa 12 750 m2, ikagira icyumba ishobora kwakira abantu 1500.

Inyubako yose ingana na metero kare 2400, ikagira ubushobozi bwo kwakira imodoka 150 imbere mu nzu n’ izindi 150 hanze.

-4920.jpg

Umushoramari Denis Karera

Dennis Karera ukurikiye Ikigo Kigali Heights Development cyubatse iyi nyubako, avuga ko iyi nyubako yagenewe gukorerwamo ibintu birenze kimwe, kuko hazaba harimo amaduka ndetse n’ibiro byakwifashishwa n’ibigo bitandukanye.

Inyubako ya Kigali Heights iteganye neza n’iya Kigali Convention Center, nayo yatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame.

Umukuru w’Igihugu agiye gufungura izi nyubako, nyuma nabwo yo gutaha ku mugaragaro amazu y’amagorofa y’ubucuruzi mu Gakinjiro gaherereye ku Gisozi, yubatswe n’amakoperative ane y’abacuruzi bahoze bakorera mu kajagari ku Muhima.

Tariki ya 10 Kanama 2015, Perezida Paul Kagame kandi yatashye ku mugaragaro icyicaro gishya cy’Umujyi wa Kigali (CITY HALL) ndetse n’imwe mu nzu nini z’Ubucuruzi y’umunyemari Makuza Bertin, uherutse kwitaba Imana.

-4912.jpg

-4911.jpg

Perezida Kagame yashimye ibikorwa by’aba bacuruzi mu iterambere

2016-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ITANGAZO

ITANGAZO

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Happy Independence Day

Happy Independence Day

Ubwanditsi 01 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi
Mu Mahanga

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Ubwanditsi 17 Apr 2018
U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside
Mu Rwanda

U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe
POLITIKI

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru