• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Ubwanditsi 16 Nov 2017 UBUKERARUGENDO

Guverinoma ya Zambia yashimye bikomeye ikompanyi y’indege ya RwandAir yatumye habaho kwiyongera kw’ubukerarugendo hagati y’u Rwanda cyo mu majyepfo ya Afurika.

Zambia Daily Mail ivuga ko ubwo mu mpera z’icyumweru gishize Abanyarwanda basangiraga n’abo muri iki gihugu, Minisitiri w’Ubukerarugendo n’ubugeni Jean Kapata yavuze ko kuva mu 2015 RwandAir yafungura inzira y’ikirere hagati y’ibihugu byombi byatanze umusaruro.

Kapata yagize ati “Ibihugu byombi bifite byinshi byiza bikurura ba mukerarugendo bashobora kwifashisha iyi kompanyi. Ibikorwa by’ubukerarugendo muri Zambia no mu Rwanda bizajya bigerwaho ku buryo bworoshye na ba mukerarugendo bashaka kureba ibintu bitandukanye kandi bazajya bifashisha RwandAir.”

Yakomeje avuga ko RwandAir yongereye ubuhahirane kandi ikagaba igiciro cy’urugendo bityo ibihugu byombi bikongera ibikorwa by’ubucuruzi hagati yabyo.

Yagize ati “Nashakaga gushishikari RwandAir gukomeza kwamamaza ibikorwa byayo yifashishije ibikurura ba mukerarugendo mu bihugu byombi kugira ngo irusheho guhangana n’izindi kompanyi.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Abel Buhunga avuga ko u Rwanda rufite icyerekezo cyo kwagura ibikorwa byarwo mu karere.

Yagize ati “U Rwanda ruri kwagura ibikorwa by’ubukerarugendo kandi byagaragaye ko ubukerarugendo ari kimwe mu by’ingenzi aho u Rwanda rufite icyerekezo cyo kuba ahantu haganwa na benshi mu kwakira inama zikomeye, amamurikagurisha n’ibindi.”

Amb Buhungu akomeza avuga ko umubano urangwa hagati y’ibihugu byombi ubifashijwemo na n’ingendo zihoraho za RwandAir bituma habaho ubushuti hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Yagize ati “Igihugu cyacu kirashimira Guverinoma ya Zambia kuba yaremereye RwandAir uburenganzira bwo gukorera muri Zambia.”

Ukuriye RwandAir muri Zambia, Glyden Mungaila avuga ko muri gahunda y’iyi kompanyi yo kwagura ibikorwa byayo, bateganya kwakira indege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737- 800NG bityo bikongera umubare w’ingendo kuko hari benshi babisaba haba ku mugabane wa Afurika ndetse no mu Burayi.

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Nyuma y’impanuka y’ Indege Ya Ethiopian Airlines, U Bushinwa bwahagaritse indege za Boeing 737 MAX 8.

Ubwanditsi 12 Mar 2019
RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Ubwanditsi 20 Aug 2018
RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika
Mu Mahanga

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23
Amakuru

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0
Amakuru

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru