• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze

Ubwanditsi 17 Jul 2019 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ ntabwo izakina imikino y’ijonjora ry’ibanze mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2021 kizabera muri Cameroun.

Nk’uko byashyizwe ahagaragara n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, ibihugu byose bizitabira amajonjora yo gushaka igikombe cya Afurika gitaha byagabanyijwe mu dukangara dutanu mbere y’uko haba tombora y’amatsinda kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Nyakanga.

Ibi byakozwe hagendewe ku buryo amakipe yitwaye mu marushanwa aheruka n’uburyo ahagaze ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA, byatumye ikipe y’u Rwanda yisanga mu gakangara ka kane.

Amakipe umunani yisanze mu gakangara ka gatanu ni yo azabanza guhura hagati yayo mu ijonjora ry’ibanze, ane azakomeza yiyongere ku munani arimo n’u Rwanda mu gakangara ka kane kugira ngo habashe gukorwa amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021 kizabera muri Cameroun.

U Rwanda rumaze kwitabira igikombe cya Afurika inshuro imwe, aho rutarenze amatsinda ubwo rwakinaga iri rushanwa mu 2004 muri Tunisie.

Mu gushaka itike ya CAN 2019, U Rwanda rwari mu itsinda rimwe na Côte d’Ivoire, Guinée na Centre Afrique, birangira ibi bihugu bibiri bibanza ari ibyo bigiye muri iri rushanwa riri kubera mu Misiri.

Uko ibihugu byagabanyijwe mu dukangara:

Agakangara ka 1 : Tunisie, Maroc, Sénégal, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ghana, Cameroun, Misiri, Burkina Faso, Mali, Côte d’Ivoire na Algérie.

Agakangara ka 2 : Guinée, Afurika y’Epfo, Cap Vert, Uganda, Zambie, Bénin, Gabon, Congo, Mauritanie, Niger, Kenya na Libya.

Agakangara ka 3 : Madagascar, Zimbabwe, Afrique Centrale, Namibie, Sierra Leone, Mozambique, Guinée-Bissau, Angola, Malawi, Togo, Sudani na Tanzanie.

Agakangara ka 4 : U Burundi, U Rwanda, Guinée Equatoriale, Eswatini, Lesotho, Botswana, Comores na Ethiopie.

Agakangara ka 5* : Liberia, Ibirwa bya Maurice, Gambie, Sudani y’Epfo, Tchad, Sao Tomé, Seychelles na Djibouti.

2019-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 01 Oct 2025
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3
Mu Rwanda

Radio Amazing Grace yayobowe na Ntamuhanga Cassier yasabiwe guhagarikwa amezi3

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro
Mu Rwanda

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Ubwanditsi 01 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru