• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Ubwanditsi 01 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Jean-Marie Vianney Ndagijimana uvugwa mu kiganiro Faustin Twagiramungu yagiranye na Agnès Mukarugomwa bakunze kwita “Mukaruharwa” wa “Ikondera Libre”, yahoze ari Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma “Rukokoma” yari abereye Minisitiri w’Intebe.

Ubujura bwe bwavuzwe bwa mbere na Perezida Paul Kagame, ubwo yahishuraga uko Amb. Ngagijimana yibye ibihumbi 200 by’amadolari(ubu ni nka miliyoni 200 uvunje mu Manyarwanda), yari ayahawe ngo ajye gutangiza ambasade z’u Rwanda mu bihugu bitandukanye, ayakubita umufuka ahita anaguma mu buhungiro.

Faustin Twagiramungu yanenze cyane imyitwarire ya Amb. Ndagijimana n’abandi nkawe bagaragaje ubunyangamugayo hafi ya ntabwo. Twagiramungu ati:” Muri Guverinoma yanjye, hari abagiye mu myanya y’ubutegetsi bagamije kwibonera ubukire. Ngajijimana ntiyahakana ko atatwaye ayo mafaranga kuko uwayamuhaye yitwa Ngarukiye ubu ari muri Denmark Gutorokana umutungo w’Igihugu, ukagenda nta n’uwo usezeyeho biragayitse”.

Nubwo abashubije Twagiramungu ku mbuga nkoranyambaga bashimye ko yeruye akavuga ubujura bwa Jean-Marie Vianney Ndagijimana wigize umuntu ukomeye mu”batavuga rumwe na Leta y’uRwanda”, banamwibukije ko nawe ubwe yagiye adasezeye, nabyo bikaba bidahesha icyubahiro umuntu wabaye Ministiri w’Intebe.

Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu atuye ahitwa Orléans mu Bufaransa. Akunze kumvikana asebya uRwanda n’ Abayobozi barwo. Ni umwe mu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba inshuti magara n’abajenosideri, n’umuyoboke ukomeye w’imitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi.

Ibi bikomeje kwerekana ubusembwa bw’Ababanyarwanda cyane cyane ababa mu mahanga, biyita impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, kandi barasize bakoze ibyaha bikomeye mu Rwanda, nk’ubujura, ubwicanyi n’ibindi.

Icyiza ariko, nk’uko Faustin Twagiramungu alias Rukokoma abikoze kuri Ndagijimana, abo bayoboke ba “opozisiyo” y’icyuka batangiye gusubiranamo no gushyirana ku Karubanda. Imizinga izavamo imyibano!

2021-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brig Gen Rugumya Gacinya avuga  ko uburozi budakorera ubwinshi

Brig Gen Rugumya Gacinya avuga ko uburozi budakorera ubwinshi

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Ubwanditsi 22 Jul 2019
Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League

Rayon Sports yambuye APR FC umwanya wa mbere yari yafashe by’Amasaha make – Ibyaranze umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 28 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah
Amakuru

AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah

Ubwanditsi 02 Dec 2025
RDC: Abantu umunani bishwe n’inyeshyamba zikomoka muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abantu umunani bishwe n’inyeshyamba zikomoka muri Uganda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo
UBUKUNGU

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 07 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru