• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Ubwanditsi 16 Sep 2016 Mu Rwanda

Isiraheli ni igihugu gifite amateka akomeye cyane ku bemera Imana n’abatayemera kuko aricyo gihugu Imana yatoranyije ngo ikigire icyitegererezo cy’Imibanire y’umuntu n’Imana ndetse n’imibanire y’ishyanga n’Imana nkuko tubisanga mu Gutegeka kwa Kabiri 7:6-8.

Wakwibaza uti kuki Imana yatoranyije Isiraheli? Byatewe n’isezerano yari yarahaye Aburahamu mu Itangiriro 12:3 ko nayumvira izamuha umugisha Kandi ikamugira ishyanga rikomeye, umuhesheje umugisha akawuhabwa n’umuvumye akavumwa.

Ibyo Imana yamubwiye rero yarabisohoje nyuma yuko nawe ayumviye akemera no gutanga umwana we w’ikinege, Isirayeli yaje guhinduka ishyanga rikomeye nyuma yo kuva mu buretwa bamazemo imyaka 430 muri Egiputa.

Abantu benshi babayeho bakomeye bavugwa muri Bibiliya niho bakomokaga, aha twavuga nka Aburahamu, Nowa, Mose, Yosuwa, Dawidi, Salomo, Daniel, Samusoni, Eliya, Elisha, Meshaki, Shadrak na Abedinego, Petero, Pawulo n’abandi benshi tutarondora ngo turangize.

Byabaye agahebuzo kuko Yesu Kristo ariho yakomotse, avukirayo, akurirayo, akorerayo imirimo ikomeye cyane ndetse anapfirayo, azukirayo nyuma y’iminsi itatu bamubambye ku musaraba.

Ayo mateka tuvuze yose n’andi tutavuze yanditse muri Bibiliya, iyo ugezeyo ubirebesha amaso yawe ukarushaho kwemera ko ibivugwa koko byabaye. Ku bagezeyo batubwira ko Kwizera kwabo kwiyongereye, bongera gukunda Imana cyane, bahabwa imigisha ndetse no gusobanukirwa Ijambo ry’Imana kwabo kuriyongera kuko ibyo basomaga babibayemo.

Iyo rero ujyanyeyo n’abasanzwe bafite ubumenyi muri Bibiliya biragufasha cyane kuko bahuza amateka na Bibiliya n’ibihe maze ukarushaho kunguka ubumenyi no gukura mu mutwe no mu mwuka.

Nkuko rero mumaze kubimenyera Authentic Word Ministries na Zion Temple biyobowe n’Intumwa Dr. Paul Gitwaza bakora ingendo za gihanuzi (Authentic Phophetic Tour) ebyiri buri mwaka muri Isirayeli, mu kwa gatatu no mu kwa cyenda Apotre Gitwaza ayoboka abantu bifuza kujyayo akajyana nabo bakamarayo iminsi 10 batembera ahantu h’amateka hatandukanye anabasobanurira ibyaho anabihuza n’ibihe turimo abantu bagataha ubuzima bwabo buhindutse kandi bahawe umugisha.

-4077.jpg

-4078.jpg

Imva ya Yesu hamwe mu hakunda gusurwa cyane.

-4076.jpg

Ku rukuta rwa Salomo aho benshi basengera bagasubizwa.

-4075.jpg

Urugendo rero rw’ubutaha ni taliki ya 22/9 kugeza 1/10/2016, iyo ushaka kujyayo wishyura ibihumbi bibiri by’amadorali ya Amerika (2000$) gusa hakavamo itike y’indege yo kugenda no kugaruka, gusura ahantu 50 muri Isiraheli, iminsi 10 muri Hoteli y’inyenyeri enye n’eshanu, amafunguro ya mu gitondo, saa Sita na nijoro iminsi 10, transport yo gusura ahantu hose hazasurwa ndetse n’ubwishingizi bw’ubuzima muri urwo rugendo rw’iminsi 10.

Kwiyandikisha bikorwa amezi abiri mbere yuko urugendo ruba, Abashaka ibisobanuro birenzeho no kwiyandikisha dore ko byanatangiye bahamagara aba bantu bakurikira:
Mu Rwanda:

Pasteur Barbara Umuhoza: 0788594930
Email : vastrosebarbara@gmail.com

I Burayi:
Bosco Kizito: +32488467969
Email: jpkizito2007@gmail.com

Amerika:
Pasteur Assumpta Bayingana:+1 (574) 300-5375
Email: assumptabayingana@yahoo.com

Canada:
Pasteur Emmanuel Hategekimana:+1-587-778-5728
Email: hategekimana88@gmail.com

Article by Claude Ndayishimiye

2016-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame

Umugabane wa Afurika ugomba kuba ahantu hakurura abashoramari benshi kandi beza-Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho
Amakuru

Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho

RUSHYASHYA 16 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru