• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Ubwanditsi 16 Sep 2016 Mu Rwanda

Isiraheli ni igihugu gifite amateka akomeye cyane ku bemera Imana n’abatayemera kuko aricyo gihugu Imana yatoranyije ngo ikigire icyitegererezo cy’Imibanire y’umuntu n’Imana ndetse n’imibanire y’ishyanga n’Imana nkuko tubisanga mu Gutegeka kwa Kabiri 7:6-8.

Wakwibaza uti kuki Imana yatoranyije Isiraheli? Byatewe n’isezerano yari yarahaye Aburahamu mu Itangiriro 12:3 ko nayumvira izamuha umugisha Kandi ikamugira ishyanga rikomeye, umuhesheje umugisha akawuhabwa n’umuvumye akavumwa.

Ibyo Imana yamubwiye rero yarabisohoje nyuma yuko nawe ayumviye akemera no gutanga umwana we w’ikinege, Isirayeli yaje guhinduka ishyanga rikomeye nyuma yo kuva mu buretwa bamazemo imyaka 430 muri Egiputa.

Abantu benshi babayeho bakomeye bavugwa muri Bibiliya niho bakomokaga, aha twavuga nka Aburahamu, Nowa, Mose, Yosuwa, Dawidi, Salomo, Daniel, Samusoni, Eliya, Elisha, Meshaki, Shadrak na Abedinego, Petero, Pawulo n’abandi benshi tutarondora ngo turangize.

Byabaye agahebuzo kuko Yesu Kristo ariho yakomotse, avukirayo, akurirayo, akorerayo imirimo ikomeye cyane ndetse anapfirayo, azukirayo nyuma y’iminsi itatu bamubambye ku musaraba.

Ayo mateka tuvuze yose n’andi tutavuze yanditse muri Bibiliya, iyo ugezeyo ubirebesha amaso yawe ukarushaho kwemera ko ibivugwa koko byabaye. Ku bagezeyo batubwira ko Kwizera kwabo kwiyongereye, bongera gukunda Imana cyane, bahabwa imigisha ndetse no gusobanukirwa Ijambo ry’Imana kwabo kuriyongera kuko ibyo basomaga babibayemo.

Iyo rero ujyanyeyo n’abasanzwe bafite ubumenyi muri Bibiliya biragufasha cyane kuko bahuza amateka na Bibiliya n’ibihe maze ukarushaho kunguka ubumenyi no gukura mu mutwe no mu mwuka.

Nkuko rero mumaze kubimenyera Authentic Word Ministries na Zion Temple biyobowe n’Intumwa Dr. Paul Gitwaza bakora ingendo za gihanuzi (Authentic Phophetic Tour) ebyiri buri mwaka muri Isirayeli, mu kwa gatatu no mu kwa cyenda Apotre Gitwaza ayoboka abantu bifuza kujyayo akajyana nabo bakamarayo iminsi 10 batembera ahantu h’amateka hatandukanye anabasobanurira ibyaho anabihuza n’ibihe turimo abantu bagataha ubuzima bwabo buhindutse kandi bahawe umugisha.

-4077.jpg

-4078.jpg

Imva ya Yesu hamwe mu hakunda gusurwa cyane.

-4076.jpg

Ku rukuta rwa Salomo aho benshi basengera bagasubizwa.

-4075.jpg

Urugendo rero rw’ubutaha ni taliki ya 22/9 kugeza 1/10/2016, iyo ushaka kujyayo wishyura ibihumbi bibiri by’amadorali ya Amerika (2000$) gusa hakavamo itike y’indege yo kugenda no kugaruka, gusura ahantu 50 muri Isiraheli, iminsi 10 muri Hoteli y’inyenyeri enye n’eshanu, amafunguro ya mu gitondo, saa Sita na nijoro iminsi 10, transport yo gusura ahantu hose hazasurwa ndetse n’ubwishingizi bw’ubuzima muri urwo rugendo rw’iminsi 10.

Kwiyandikisha bikorwa amezi abiri mbere yuko urugendo ruba, Abashaka ibisobanuro birenzeho no kwiyandikisha dore ko byanatangiye bahamagara aba bantu bakurikira:
Mu Rwanda:

Pasteur Barbara Umuhoza: 0788594930
Email : vastrosebarbara@gmail.com

I Burayi:
Bosco Kizito: +32488467969
Email: jpkizito2007@gmail.com

Amerika:
Pasteur Assumpta Bayingana:+1 (574) 300-5375
Email: assumptabayingana@yahoo.com

Canada:
Pasteur Emmanuel Hategekimana:+1-587-778-5728
Email: hategekimana88@gmail.com

Article by Claude Ndayishimiye

2016-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)
Amakuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin
Amakuru

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru