• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Ubwanditsi 23 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi rirarahira rigatsemba rivuga yuko ubutegetsi bw’icyo gihugu butazongera gusubira Arusha mu mishyikirano ngo ahubwo Abarundi bagomba kwitegurira amatora ya 2020 babanje gutorera yuko itegeko nshinga ririho ryahinduka cyangwa ngo ntirihinduke.

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye, atangaza yuko ibyagezweho mu mishyikirano ya Arusha byagezweho ngo naho ibitaragezweho n’ubundi ntabwo byari kugerwaho ngo kuko byari mu byo Perezida Nkurunziza yavuze ko biri mu murongo ntarengwa igihe yatangizaga kampanye yo kuvugurura itegeko nshinga, mu ntara ya Gitega tariki 12 z’uku kwezi.

Igice cya kane k’imishyikirano y’Abarundi ya Arusha cyashojwe tariki 08 z’uku kwezi nta masezera asinywe kuko nta cyari cyashoboye kumvikanwaho, Benjamin Mkapa nk’umuhuza avuga yuko bibabaje cyane ngo akaba agiye guhita abimenyesha Perezida Museveni nk’umuhuza mukaru kimwe n’abandi bakuru b’ibihugu bigize EAC ngo babifatire icyemezo. Kuva icyo gihe kugeza ubu nta kintu abo bakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba baragira icyo babivugaho !

Nubwo opozisiyo ikomeye mu Burundi (CNRED) itigeze yitabira ibyo biganiro by’ikiciro cya kane ariko n’abandi batari muri CNDD-FDD bari muri ibyo biganiro hari byinshi batemeranywagaho n’ubutegetsi bituma iyo mishyikirano ya Arusha igera ku busa. Ibyo birimo ibyo leta yashakaga ko byakorwa bo ntibabishake n’ibyo bo bifuzaga yuko byakorwa ariko ubutegetsi bukabyanga.

Iby’igenzi abatari muri CNDD-FDD bifuzaga yuko  byakorwa ubutegetsi bukabyanga harimo  kuba hashyirwaho leta y’inzibacyuho ikaba ariyo itegura ayo matora ya 2020, no kuba hatangwa imbabazi rusange no kuri babandi ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuga yuko bagize uruhare mu gushaka kubuhirika muri 2015.

Mu byo leta yifuzaga kuba byakorwa ariko abatari muri CNDD-FDD ntibabikozwe harimo ibyo guhindura itegeko nshinga igihugu cyagenderagaho kimwe no kuba hagira ibihindurwa mu masezerano ya Arusha ari nayo yabyaye n’iryo tegeko nshinga muri 2005.

Mu gutangaza yuko nta yindi mishyikirano ubutegetsi mu Burundi buzongera kwitabira, Ndayishimiye ejo yumvikanye mu bitangazamakuru bitandukanye avuga yuko ahubwo buri mutwe wa Politike ukwiye gukangurira abantu kuzitabira referandumu yo guhindura itegeko nshinga.

Kimwe mu bizahindurwa muri iryo tegeko nshinga ni ugukuraho ingingo ibuza Nkurunziza kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ariko noneho manda ikaba imyaka irindwi aho kuba itanu nk’uko byari bisanzwe.

Indi ngingo ni iyo gukuraho umwanya wa ba Visi Perezida babiri hagashyirwaho uwa Minisitiri w’Intebe, ushyirwaho na Perezida wa Repubulika.

 Amasezerano ya Arusha, ariyo abatavuga rumwe na leta bakomeyeho, ntabwo yateganyaga umwanya wa Minisitiri w’intebe ahubwo yateganyaga uw’aba Visi Perezida babiri, umwe ari umututsi undi ari umuhutu !

Casmiry Kayumba

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Ubwanditsi 24 Jul 2019
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare
Amakuru

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 20 Mar 2022
Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa
SHOWBIZ

Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa
Mu Mahanga

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru