• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023 Amakuru, IMIKINO

Impera z’iki cyumweru dushoje zisize habayeho impinduka ku rutonde rwa Shampiona y’u Rwanda cyane cyane aho ikipe ya Rayon Sports iri mu makipe ahatanira igikombe naho Espoir FC yabaye ikipe ya mbere imanutse mu kiciro cya kabiri.

Ibi bibaye muri shampiyona y’u Rwanda irimo gukinwa aho igeze ku munsi wayo wa 27, ni umunsi usize Kiyovu SC iri ku mwanya wa mbere naho Rayon Sports ikisanga kuwa kabiri naho APR FC iba iri ku mwanya wa gatatu.

Gufata umwanya wa Kabiri kuri Gikundiro yabigezeho kuri iki cyumwe nyuma yaho iyi kipe yatsindiye i Rusizi ikipe ya Espoir ibitego 2-1 byatsinzwe na Tuyisenge Arsene na Léandre Essombe Onana.

Uyu mukino ukaba warabaye kuwa Gatandatu As Kigali yaranganyije na APR FC bityo ikipe y’ingabo z’igihugu itakaza umwanya wa kabiri kuko yananiwe gutsinda uwo mukino.

Ku rundi ruhande Kiyovu SC yo yari yanganyije na Mukura VS ubusa ku busa ariko ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere bitewe n’uko yarushaga amanota menshi amakipe yari ayikurikiye harimo APR FC na Rayon Sports.

Gutsindwa na Rayon Sports kwa Espoir FC yo mu karere ka Rusizi byatumye iyi kipe iba iyambere imanutse mu kiciro cya kabiri cya 2023-2024 kuko mu mikino itatu isigaye gukina niyo yayitsinda ntiyagira amanota atuma aguma mu kiciro cya mbere.

Kugeza ubu ku munsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere, ikipe ya Kiyovu SC ifite amanota 57, Rayon Sports ikaba ku mwanya wa kabiri n’amanota 55, APR FC yo ifite amanota 54 ku mwanya wa gatatu naho Police FC irisanga ku mwanya wa kane n’amanota 45.

Amakipe ari mu myanya y’inyuma agomba kwishakamo imwe izamanukana na Espoir FC ni  Rwamagana city, Bugesera FC, Marines na Rutsiro FC.

Muri rusange dore uko imikino y’umunsi wa 27 wa Primus National League yagenze mu mpera z’iko cyumweru:

Kiyovu SC 0-0 Mukura VS

APR FC 1-1 AS Kigali

Etincelles FC 1-0 Police FC

Espoir FC 1-2 Rayon Sports

Gorilla FC 1-5 Rutsiro FC

Sunrise FC 3-1 Musanze FC

Gasogi United 0-2 Marine FC

Rwamagana City 1-0 Bugesera FC

2023-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Editorial 14 Jan 2016
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Editorial 04 Oct 2024
Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Editorial 16 Aug 2020
Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Editorial 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Editorial 31 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 10 May 2016
Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?
Amakuru

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Editorial 01 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru