• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Ubwanditsi 18 Apr 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi, ubwubatsi no kohereza ibicuruzwa hanze byose bigamije koroshya ubucuruzi n’ishoramari mu Rwanda.

Mu itangazo Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB ) cyashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, cyavuze ko mu Rwanda hakozwe amavugurura mu byo kohereza ibicuruzwa hanze.

Ivuga ko kuri ubu abohereza ibicuruzwa hanze bashyiriweho uburyo bwo gusaba icyangomwa kigaragaza inkomoko y’igicuruzwa bifashishije ikoranabuhanga; abohereza ibikomoka ku bimera, bahabwa icyangombwa na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi bakoresheje ikoranabuhanga.

RDB ivuga ko ibyo byatumye ibihingwa byoherezwaga hanze nk’ikawa n’icyayi byiyongera.

Mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi, RDB ivuga ko hashyizweho uburyo bufasha abashoramari kuba babonye umuriro w’amashanyarazi mu minsi 20 ivuye ku minsi 34 kandi gusaba guhabwa umuriro w’amashanyarazi bigakorerwa kuri internet.

Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyashyizeho amabwiriza agenga ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu nganda, avuga ko igihe umuriro ubuze iminota irenze icumi, Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi gihanwa.

Ibyo byatumye Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG) gishyiraho uburyo bushya bwo kugenzura ibura ry’umuriro mu baturage, burimo ubwo kumenya iminota buri muturage yamaze umuriro wabuze (SAIDI, System Average Interruption Duration Index) ndetse n’uburyo bwerekana inshuro abaturage babuze umuriro (SAIFI, System Average Interruption Frequency Index).

Ubu buryo bwombi bufasha ikigo gishinzwe ingufu kugenzura uko umuriro ukwirakwiza mu bakiriya bacyo ndetse no guhangana n’ibibazo byavutse kandi vuba.

REG kandi ikorana na sosiyete zitumiza ibikoresho by’amashanyarazi birimo nk’imashini zikusanya umuriro (Transformateurs) n’insinga z’amashanyarazi, kugira ngo ibyo bikoresho bigere mu gihugu bihendutse kandi bifite ubuziranenge.
Andi mavugururwa yakozwe mu bijyanye n’ubwubatsi hibandwa ku gukuraho ingaruka imishinga runaka ishobora kugira ku bidukikije.

Harai kandi imishinga imwe y’ubwubatsi izajya ikurirwaho ubushakashatsi bukorwa harebwa imiterere y’ahazubakwa, bugakorwa mbere y’uko ibikorwa byo kubaka bitangira.

Sosiyete z’ubwubatsi kandi ntawbo zizongera kwerekana igihe zizatangirira kubaka mbere y’uko zihabwa ibyangombwa by’ubwubatsi.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko uyu mwaka uzabamao amavugurura menshi agamije koroherea ubucuruzi mu Rwanda.

Ygaize ati “Uyu mwaka uzabamo amavugurura menshi yiyongera ku yatangajwe uyu munsi arimo nk’amategeko ajyanye n’igihombo […] Korohereza ubucuruzi bijyanye na gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda yo kugira u Rwanda igihugu gifashwe n’Urwego rw’abikorera.Aya mavugurura agamije kunoza ubucuruzi binyuze mu bufatanye bw’inzego zose.”

Raporo ya 2017 ya Banki y’Isi igaragaza uburyo gukora ubucuruzi byoroshye mu bihugu (Doing Business Report) ishyira u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’urwa 41 ku Isi.

Mu myaka 15 ishize, u Rwanda rwakoze amavugurura 52 yerekeye ubucuruzi, akaba ariyo menshi yakozwe muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

 

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima
ITOHOZA

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA  hemezwe niba koko ari aba Ivan
ITOHOZA

Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA hemezwe niba koko ari aba Ivan

Ubwanditsi 30 May 2017
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi
UBUKUNGU

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru