• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018 UBUKUNGU

Abanyamuryango b’Urugaga Rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ko nubwo hari intambwe yatewe mu gushyiraho politiki igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, bafite ikibazo cy’uko bimwe mu bikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bigisoreshwa, mu gihe ibisa nabyo bitumizwa hanze y’u Rwanda byo byasonewe umusoro.

Ibi abikorera babigarutseho ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama mu birori byo gushimira abacuruzi bafatwa nk’indashyikirwa mu byiciro bitandukanye bahuriye muri Golden Circle, byahujwe no guhemba abitwaye neza mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2018.

Umuyobozi wa PSF, Robert Bapfakurera yavuze ko nk’abikorera biyemeje gutanga umusanzu mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bibanda cyane ku bikorwa bigamije kongerera abacuruzi ubushobozi no kubona amasoko hanze.

Yakomeje avuga ko kandi bishimira ko muri uru rugamba Guverinoma y’u Rwanda hari byinshi yakoze igamije kubashyigikira birimo nko gukuriraho umusoro bimwe mu bikoresho nkenerwa mu nganda, ariko avuga ko babangamirwa n’uko hari ibikorerwa mu gihugu bisoreshwa.

Ati “Iri sonerwa ry’imisoro usanga rireba gusa ibikoresho bitumizwa mu mahanga, mu gihe ibikorerwa mu Rwanda usanga bitanga umusoro. Aha usanga bisubiza inyuma abakorera ibyo bikoresho mu Rwanda, ingero ni nyinshi ariko natanga nk’urugero rumwe rw’ibikoresho abantu bakoresha mu gupfunyika. Ibikoresho byo gupfunyika usanga abantu bamwe babitumiza hanze badatanga umusoro, ariko ibikorerwa mu Rwanda bigatanga umusoro.”

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye abikorera kubera uruhare rukomeye bakomeje kugira mu iterambere ry’igihugu binyuze mu gutanga akazi kuri benshi, ubucuruzi n’ubuhahirane haba imbere mu gihugu no hanze, abizeza ubufasha mu gukuraho imbogamizi bahura nazo.

Ati “Guverinoma irashimira abacuruzi n’abashoramari bose kubera uruhare bakomeje kugira mu iterambere. Guverinoma y’u Rwanda kandi ikaba ibasaba kurushaho kongera ingano y’ibyo mukora haba mu bwiza no mu bwinshi kandi irabasezeranya ubufatanye buhoraho nk’uko twabyiyemeje.”

Dr Ngirente yashimye urwego imurikagurisha rya Kigali rimaze kugeraho mu myaka 21 ishize ritangiye, avuga ko kugira ngo intego guverinoma yihaye zizagerweho bazakomeza gufatanya n’abikorera muri gahunda zitandukanye, anabasezeranya ko ibibazo bagaragaje bazicara hamwe bakabiganiraho.

Muri ibi birori hahembwe abacuruzi umunani bahize abandi bahuriye muri Golden Circle ndetse hanatangwa ibihembo ku bamurika bitwaye neza muri Expo iri kubera mu Rwanda kuva tariki ya 26 Nyakanga.

Iyi Expo iri busozwe kuri uyu wa 15 Kanama yitabiriwe n’abamurika bagera kuri 500, muri bo 85% bakaba barishimiye uko ryateguwe. Ni mu gihe 95% by’abarisuye umunsi ku munsi bishimiye ibicuruzwa byagaragayemo, n’aho 98% bashima uburyo bushya bwo kwinjira hakoresheje ikarita rya Tap&Go.

PSF kandi ivuga ko abasaga 97% bishimiye uko umutekano wari wifashije, gusa bose bahuriza ku kuba aho imurikagurisha ribera ari hato, umugambi wo kwihutisha kubaka aho rizajya ribera hajyanye n’igihe ukaba ugiye kwihutishwa.

Abahawe ibihembo bari kumwe na Minsitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

Abitwaye neza muri Expo ya 2018 bashimiwe

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasezeranyije abikorera ko bazafatanya gushaka umuti w’ibibazo bafite

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker yakira igihembo cy’umucuruzi wahize abandi mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Ubwanditsi 03 Jun 2019
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo
Mu Rwanda

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890
Mu Mahanga

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Mu Rwanda

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru