• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB) yagurije u Rwanda miliyoni 269 z’Amadolari ya Amerika azarufasha mu ntego rwihaye yo kugeza amashanyarazi kuri bose.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinywe kuri uyu wa Kabiri na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri.

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi nkunga izafasha u Rwanda muri gahunda yarwo y’imyaka irindwi mu kwihutisha iterambere, rukagera ku ntego yo kuba mu 2024 Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi.

Ati “Inguzanyo ifite akamaro kandi itubutse, izadufasha gushyira mu bikorwa gahunda yo kugeza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yagaragaje ko iyi nguzanyo yatanzwe mu bice bibiri, kimwe kirimo miliyoni 194$ yatanzwe na AfDB, izishyurwa ku nyungu ya 1.65% mu myaka 25 harimo imyaka umunani ya mbere isonewe.

Ikindi gice ni icya miliyoni 75 $ yatanzwe n’Ikigega Nyafurika gitsura Amajyambere nacyo gikorera muri AfDB, yo ikazishyurwa ku nyungu ya 0.75 % mu myaka 40, harimo imyaka itanu isonewe.

Mu ikoreshwa ry’iyo nkunga yose, 28 % byayo azajya mu bikorwa byo kunoza ikwirakwizwa ry’amashanyarazi mu gihugu; 64 % azakoreshwa mu kongera amashanyarazi agenda ku mirongo minini y’amashanyarazi; 4% mu mashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba naho 3% ajye mu kubaka ubushobozi bw’Ikigo gishinzwe amashanyarazi mu gihugu.

Dr Uzziel avuga ko kugeza ubu Abanyarwanda 46% ari bo bagerwaho n’amashanyarazi.

Imwe mu mbogamizi ikomeye, ngo ijyanye n’imiturire mibi y’abaturage batatanye aho kubagezaho amashayarazi bitoroha. Gusa ngo gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu nigerwaho, ibi nabyo bizoroha.

Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri, yatangaje ko iyi ari yo nkunga ya mbere nini iyi banki ihaye u Rwanda.

Yagize ati “Igamije gufasha igihugu mu kugera ku ntego yacyo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose, ibitaro, amashuri, inzu z’ubucuruzi bitarenze 2024.”

Phiri yagaragaje ko u Rwanda ari cyo igihugu cya mbere gihawe inkunga muri gahunda AfDB ifite yo gufasha imishinga y’ibihugu itanga umusaruro byihuse.

AfDB initeze ko iyi nkunga izanakuraho ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi.

2018-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC
Amakuru

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Ubwanditsi 20 Apr 2025
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.
Amakuru

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba
Amakuru

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru