• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo Symbion Power, aho kigiye gutangira kubyaza megawatt 56 z’amashanyarazi Gaz Methane iri mu kiyaga cya Kivu, mu mushinga uzashorwamo miliyoni 185 z’amadolari ya Amerika (arenga miliyari 160 Frw).

Amasezerano y’ibanze hagati y’impande zombi yashyizweho umukono mu Ukuboza 2015 yahaga ikigo Symbion Power Lake Kivu Ltd, gishamikiye kuri Symbion Power LLC yo muri Amerika, uburenganzira bwo gutangira gukusanya ibikenewe mu ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga wo kubyaza Gaz Methane amashanyarazi .

Ivugururwa ry’aya masezerano ryashyiriweho umukono kuri uyu wa Gatanu mu nama ngarukagihembwe yahuje abashoramari mu mabuye y’agaciro n’amashanyarazi n’abayobozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) na Minisiteri zishinzwe ibyo byiciro by’ubukungu.

Minisitiri w’ibikorwa remezo Amb.Gatete Claver yavuze ko izi ngufu z’amashanyarazi ari iz’intangiro, aho kuva kuri uyu wa Gatanu kugeza mu mezi 14 ari imbere, abanyarwanda bazaba batangiye kubona umuriro wa mbere kuri aya mashanyarazi.

Yagize ati “Iki ni ikintu gikomeye kuko uyu mushoramari yakoresheje amafaranga ye, ntabwo yagiye kuguza ahubwo arakoresha aye bwite. Iri shoramari riradufasha kugira ngo twongere umuriro w’amashanyarazi, nk’uko mubizi ubu tumaze kugera kuri megawatt 221 ariko turatekereza ko mu myaka itanu n’igice iri imbere tuzaba tubonye undi muriro urenga megawatt 300.”

“Ibi bizadufasha kugera kuri cya gipimo twari dutegereje aho dushaka ko muri 2024 tuzaba tugeze kuri megawatt 556 ariko turabona tuzazirenza.”

Yavuze ko mu cyiciro cya mbere uyu mushoramari azakora megawatt 56 ariko mu mu cyiciro cya kabiri azashyiraho megawatt 50.

Agira ati “Tumaze igihe tuganira na we ariko ubu twabirangije ahasigaye ni ugutangira, ikindi twasinyanye ni aho azakorera kugira ngo umuriro we ashobore kuba yawugurisha, hasinywe kandi amasezerano y’ukuntu azagurisha umuriro ariko no kugira ngo abone ubwo burenganzira bwo kugira ngo gaz methane ayibyazemo umusaruro.”

Umushoramari w’Umwongereza Irvine Alan Stewart Laidlaw uzakora uyu mushinga, yavuze ko impamvu yahisemo gushora imari mu Rwanda ari ukubera ko iki gihugu kitarangwamo ruswa kandi gitandukanye n’ibindi byo ku mugabane wa Afurika.

Ati “Nashoye imari mu Rwanda kubera ko muri iki gihugu ni ahantu heza ho gushora imari, nta ruswa iharangwa mbese ni gihugu mu by’ukuri ubona ko kiri ku murongo, uburyo ikigo nka RDB gifasha abashoramari, nishimiye kuza mu Rwanda.”

Umushinga wa Symbion wiyongereye ku w’Ikigo cy’Abanyamerika ContourGlobal gikomeje urugendo ruganisha kuri megawatt (MW) 100 zigomba gutangwa n’umushinga wa KivuWatt ubyaza Gaz Methane amashanyarazi, nyuma y’uko icyiciro cya mbere cyerekanye ko bishoboka. Ubu gitanga izirenga megawatt 26 zahujwe n’umuyoboro mugari w’igihugu.

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa muri RDB, Emmanuel Hategeka, yavuze ko iyi nama ihuza ibikorera kugira ngo bahure barebere hamwe ahari amahirwe, ariko banaganire ahakiri imbogamizi zitabonewe ibisubizo.

Yavuze ko igice cy’amashanyarazi n’amabuye y’agaciro byinjirije u Rwanda ishoramari rigera kuri miliyari y’amadorali mu myaka itatu ishize, bikaba bingana na 20% by’ishoramari ryose RDB yanditse muri iyo myaka.

Yasize ati “Biragaragara ko harimo ubushake ku buryo ishoramari rizagenda ryiyongera.”

Ikiyaga cya Kivu bibarwa ko gifite metero kibe miliyari 55 za gaz methane, ndetse gishobora gutanga megawatt 500 mu gihe cy’imyaka 40.

Mu 1994 abantu bari bafite amashanyarazi bari munsi ya 1%, mu 2010 bari ku 9% ariko mumpera z’ukwezi kwa Kabiri uyu mwaka bari 51%. Intego ni uko mu myaka itanu n’igice iri imbere abanyarwanda bazaba bageze 100%.

Src: IGIHE

2019-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu
ITOHOZA

Uherutse gufungwa azira gupfobya jenoside yarashwe agerageza gucika bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru