• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko intego igihugu cyari cyarihaye yo kuba umunyarwanda yinjiza amadolari 1240 mu mwaka wa 2020 bigoye kuyigeraho kubera ko izamuka ry’ubukungu ritagenze uko byari biteganyijwe.

Mu mwaka wa 2000 u Rwanda rwihaye icyerecyezo 2020 cyagombaga gusiga ruri mu bihugu byo mu cyiciro cya mbere bifite amikoro aringaniye (Lower Middle Income Country) aho nibura buri muturage yari kujya yinjiza amadolari 1240, ni ukuvuga asaga gato miliyoni y’amafaranga y’u Rwandaku mwaka.

Ukurikije aho igihugu cyavuye, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wariyongereye ndetse n’uw’umuturage ariko bigaragara ko bigoye ngo mu mezi make asigaye ibyari byitezwe bigerweho byose.

Mu 1990 umusaruro ku muturage ku mwaka wari amadolari 374, mu 1994 yari amadolari 146 mu 2000 yari 225 $. Mu 2010 yari 579 $, mu 2015 yari 728 $, mu 2017 yari 774 $ naho mu 2018 yari 788$ ku mwaka. Ikigereranyo cy’amafaranga umuturage yinjiza cyazamutseho 1.7% hagati ya 2017 na 2018.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yari mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite, asobanura uko ubukungu bw’igihugu buhagaze kugeza muri Nzeri 2019.

Depite Uwanyirigira Gloriose yagarutse ku ntego z’icyerecyezo 2020 u Rwanda rwari rwihaye, aho umuturage yagombaga kwinjiza amadolari 1240.

Yabajije Minisitiri Ndagijimana niba abona iyo ntego igishoboka akurikije amezi asigaye ngo umwaka wa 2020 ugere.

Uwanyirigira yagize ati “Ndangira ngo mbaze niba uyu muhigo koko tuzawesa nk’abanyarwanda. Ubishyize mu manyarwanda wabona ko umuturage abona ibihumbi bibiri ku munsi ariko twongeye tukagaruka ku giciro cy’ibiribwa ku isoko nk’aho mu minsi ishize ikilo cy’ibishyimbo cyageze ku gihumbi, ukareba ubukungu bw’umuturage wo hasi ushobora kwinjiza ibihumbi bibiri uburyo yagera ku isoko agahaha bikwiye [….] turagira ngo aduhurize izamuka ry’ubukungu mu ngeri zose ariko tureba ku muturage.”

Depite Rwigamba Fidèle yavuze ko bigaragara neza ko igihugu kitazagera ku ntego cyari cyihaye, ahubwo asaba Minisitiri gusobanura ingamba zihari n’igihe umunyarwanda azaba yinjiriza amadolari 1240.

Ati “Biragagara ko tutakibigezeho ariko urebye ukuntu ubukungu busigaye buzamuka neza wenda turabyegera. Nagira ngo numve icyo Minisitiri avuga tugendeye ku gipimo turiho ubu igihe twazagerera ku gihugu cy’amikoro aringaniye.”

Minisitiri Ndagijimana yemereye abadepite ko kugera ku ntego y’uko buri munyarwanda azaba yinjiza amadolari 1240 mu 2020 bisa nk’ibidashoboka.

Yavuze ko byatewe n’uburyo ubukungu bwagiye buzamuka gahoro bitandukanye n’intego bari bihaye ubwo icyerecyezo 2020 cyashyirwagaho.

Ati “Kugira ngo tugere kuri ariya madolari 1240 mu 2020 ubukungu bwagombaga kuzamuka ku mpuzandengo ya 11.5 % ariko kuva mu 2000 kugeza ubu ngira ngo ni rimwe gusa twagize ubukungu buzamuka hejuru ya 11 %, ubundi tugira 9 % ariko indi myaka yose twagiye hagati ya 7 na 8 %. Urumva utageze kuri ya 11 % n’ikizavamo nacyo kiba gitubye.”

Minisitisiri Ndagijimana yavuze ko imibare y’ubukungu bw’umunyarwanda mu mwaka wa 2019 itarasohoka ndetse ngo n’iya 2020 izabarwa ariko ahamya ko bigoye ngo intego igerweho.

Ati “Tuzaba tuhegera ariko ntabwo byoroshye kuhagera mu gihe cy’imyaka ibiri urebye aho tugeze.”

Icyakora, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko muri gahunda y’igihugu igamije kwihutisha Iterambere, NST1 yatangiye mu 2017 u Rwanda rwiyemeje kuba rwageze mu bihugu bifite amikoro aringaniye, umuturage yinjiza amadolari asaga 1300 kandi yemeza ko bizagerwaho.

Leta y’u Rwanda yiyemeje kuva mu cyerecyezo cya 2020 rujya mu cyerecyezo cya 2050. Ruteganya ko nibura mu 2035 ruzaba rufite ubukungu buciriritse mu gihe ubukungu bwaba bwihuta ku 10%, ku buryo umunyarwanda yazaba yinjiza asaga miliyoni 10 Frw ku mwaka.

Src:IGIHE

2019-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV
SHOWBIZ

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare
INKURU NYAMUKURU

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa
Amakuru

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru