• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018 ITOHOZA

Abunganira mu mategeko uruganda rukora itabi rw’umuryango wa Assinapol Rwigara barasaba ko uru ruganda rutahezwa mu rubanza ikigo cy’imisoro kiregamo abanyamigabane barwo.

Ikigo cy’imisoro kirega abanyamigabane ko bacunze nabi uruganda rukora itabi rwa Premier Tobacco Company bigatuma inanirwa kwishyura imisoro.

Gusa abahagarariye uru ruganda bo bagasanga nta kuntu rwahezwa mu rubanza kandi na rwo rufite inyungu muri iki kibazo.

Muri uru rubanza ikigo cy’imisoro gikurikiranye abari abanyamigabane mu ruganda rukora itabi Premier Tobacco Company (PTC) rw’umuryango wa Assinapol Rwigara.

Abanyamigabane barezwe barimo abo mu muryango wa Rwigara nk’umugore we Adeline Rwigara ndetse n’umwe mu bana be Anne Rwigara.

Ku rutonde rw’abaregwa harimo kandi n’umunyemari ndetse n’ikigo cy’ubucuruzi bakomoka mu gihugu cya Kenya.

Baregwa kuba baracunze nabi umutungo w’uruganda bigatuma rudashobora kwishyura imisoro ibarirwa muri miliyari 6 z’Amafranga y’u Rwanda.

Mbere yuko urubanza rukomeza uburanira abaregwa ari nawe uburanira uruganda, umunyamategeko Rwagatare Janvier, yasabye urukiko ko uruganda rwa PTC na rwo rugomba guhamagazwa mu rubanza.

Uyu munyamategeko avuga ko uruganda ari rwo rwa mbere ruregwa kutishyura imisoro bityo ko kuruheza byasa no kuruburanisha rudahari. Ikindi uyu munyamategeko avuga ni uko uruganda rutanze kwishyura imisoro ahubwo ko rutigeze rwemera ingano y’iyo rwategetswe kwishyura n’uburyo yabazwemo.

Ababuranira ikigo cy’imisoro ariko bo bavuga ko uruganda Premier Tobacco Company batagomba kwitiranywa n’abayishoyemo imari. Muri uru rubanza bakavuga ko hagomba kwitaba gusa abashoramari kuko nta nyungu babona uruganda ubwarwo rwagira mu rubanza rw’abanyamigabane.

BBC yakurikiranye iby’iri burana, itangaza ko izi mpaka zarangiye urubanza rudakomeje, ababuranyi bategekwa kugaruka ku itariki ya 25 z’uku kwezi.

Icyo gihe umucamanza azatangaza icyemezo gihamagaza uruganda mu rukiko cyangwa se yemeze niba abanyamigabane bagomba gukomeza gukurikiranwa bonyine muri iki kirego.

Uru ni rumwe mu manza nyinshi zishyamiranije ikigo cy’imisoro n’umuryango wa Rwigara kubera imisoro ibarirwa muri miliyari 6 , uruganda rukora itabi rwawo rushinjwa ko rwanze kwishyura.

Kugeza ubu hamaze kugurishwa muri cyamunara itabi ryari mu bubiko bw’uruganda ndetse n’imashini zifashishwaga mu gukora itabi byose bimaze kwinjiza amafranga angana na miliyari 2 na miliyoni 200.

Gusa aya aracyari macyeya cyane ugereranije n’ingano y’umusoro ikigo kiyikusanya kivuga ko itishyuwe n’uruganda PTC.

Mu gihe imitungo y’uruganda yose isa n’imaze kugurishwa, hakwibazwa aho miliyari zikabakaba 4 zisigaye zizaturuka. Birashoboka ko abanyamigabane baregwa gucunga nabi umutungo w’uruganda bategekwa kwishyura mu gihe urukiko rwaba rubahamije uruhare mu mpamvu zatumye rudatanga imisoro.

2018-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyoba ni cyose  mu mujyi wa Kampala

Icyoba ni cyose mu mujyi wa Kampala

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Ubwanditsi 14 Mar 2023
Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Ubwanditsi 03 Aug 2016

Igitekerezo kimwe

  1. KATSIBWENENE
    September 13, 201810:19 am -

    Uri kwirebera mu mazi, urasaba nde? Genda Rwanda uratengamaye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe
ITOHOZA

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso
Amakuru

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Ubwanditsi 18 Jan 2023
U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege
UBUKERARUGENDO

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru