• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2018 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 2018, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyatangaje ku ncuro ya Gatanu ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bizwi mu rurimi rw’Icyongereza nka “Rwanda Governance Scorecard”.

Ubuyobozi bwa RGB butangaza ko iki cyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda gikorwa hagamijwe kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu gihugu mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba mu gushyiraho politiki mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Itangaza ko ubu bushakashatsi bushingiye ku Nkingi umunani; arizo: Ubuyobozi bushingiye ku mategeko, Ubwisanzure mu bya politike n’uburenganzira bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza,  Umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, Kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, Ireme ry’imitangire ya serivisi ndetse n’ Iterambere ry’ubukungu.

Ibyavuye mu bushakashatsi byagaragaje ko Inkingi y’umutekano yagize amanota 94.97%, yazamutseho +2.35% kuko mu bushakashatsi bwabanjirije ubu yari ku manota 92.62%.

Inkingi ijyanye no Kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo yagize amanota 83.72%, yasubiye inyuma ho amanota -2.84% kuko ubushize yari ku manota 86.56%.

Inkingi ijyanye n’ Ubwisanzure mu bya politike n’uburenganzira bw’abaturage yagize amanota 83.83%. Yazamutseho amanota +2 kuko ubushize yagize amanota 81.83%.

Inkingi ijyanye n’ Ubuyobozi bushingiye ku mategeko yagize amanota 83.68. Yazamutseho amanota +4 kuko ubushize yagize amanota 79.68%.

Inkingi ijyanye n’ Iterambere ry’ubukungu yagize amanota 78.04. Yazamutseho amanota +1.22 kuko ubushize yagize amanota 76.82%.

Inkingi ijyanye n’ imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza yagize amanota 76.79. Yasubiye inyuma ho amanota -0.22. kuko ubushize yagize amanota 76.48%.

Inkingi ijyanye no kuzamura imibereho myiza y’abaturage yagize amanota 75.55%. Yazamutse ho amanota +0.67%. kuko ubushize yagize amanota 74.88%.

Inkingi ijyanye n’Ireme ry’imitangire ya serivisi yagize amanota 74.25%. Yazamutseho amanota +1.32%. kuko ubushize yagize amanota 72.93%.

Inkingi y’Umutekano n’umudendezo rusange yagize amanota 94.97 % bituma ikomeza kuza ku isonga nk’uko byari mu bushakashatsi bwabanje.

Inkingi y’ireme ry’imitangire ya serivisi yazamutseho gato iva kuri 72.93% yariho muri 2016 igera 74.25%. Icyakoze yakomeje kuza ku mwanya wa nyuma.

Inkingi esheshatu zazamutse mu manota naho ebyiri zisubira inyuma mu manota. Mu nkingi umunani zapimwe, enye zingana na 50% zagize amanota ahera kuri 80% kuzamura, enye zisigaye zingana na 50% zagize amanota ari hagati ya 74% na 78%.

Inkingi y’Ubuyobozi bushingiye ku mategeko (Rule of Law) niyo yazamutseho amanota menshi kuko yazamutse ku gipimo cya 4%.

Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo kumurika iki cyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda

 

2018-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Ubwanditsi 04 Mar 2017
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Ubwanditsi 20 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler
INKURU NYAMUKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye
Mu Rwanda

Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Ubwanditsi 25 May 2018
Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe  i Bujumbura kungufu
Mu Mahanga

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Ubwanditsi 18 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru