• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yashimiye Perezida Paul Kagame wegukanye intsinzi yo gukomeza kuyobora u Rwanda mu yindi myaka irindwi iri imbere, mu butumwa bw’ishimwe yamwoherereje kuri uyu wa 8 Kanama.

Itora rya Perezida wa Repubulika ryo kuwa 4 Kanama, ryarangiye umukandida Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi atsinze bidasubirwaho abo bari bahanganye, aho yagize amajwi 98.63%, imigendekere y’amatora ishimwa byimazeyo n’indorerezi z’imihanda yose.

Kagame yakomeje kugenda yakira ubutumwa bw’abayobozi batandukanye, nk’uko ibinyamakuru byo mu Bushinwa byabitangaje kuri uyu wa Gatatu, Perezida Xi Jinping nawe akaba yamwoherereje ubutumwa bw’ishimwe.

Mu gushimira Kagame, Radio Mpuzamahanga y’u Bushinwa yatangaje ko Perezida Xi yavuze ko “U Bushinwa buzakomeza guha agaciro iterambere ry’umubano w’ibihugu byombi, ko buzakomeza kuzamura ubufatanye bw’ibi bihugu mu bucuti bugamije inyungu z’ibihugu byombi no gukomeza guteza imbere umubano usanzwe hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda.”

U Rwanda n’u Bushinwa basanganywe umubano ukomeye umaze imyaka isaga 45, ukaba uheruka kongererwa imbaraga ubwo Perezida Kagame, kuwa 17 Werurwe, yagiriraga uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Bushinwa.

Nyuma y’urwo ruzinduko hari imishinga iri kunozwa mu birebana na politiki, inganda, iterambere ry’ubuhinzi, ubukerarugendo, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, amahoro n’umutekano, ubufatanye mu kubaka ibikorwa remezo n’ibindi.

Hari nk’ikigo Yiyi Investment Management Ltd cyo mu Bushinwa cyagaragaje ubushake bwo kubaka no gukoresha igice cyagenewe inganda i Musanze no kureshya abashoramari bazahubaka inganda, ubutaka bukazatangwa na leta y’u Rwanda.
Biteganyijwe ko ibiganiro byo kubyaza umusaruro ubwo butaka bwa hegitari 150 bizarangira vuba ku buryo uyu mwaka uzashira hatangiwe icyiciro cya mbere.

Muri iyo mishinga kandi harimo guteza imbere ubucuruzi, aho ikigo gishinzwe guteza imbere ubucuruzi mpuzamahanga (China Council for the Promotion of International Trade, CCPIT) cyagaragaje ubushake bwo gufatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), imbanzirizamushinga y’amasezerano ikaba yenda kurangira.

Harimo n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, aho ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubucukuzi mu Rwanda (Rwanda Mining Board, RMB) n’icyo ku ruhande rw’u Bushinwa (Chinese Bureau of Mines) bari kuganira uburyo bwo gukorana.

Inyandiko igaragaza ibikorwa by’u Bushinwa muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, yashyizwe ahagaragara n’ibiro bishinzwe iperereza bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yerekana ko mu 1972 iki gihugu gituwe cyane ku Isi cyatanze miliyoni 175 z’amadolari y’imfashanyo mu bihugu bitandatu birimo n’u Rwanda, aho akenshi zakoreshwaga mu bwubatsi n’ubuhinzi.

Amasezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Bushinwa icyo gihe muri Gicurasi, agaragaza ko rwahawe miliyoni 22 z’amadolari ya Amerika yakoreshejwe mu kubaka imihanda ya kaburimbo n’uruganda rwa sima rwa Bugarama muri Rusizi (CIMERWA).
Kuva mu 2000 kugeza 2011 hari imishinga 56 u Bushinwa bwateyemo inkunga u Rwanda, yose yari ifite agaciro ka miliyoni 160 z’amadolari ya Amerika. Ubwo hizihizwaga imyaka 40 y’umubano w’ibihugu byombi, u Bushinwa bwari bumaze guha u Rwanda miliyoni 170 z’amadolari.

Mu rwego rw’ubuzima, u Bushinwa bwubatse ibitaro bibiri byo ku rwego rw’akarere, ibya Masaka na Kibungo. Mu burezi, uretse gutanga buruse ku banyeshuri b’Abanyarwanda, Abashinwa bubatse amashuri abiri, rimwe riri mu karere ka Gatsibo irindi mu ka Rulindo ryigwamo n’abakobwa gusa.

Ibigo by’ubwubatsi by’Abashinwa nka RXB, CCECC, BCEG, Top International Engineering Corporation n’ibindi, bimaze kubaka izina mu Rwanda kuko akenshi imiturirwa myinshi igenda izamurwa muri Kigali nibyo biyubaka.

Kigali Marriot Hotel yubatswe n’ikompanyi y’ishoramari y’Abashinwa ifatanyije n’Abanyarwanda; mu 2009 Beijing Construction Engineering Group (BCEG) niyo yari yatsindiye isoko ryo kubaka Kigali Convention Centre nubwo itayirangije; bubaka inyubako ikoreramo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’imihanda myinshi irimo uwerekeza i Burasirazuba.

-7516.jpg

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yashimiye Perezida Paul Kagame

Uruhare rw’u Bushinwa mu iterambere ry’ibikorwaremezo mu Rwanda kandi ruracyakomeje, kuko binyuze mu nkunga ya miliyari 60 z’amadolari bwemereye Afurika, hatangiye kwagurwa imihanda ihuza Umujyi wa Kigali ingana na km 54. Iyi mirimo irimo gukorwa na Sosiyete y’Abashinwa ikora imihanda n’ibiraro (China Road Bridge Corporation, CRBC).

2017-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Ubwanditsi 08 Jun 2016
U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo

U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

RUSHYASHYA 11 Jul 2026
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura
POLITIKI

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Ubwanditsi 15 May 2017
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga
UBUKUNGU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru