• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka adashobora kuba mbere y’uko kwezi mu 2018.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2016 na Crow Naanga uyobora iyo Komisiyo, mu biganiro biri guhuza abahagarariye Leta y’iki gihugu, Sosiyete Sivile ndetse n’abo ku ruhande rutavuga rumwe na leta, mu Murwa Mukuru Kinshasa kuva ku wa Gatanu w’iki cyumweru aho bari gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bya politiki biri muri iki gihugu.

Crow Naanga yatangaje ko amatora yimuwe kugira ngo hakosorwe ibitabo by’itora na lisiti y’abagomba kuzatora byose byari bitarashyirwa ku murongo.

Uyu mugabo kandi yanagaragaje ko hari ibibazo by’amafaranga adahagije ibyo byose ngo biri mu mpamvu zatumye aya matora yigizwa inyuma ho imyaka ibiri.

Imbanzirizamasezerano yagejejwe imbere y’abitabiriye ibi biganiro ivuga ko hazashyirwaho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzaba bushinzwe gutegura aya matora.

Gusa mbere yo gushyira umukono ku masezerano ayo ari yo yose, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Joseph Kabila bitabiriye ibi biganiro, basabye ko Perezida Kabila agomba kubanza kwemera ko ataziyamamaza muri manda ya gatatu nkuko Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ribiteganya.

Ishyaka rya Etienne Tshisekedi uzwiho kudacana uwaka na Perezida Kabila, ryamaganye ibi biganiro bigamije gushakira ibisubizo ibibazo bya politiki muri iki gihugu, ariko risaba Kabila kuva ku butegetsi nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga iki gihugu kigenderaho.

Tshisekedi yagiye akunda kugaragaza impungenge z’uko Perezida Kabila yaguma ku butegetsi nyuma y’uko manda ye irangira.

Ève Bazaiba Masudi,wo mu ishyaka MLC rya Jean-Pierre Bemba udacana uwaka n’ubutegetsi buriho muri Congo, yatangaje ko adashobora gushyigikira iki cyemezo cya Komisiyo y’Amatora.

Aganira na BBC, Bazaiba yagize ati “Naanga yaje asa n’ushaka kwica Itegeko Nshinga ndetse no guha amahirwe Perezida Kabila yo kwiyongerera manda.”

Manda ya kabiri ya Perezida Kabila izarangira tariki ya 20 Ukuboza uyu mwaka, abatavuga rumwe bifuza ko nyuma y’iyi tariki uyu muyobozi yahita ava ku butegetsi.

Abantu batari bake biciwe mu myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi babaga bari gusaba ko Kabila arekura ubutegetsi mu gihe manda ye ya kabiri izaba irangiye mu Ukuboza uyu mwaka.

-4210.jpg

Perezida Joseph Kabila

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu yatangajwe n’abatavuga rumwe na leta, igaragaza ko hapfuye abari hagati ya 50 na 100, ariko abo ku ruhande rwa Leta bo bemeza ko abantu 10 ari bo bamaze kugwa muri izo mvururu.

Source: Igihe

2016-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Ubwanditsi 01 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka
ITOHOZA

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage
Mu Mahanga

Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso
Amakuru

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru