• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka adashobora kuba mbere y’uko kwezi mu 2018.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2016 na Crow Naanga uyobora iyo Komisiyo, mu biganiro biri guhuza abahagarariye Leta y’iki gihugu, Sosiyete Sivile ndetse n’abo ku ruhande rutavuga rumwe na leta, mu Murwa Mukuru Kinshasa kuva ku wa Gatanu w’iki cyumweru aho bari gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bya politiki biri muri iki gihugu.

Crow Naanga yatangaje ko amatora yimuwe kugira ngo hakosorwe ibitabo by’itora na lisiti y’abagomba kuzatora byose byari bitarashyirwa ku murongo.

Uyu mugabo kandi yanagaragaje ko hari ibibazo by’amafaranga adahagije ibyo byose ngo biri mu mpamvu zatumye aya matora yigizwa inyuma ho imyaka ibiri.

Imbanzirizamasezerano yagejejwe imbere y’abitabiriye ibi biganiro ivuga ko hazashyirwaho ubuyobozi bw’inzibacyuho buzaba bushinzwe gutegura aya matora.

Gusa mbere yo gushyira umukono ku masezerano ayo ari yo yose, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Joseph Kabila bitabiriye ibi biganiro, basabye ko Perezida Kabila agomba kubanza kwemera ko ataziyamamaza muri manda ya gatatu nkuko Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ribiteganya.

Ishyaka rya Etienne Tshisekedi uzwiho kudacana uwaka na Perezida Kabila, ryamaganye ibi biganiro bigamije gushakira ibisubizo ibibazo bya politiki muri iki gihugu, ariko risaba Kabila kuva ku butegetsi nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga iki gihugu kigenderaho.

Tshisekedi yagiye akunda kugaragaza impungenge z’uko Perezida Kabila yaguma ku butegetsi nyuma y’uko manda ye irangira.

Ève Bazaiba Masudi,wo mu ishyaka MLC rya Jean-Pierre Bemba udacana uwaka n’ubutegetsi buriho muri Congo, yatangaje ko adashobora gushyigikira iki cyemezo cya Komisiyo y’Amatora.

Aganira na BBC, Bazaiba yagize ati “Naanga yaje asa n’ushaka kwica Itegeko Nshinga ndetse no guha amahirwe Perezida Kabila yo kwiyongerera manda.”

Manda ya kabiri ya Perezida Kabila izarangira tariki ya 20 Ukuboza uyu mwaka, abatavuga rumwe bifuza ko nyuma y’iyi tariki uyu muyobozi yahita ava ku butegetsi.

Abantu batari bake biciwe mu myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi babaga bari gusaba ko Kabila arekura ubutegetsi mu gihe manda ye ya kabiri izaba irangiye mu Ukuboza uyu mwaka.

-4210.jpg

Perezida Joseph Kabila

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu yatangajwe n’abatavuga rumwe na leta, igaragaza ko hapfuye abari hagati ya 50 na 100, ariko abo ku ruhande rwa Leta bo bemeza ko abantu 10 ari bo bamaze kugwa muri izo mvururu.

Source: Igihe

2016-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya
HIRYA NO HINO

Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya

Ubwanditsi 17 Aug 2019
Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Ubwanditsi 02 Apr 2019
EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia
Mu Rwanda

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Ubwanditsi 31 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru