• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu Kinyarwanda baca umugani ngo “Uhagarikiwe n’ingwe aravoma”, bashaka kuvuga ko umuntu ufite undi muntu ukomeye umushyigikiye akora icyo ashaka kandi yisanzuye nta bwoba afite yizeye ko nta wabimuryoza kabone n’iyo yakora amakosa.

Abakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Rwanda barimo itangazamakuru, abafana, n’abahoze ari abakinnyi mu Rwanda bijujutira kenshi imiyoborere bavuga ko itari myiza ya Nzamwita Vincent De Gaule uyobora Ferwafa, ibi ariko bisa no gucurangira abahetsi kuko nta gihinduka ahubwo ukabona ararushaho gukora amakosa, ibi bigatuma abatari bake bibaza niba koko ataba ahagarikiwe n’ingwe koko. Gusa niba ihari yaba ari ingore kuko irakaze.

Nzamwita aherutse kwihandagaza avuga ko kuri we u Rwanda rutagiye muri CAN ya 2004 kuko rwakoresheje bamwe mu bakinnyi badakomoka mu Rwanda. iBi n’ubwo yabisabiye imbabazi bya nyirarureshwa, benshi ntibanyuzwe, bumvaga ari byiza kuzisaba ariko zigakurikirwa no kwegura.

Ibyo wenda ni ibyo mwibuka cyane kuko ari byo bigezweho, ariko benshi ntibaribagirwa ko Nzamwita yasubitse umukino wagombaga guhuza abakeba Rayon Sport na APR FC avuga ko Polisi itashobora kubacungira umutekano, bigatuma Rayon Sport isezera muri shampiona n’ubwo yaje kwisubiraho umukino ukaba mu mutuzo.

FERWAFA yavuzwemo kandi inyerezwa ry’umutungo no gutanga amasoko mu buryo butemewe, byaje kurangira uwari umunyamabanga Jean Olivier Murindahabi akatiwe igifungo cy’amezi atandatu, gusa kuri njyewe zagombaga gutukwamo nkuru, ibi byabaye nk’ibya wa mwana babwira gukubita uwo yanga ati ‘oya ndakubita uwo dusangira’.

Ubuse aka kanya Abanyarwanda bakwibagirwa ko Amavubi yatewe mpaga ku maherere? Gukinisha uwiswe Birori Dady nyamara muri CAF bamuzi nka Tedy Etekiama, byatumwe u Rwanda rusezererwa nyamara rwari rwageze mu matsinda. Abenshi bari biteze ko umujinya w’Abanyarwanda bakunda Amavubi utuma De Gaulle yegura ariko si ko byagenze, ahubwo ikimwaro yagihinduye umujinya, abakiniye u Rwanda abatesha agaciro.

Mu nama y’Umushyikirano ku nshuro yayo ya 13, Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yatunze agatoki abayobozi b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda avuga ko afite amakuru ko harimo ruswa n’undi mwanda mwinshi, ndetse avuga ko batagombaga gukora ubucucu (stupid things) bwatumye u Rwanda rusezererwa mu marushanwa.

Nta gihe kinini kandi cyari gishize Umukuru w’Igihungu atangaje ko umupira w’u Rwanda yawuretse, umwanya muto abonye awukoresha areba uw’i Burayi. Ibi byari bihagije ngo abawuyobora baveho hajyeho abandi, ariko si ko byagenze.

Ni byo FIFA ikumira Politiki mu mupira, ariko nziko u Rwanda rufite ubushobozi bwo gushyiraho umuyobozi ushoboye kandi bitabangamiye amategeko ya FIFA. Erega n’ubwo FIFA itabyemera ariko izi neza ko nta shyirahamwe ridafite igihugu ribarizwamo ribaho, ntiyobewe kandi ko 90% by’umupira wacu ari imisoro y’Abanyarwanda iwutunze.

Abayobozi b’amakipe ari na bo bagize inteko rusange ya FERWAFA, ni bo bagakwiye kugira icyo bakora ngo habeho impinduka, ariko ntibyaborohera. Babaye ba ‘ndiyo bwana’, amategeko akumira abashaka kugira impinduka bazana yahawe umugisha akomerwa amashyi.

Ni mu gihe kandi, kuko ku ngoma ya Nzamwita uwaje mu nama yahabwaga 250.000 Frw ubu yazamuwe agirwa 400.000 Frw ubwo ni miliyoni 20.000.000 Frw uko inteko rusange iteranye, nyamara abana hirya no hino mu gihugu babuze imipira yo gukina. ‘Uwicaye mu gacucu n’agacuma rero ngo ntamenya ko hanze izuba riva’! Muri make abo ntacyo twabitegaho.

Mu zindi gahunda u Rwanda ruhora ruza ku isonga, isuku, ubukungu, umutekano, imibereho myiza n’ibindi, nyamara abakunda umupira twabaye ba ‘nzapfa nzakira simbizi’ nka ka kanyoni karitse ku nzira.

-6195.jpg

Ese koko Nzamwita Vincent De Gaule yaba ahagarikiwe n’ingwe?

Inkuru y’izuba rirashe

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021
Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda
ITOHOZA

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1
IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Ubwanditsi 13 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru