• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Mu gihe Abategeka Afurika bahora bavuga ko bayiyoboye bubahirije amahame shingiro ya Demokrasi, opozisiyo bahanganye si uko ibibona, ni nayo mpamvu bahora bahanganye bigatuma abaturage baharenganira.

 

Iyo niyo ntandaro y’ intambara zo kurwanira ubutegetsi ku  banyapolitiki bo mu bihugu byo mu Karere bifuza kuba abaperezida mu buryo bwose bushoboka ndetse baniyemeje gutanga ubuzima bwabo batababariye abaturage babashyigikiye bahora bicwa mu myigaragambyo bizezwa ibitangaza.

1.Raila Odinga: Nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida wa Repubulika akanasaba ko asubirwamo akanga kuyitabira, Odinga yiyemeje kurahira nka Perezida wa Kenya  ku wa 12 Mutarama 2018 umunsi w’ ubwigenge bw’ iki gihugu .

Igihe cyose Raila yifuje kurahira ku ngufu ashobora gutabwa muri yombi nk’ uko Perezida w’ Urukiko rw’ Ikirenga wa Kenya  yavuze ko binyuranye n’ amategeko. Uretse intege nke afite, nta mbaraga nyinshi za gisirikare cyangwa se ngo amahanga amujye inyuma, ubuyobozi arimo kubushakira hasi no hejuru.

Abasesenguzi ba politiki basanga Odinga utavuga rumwe na Perezida Uhuru Kenyata aramutse atawe muri yombi byatuma igihugu gicikamo ibice kuko gisanzwe kirangwa no guhangana hagati y’ amoko y’ Abakikuyu n’ Abajaluwo.

Imyigaragambyo iherutse kuba muri Kenya yahitanye abantu benshi ku mpande z’ abashyigikiye Odinga ndetse hanakomereka  abashinzwe umutekano bari ku ruhande rwa Leta. 

2.Agathon Rwasa: Uyu yahoze arwanya ubutegetsi bw’ u Burundi ku ngoma zitandukanye byumvikane ko afite inyota yo kuba Perezida kuko anafite abaturage benshi bamushyigikiye.

Yongeye kugirana ikibazo na Leta akorera nyuma y’ ibiganiro by’ amahoro byabereye i Arusha aho yagaragaje ko yifuza kuvuganira opozisiyo asaba ko abanyapolitiki bayigize bashobora kwinjizwa mu kizitwa “Guverinoma y’ Ubumwe”.

Si ibyo gusa kuko Hon.Agathon Rwasa ntashyigikiye kamarampaka iri gutegurwa mu Burundi bigatuma arushaho kudahuza na CNDD-FDD iri ku ntebe.

Kugeza magingo aya amaze kwamburwa abasirikare bamurindaga bikaba bimuteye impungenge nk’ uko yivugira ko umugore we yarashwe n’ abantu bataramenyekana ndetse ko nawe yashatse kwicwa kenshi  baramuhusha.

Agathon Rwasa yahereye kera ashaka kuyobora, imbaraga nke afite buri gihe nizo zimuzitira, nubwo ari mu bagize Guverinoma, agaragaza ko bitamunyuze, ahubwo akeneye kuba perezida w’u burundi.

3.Mgr. Laurent Mosengwo Passinya: Mu gihe abatari bacye batekereza ko nyuma ya Perezida Joseph Kabila, Congo-Kinshasa izayoborwa n’ abanyapolitiki bakomeye bo muri opozisiyo nka Moise Katumbi, Felix Tshisekedi n’ abandi, abakuririkiranira hafi ibya Congo-Kinshasa basanga uyu mukambwe Musenyeri Mosengwo ahabwa amahirwe yo kuba yategeka iki gihugu cyahuritse.

Ibi byanashimangiwe kenshi  mu mbwirwaruhame za Perezida Joseph Kabila, agira ati” Niba ari umuntu duhanganye muri iki gihugu ni Mgr.Laurent Mosengwo Passinya”.

Uyu mu padiri ufite icyubahiro mu rwego rwa Vatican ndetse akaba n’ umujyanama wo hafi wa Papa Francis yagize uruhare rukomeye mu guharanira impinduramatwara mu gihugu cye.

Hari abavuga ko Mgr. Mosengwo aramutse abaye Perezida wa Congo-Kinshasa ashobora kubera  iki gihugu icyo Nelson Mandela yabereye Afurika y’ Epfo.

4.Dr. Kiiza Besigye:  Uyu munyapolitiki wabanye na Perezida  wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yiyemeje kutazapfa adategetse igihugu ngo kubera ibyiza agifitiye.

Amaze gufungwa inshuro zitabarika ariko ntiyegeze gucika intege kandi kenshi yagiye arahira ko abaye perezida wa Uganda, arega ko Musevei yamwibye amajwi ariko bikaba impfabusa.

2018-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Apr 2019
FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima

FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho

Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi
IMIKINO

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe
Mu Rwanda

Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.
Amakuru

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru