• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu izina ry’abakomoka ku miryango yabishwe na Perezida Habyarimana rigashyirwaho umukono na Albert Bizindoli uhagarariye iyo miryango, bamaganye amagambo y’agashinyaguro yavuzwe na Yozefu Matata ataka Habyarimana ko yari umunyamahoro kandi ko yafashe ubutegetsi mu mahoro, bizwi neza ko yisasiye imbaga y’abantu cyane cyane abanyapolitiki n’abacuruzi bakomokaga mu cyitwaga Gitarama.

Ibyo Jozefu Matata yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Gaspard Musabyimana kuri Radiyo ye Inkingi ikorera kuri Internet aho yagize ati “….Perezida Habyarimana wenda wavugako yakoresheje intwaro ariko nta ntambara yabaye, ni ukuvuga ko ubutegetsi bwe bwaranzwe n’amahoro kuko na kudeta yayikoze mu mahoro ngirango hapfuye abantu bake, uretse abantu baje kugwa muri za gereza nyuma b’abanya Gitarama…”

Muri iryo tangazo Bizindoli arakomeza agira ati ‘’Byaradutangaje kandi biratubabaza, ni ryari umuntu nkawe yaje kwiyumvisha ko urupfu iyicarubozo by’abanyapolitiki, abasirikare, n’abandi bose baguye muri Gereza za Ruhengeli na Gisenyi nyuma ya kudeta, ari akantu gato kadakwiye guhabwa agaciro? Ese abishingira kuki”?

Matata utaka Habyarimana, yihisha mu gicucu cyuko ngo ari umuntu uharanira uburenganzira bwa Muntu nyamara agamije gukwirakwiza ibitekerezo bye bwite bishingiye ku rwango no gihakana Jenoside yakorewe abatutsi. Nyuma yo gutangaza ibi, abakomoka muri iyo miryango bariye karungu amakuru agera kuri Rushyashya nuko Matata ari gushaka inzira yanyuzamo agasaba imbabazi.

Ubwo Perezida Habyarimana yafataga ubutegetsi ku ngufu muri 1973, Abatutsi benshi barishwe abandi birukanwa mu mashuri no mu kazi, kuko icyuho cyabonekaga bahitaga bicwa, ndetse no mubo yitaga abanyenduga bakomokaga mu majyepfo abandi abafungira muri Gereza ya Ruhengeli; abenshi barishwe nuko mu mwaka wa 1985 atangaza ko abafunzwe bose bapfuye.

Abiciwe imiryango muri 1973 bari mu bihugu by’iburayi bateguye ibikorwa bitandukanye byo kwibuka ababyeyi, abavandimwe n’inshuti zabo, ariko abo bita abakiga bagize uruhare mu iyicwa ryabo ntibabyishimira. Abenshi mu banyapolitiki bishwe bari hagati y’imyaka 26 na 40.

Ibi Matata yavuze byo kweza Habyarimana n’agatsiko ke,  ni ibyiyongera mu byaha akora buri munsi bigamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Uruhare Leta ya Habyarimana yagize ntawe utaruzi dore ko Leta ye yatangiriye mu maraso isoreza mu maraso. Kimwe n’Abatutsi bishwe guhera 1959 kugeza 1973, imiryango yabo hamwe niya banyapolitiki ntabwo yari yemewe kuvuga iby’urupfu rwabo naho ubutabera abo baregaga nibo baregeraga.

 

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Ubwanditsi 10 Dec 2017
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi
INKURU NYAMUKURU

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru