• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu izina ry’abakomoka ku miryango yabishwe na Perezida Habyarimana rigashyirwaho umukono na Albert Bizindoli uhagarariye iyo miryango, bamaganye amagambo y’agashinyaguro yavuzwe na Yozefu Matata ataka Habyarimana ko yari umunyamahoro kandi ko yafashe ubutegetsi mu mahoro, bizwi neza ko yisasiye imbaga y’abantu cyane cyane abanyapolitiki n’abacuruzi bakomokaga mu cyitwaga Gitarama.

Ibyo Jozefu Matata yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Gaspard Musabyimana kuri Radiyo ye Inkingi ikorera kuri Internet aho yagize ati “….Perezida Habyarimana wenda wavugako yakoresheje intwaro ariko nta ntambara yabaye, ni ukuvuga ko ubutegetsi bwe bwaranzwe n’amahoro kuko na kudeta yayikoze mu mahoro ngirango hapfuye abantu bake, uretse abantu baje kugwa muri za gereza nyuma b’abanya Gitarama…”

Muri iryo tangazo Bizindoli arakomeza agira ati ‘’Byaradutangaje kandi biratubabaza, ni ryari umuntu nkawe yaje kwiyumvisha ko urupfu iyicarubozo by’abanyapolitiki, abasirikare, n’abandi bose baguye muri Gereza za Ruhengeli na Gisenyi nyuma ya kudeta, ari akantu gato kadakwiye guhabwa agaciro? Ese abishingira kuki”?

Matata utaka Habyarimana, yihisha mu gicucu cyuko ngo ari umuntu uharanira uburenganzira bwa Muntu nyamara agamije gukwirakwiza ibitekerezo bye bwite bishingiye ku rwango no gihakana Jenoside yakorewe abatutsi. Nyuma yo gutangaza ibi, abakomoka muri iyo miryango bariye karungu amakuru agera kuri Rushyashya nuko Matata ari gushaka inzira yanyuzamo agasaba imbabazi.

Ubwo Perezida Habyarimana yafataga ubutegetsi ku ngufu muri 1973, Abatutsi benshi barishwe abandi birukanwa mu mashuri no mu kazi, kuko icyuho cyabonekaga bahitaga bicwa, ndetse no mubo yitaga abanyenduga bakomokaga mu majyepfo abandi abafungira muri Gereza ya Ruhengeli; abenshi barishwe nuko mu mwaka wa 1985 atangaza ko abafunzwe bose bapfuye.

Abiciwe imiryango muri 1973 bari mu bihugu by’iburayi bateguye ibikorwa bitandukanye byo kwibuka ababyeyi, abavandimwe n’inshuti zabo, ariko abo bita abakiga bagize uruhare mu iyicwa ryabo ntibabyishimira. Abenshi mu banyapolitiki bishwe bari hagati y’imyaka 26 na 40.

Ibi Matata yavuze byo kweza Habyarimana n’agatsiko ke,  ni ibyiyongera mu byaha akora buri munsi bigamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Uruhare Leta ya Habyarimana yagize ntawe utaruzi dore ko Leta ye yatangiriye mu maraso isoreza mu maraso. Kimwe n’Abatutsi bishwe guhera 1959 kugeza 1973, imiryango yabo hamwe niya banyapolitiki ntabwo yari yemewe kuvuga iby’urupfu rwabo naho ubutabera abo baregaga nibo baregeraga.

 

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba kumva ko umutekano wabo urinzwe, kandi usesuye

Ubwanditsi 08 Nov 2019
Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Jun 2022
Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 01 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020
Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda
POLITIKI

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops
Amakuru

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Ubwanditsi 03 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru