• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Congo, aravuga ko abarwanyi bari hagati y’ijana na maganabili bavuye mu mutwe w’inyeshyamba za RNC ya Kayumba Nyamwasa bagana mu gihugu  cy’u Burundi. Biturutse ku nzara n’imibereho mibi biterwa  n’ubuyobozi bubi bwikubira ibyagenewe izi nyeshyamba izindi nkunga zikaribwa n’abayobozi mu gihugu cy’uburundi.

Abantu baduhaye aya makuru babihagazeho batumenyesheje ko abo barwanyi bavuze ko bari bamaze kurambirwa igihe bamaze mu ishyamba babayeho mu buzima bubi ari nako bakomeza guhangana n’imitwe y’inyeshyamba muri Congo kandi batazi icyo barwanira [ cause ].

Andi makuru kandi yemeza ko imirwano ikaze yatangiye tariki 22 Mutarama 2019 mu misozi miremire iri hejuru y’Umujyi wa Uvira muri Sud Kivu agace kavugwa ko gacumbikiye imitwe myinshi y’inyeshyamba zaturutse muri Uganda, Burundi n’inyeshyamba zisanzwe zo muri Congo. Uwaduhaye aya makuru yadutangarije ko bamwe mu baturage ba Uvira kuva iyo tariki twavuze haruguru barimo kumva urusaku rw’amasasu. Bivugwa ko ari inyeshyamba za Kayumba zasubiranyemo. Abarundi bagerageje gutabara igice kimwe kigizwe n’abarwanyi basaga 200, gisubira mu Burundi kuri ubu bakaba barihamwe n’umutwe wa FLN witirirwa Nsabimana Calixte Sankara na Paul Rusesabagina.

Ako gace kavugwa kuberamo imirwano kuva iyo tariki ya 22, ubundi  gasanzwe gacumbikiye umutwe w’inyeshyamba zirwanya Leta ya Perezida w’uBurundi Petero Nkurunziza,  harimo FNL igice cya Nzabampema, inyeshyamba za FOREBU bivugwa ko ziyobowe na Hussein Rajabu, inyeshyamba za RED Tabara ziyobowe na Alexis Sinduhije, inyeshyamba za RNC ya Kayumba Nyamwasa, FDLR, Umutwe w’inyeshyamba zo muri Congo ugizwe n’Abanyamulenge witwa Gumino,  Mai Mai Yakutumba n’indi mitwe ya za Mai Mai itabarika.

Andi makuru yemeza ko Colonel Tawimbi Richard yatawe muri yombi mu mugi wa Kinshasa. Uyu mu koloneli w’Umunyamulenge wayoboraga inyeshyamba za Gumino akaza guhamagarwa na Joseph Kabila i Kinshasa ari naho yiberaga, akaba ari nawe wari Umuhuzabikorwa w’inyeshyamba za RNC ya Kayumba Nyamwasa muri Kivu y’Amajyepfo, akazihuza n’ingabo yayoboraga  za Gumino ku bufatanye  na Leta y’Uburundi.

Callixte Nsakara yavuye muri RNC, aregwa ibyaha byinshi birimo no gushaka gufata kungufu umukobwa wa Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo yaje kwirukanwa muri uyu mutwe w’iterabwoba yifatanya na Noble Marara bashinga ishyaka RRM  [ Rwanda Revoltion Movement] Nsabimana Calixte Nsankara aribera perezida ntibyateye kabiri risohora itangazo rivuga ko  ryafashe icyemezo ntakuka cyo kwirukana Noble Marara , Camille Nkurunziza  na Andrew Kazigaba.

Aya makimbirane amaze igihe muriri shyaka ry’abahoze muri RNC ya Kayumba Nyamwasa, ashingiye mu kwiyitirira ibikorwa, imiyoborere mibi n’ubujura bushingiye ku kwakira  imisanzu kandi ntabikorwa aya mashyaka agira none bigeze no muri Congo no mu Burundi aho abo bombi bahuriye mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2019-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Ubwanditsi 04 May 2019

7 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    January 24, 20198:56 am -

    Kuki se hari abavugako abarwana batazi icyo barwanira? Gusubiza abaturage ubutaka n’indi mitungo yabo ntabwo byumvikana? Ongeraho akavuyo kari mu burezi umbwire umunyarwanda utashyigikira uwo ariwe wese wazahura igihug!

    Subiza
    • Emmy
      January 25, 20196:16 am -

      Rebero uvuze ubusa kabisa murarushywa nubusa byari kera ntamunyarwanda wakonera kwemera ko igihugu kiribwa nimbwa sha turimaso muzibeshye muze turi tayali 100% imana yacu turikumwe kd ntawifuza intambara ugira amahoro muzageraho mumve komurushywa nubusa kd nubu bamwe murabizi ko bidashoboka gusa mbabazwa nizo nzirakarengane mushora mu mutwe yiterabwoba urwo nurubyiruko rwakabaye rufite icyo rumariye igihugu none mwahisemo gukirana nibigarasha muzaze tubereke.

      Subiza
  2. Higiro Ndamage
    January 24, 201912:04 pm -

    Ariko Cyi Noble Marara cyararenganye,,hose cyigiye baracyirukana!
    Amakuru tuzi, inyeshamba za P5 zisigaye zisahura ibiryo ku ziko. Ubu abaturaje ba sud Kivu basigaye bakora uburinzi bukaze, bariguteka.

    Subiza
  3. Btwenge
    January 24, 20194:00 pm -

    Waaaaooo!!!!!

    Umukuru wa gumino atawe
    Muri yombi. Inyeshyamba
    Za Nyamwasa. Zicitsemo ibice!
    Nonese igisigaye niki????
    Nukubyina. Intsinzi
    Ejo rero ntimuzahindure amagambo
    Ariko ntago mwigeze mutubwira
    Uko bimeze murubanza
    Rwabishe. Karegeya???
    Nonese Nyakubahwa Paul
    Kagame yaba yarari Kinshasa ejo??
    Niba ataragiyeyo mutugezeho impamvu
    Ururimi numuntu ntacyo bapfana
    Ruvuga ibyo Rubonye
    Nyamara. Nyamara. Nyamara
    Nzabandora!!!!!!

    Subiza
    • Sunday
      January 24, 20194:30 pm -

      Ngo nyakubahwa? Ubwobuguru ntashobora kubugeza murikongo kuko naho ari kanokanya umutima we urakubita cyane. Abanyekongo bamubonye bamutera amagi aboze dore ko iyobamubonye amabere yikora

      Subiza
  4. コスプレ エッチ
    January 20, 20261:12 pm -

    ベビー ドール エロ” He replying seem’d;“Wait now till I return.” And she,

    Subiza
  5. エロ い コスプレ
    January 20, 20261:28 pm -

    Hearing the air cut by their verdant plumes.ベビー ドール エロThe serpent fled; and to their stations backThe angels up return’d with equal flight.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda
Amakuru

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 15 Oct 2020
Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda
Mu Mahanga

Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru