• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Ubwanditsi 16 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu nama yabereye i Génève mu Busuwisi kuri uyu wa mbere tariki 15 Gicurasi 2023, igahuza intumwa z’uRwanda, iza Kongo n’iz’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, impande uko ari eshatu zashyize umukono ku masezerano yo gucyura impunzi “ku bushake”, zaba iz’Abanyekongo ziri mu Rwanda, zaba n’iz’Abanyarwanda ziri muri Kongo.

Aho ikibazo kiri rero, ni uko amasezerano nk’aya atari ubwa mbere asinywe, kuko no mu nama zabereye i Goma n’i Kigali mu mwaka wa 2010, izo mpande zari ziyemeje gufasha impunzi gutaha ku bushake. Ubusesenguzi bugaragaza ko uRwanda rwubahirije ibyo rwari rwiyemeje, Kongo igakomeza guterera agati mu ryinyo, aho kwita ku kibazo cy’ abaturage bayo bahungiye mu Rwanda.

Ikigaragaza ko uRwanda rwashyize mu bikorwa amasezerano yo muw’2010, ni uko kuva icyo gihe hatahutse ababarirwa mu bihumbi, ubu bakaba baranafashijwe gusubira mu buzima busanzwe. Magingo aya ndetse haracyataha abandi, bakaza batanga ubuhamya ko batinze guhunguka kuko bari baragizwe ingwate n’abahisemo gufata intwaro, cyane cyane abibumbiye mu mutwe w’abajenosideri wa FDLR.

Abategetsi ba Kongo uko bagiye basimburana ku ngoma, aho gukemura ikibazo cy’umutekano muke ari nacyo abo bantu bahunze, ahubwo imitwe yitwaje intwaro yariyongereye, harimo n’iyashinzwe cyangwa ishyigikiwe na Leta. Si ibyo gusa, kuko itotezwa rishingiye ku bwoko ryatumye Abanyekongo b’Abatutsi bakomeza guhunga, iki kibazo kikaba ari na kimwe mu byatumye havuka umutwe wa M23, uvuga ko urwanira cyane cyane uburenganzira bw’ Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

HCR ivuga ko mu Rwanda hari impunzi z’Abanyekongo zisaga bihumbi mirongo irindwi na bitanu(75.000), zihamaze imyaka irenga 20, hakiyongeraho izibarirwa mu bihumbi birindwi(7.000) zaje kuva intambara yakubura muri Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mubare kandi ukomeza kwiyongera kubera intambara n’ubushyamirane byabaye akarande mu burasirazuba bwa Kongo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko itazakumira impunzi ziruhungiraho. Ikongeraho ariko ko uRwanda rudakwiye gukomeza kwikorezwa umuzigo w’impunzi z’Abanyekongo, mu gihe igihugu cyabo kidaha agaciro iki kibazo uko bikwiye, ndetse bamwe mu Banyekongo, barimo n’abategetsi, bakabita “Abanyarwanda basubiye mu gihugu cyabo”.

Nk’uko bisanzwe rero Kongo yongeye gusinya amasezerano izi neza ko itazayashyira mu bikorwa. Ikimenyetso ni uko kimwe mu by’ibanze bisabwa ngo impunzi zitahe, ari uko umutekano ubanza kugaruka aho abo bantu bari batuye, nyamara mu bice byinshi bya Kivu y’Amajyaruguru intambara iraca ibintu, imitwe y’abagizi ba nabi ntisiba kuvuka, kandi Leta nta mbaraga cyangwa ubushake igaragaza bwo kubihagarika.

Umwe mu mitwe ibuza amahwemo Abanyekongo ni FDLR igizwe n’abicanyi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba waranabibye ingengabitekerezo ya jenoside mu duce igenzura. Raporo nyinshi cyanye, zirimo iza Loni, zagaragaje ko FDLR ikorana n’ubutegetsi bwa Kongo, ikaba yarahawe rugari ngo yice inakize uwo ishaka.

Niba se n’abahanyanyaje bakaguma muri Kongo badasinzira kubera FDLR ibica, ikabasahura, igasambanya abagore ku ngufu, abahunze batinyuka bate gusubira muri uko kuzimu? Abarwanyi b’iyo FDLR kandi nibo ba Ingabire Victoire bita”impunzi” zikwiye kugirana imishyikirano na Leta y’uRwanda, zikagira ibyo zemererwa kugirango zibone gutaha. Ese iyo umuntu yafashe intwaro, akiyemeza kugaba ibitero ku gihugu yaturutsemo, nk’uko FDLR ihora ibikora, uwo muntu aba agifatwa nk’impunzi? Leta y’uRwanda ntihwema gushishikariza Abanyarwana bakiri impunzi gutaha, kuko Igihugu gihora kibategeye yombi.

Twibukiranya ko “guca burundu ikitwa ubuhunzi” biri mu mahame ya RPFF-Inkotanyi ifite ijambo mu buyobozi bw’uru Rwanda. Abadataha bafite impamvu zabo bwite, ariko biganjemo abasize bakoze ibyaha mu Rwanda, bakaba batinya ubutabera. Abo nabo ntibahejwe mu gihugu cyabo, kuko “ibyaye ikiboze irakirigata”.

Amasezerano avuguruye yo gucyura impunzi amaze gushyirirwaho umukono i Génève, ateganya ko mu kwezi kumwe abarebwa n’ayo masezerano bazahurira i Naïrobi muri Kenya, bakareba uko yatangira gushyirwa mu bikorwa. Ese Kongo izaba yashoboye gukemura ikibazo cy’umutekano, mu gihe ahubwo ababikurikiranitra habi bavuga ko bafite ubwoba ko uruvangitirane rw’ingabo z’amahanga, abacancuro n’imitwe yitwaje intwaro, rushobora gutuma ibintu birushaho kuba bibi mu burasirazuba bwa Kongo?

Mu by’ukuri gucyura impunzi muri ibi bihe birasa n’ibidashoboka. Ku ruhande rw’u Rwanda ayo masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri ufite impunzi mu nshingano, Marie Solange Kayisire. Kongo yari ihagarariwe na Minisiriri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula, naho ku ruhande rwa HCR hari Umuyobozi wayo,Filippo Grandi, ari nawe watumije iyi nama.

2023-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ubwanditsi 13 May 2016
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni
POLITIKI

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 23 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru