• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Dr Musafiri yabibasabye kuri uyu wa 12 Mata 2016, ubwo Minisiteri y’Uburezi yari mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa kibaye ku nshuro ya gatandatu, ngo gifasha abakozi b’iyi Minisiteri kuzirikana bagenzi babo bagera kuri 77, bapfuye bazira uko bavutse, gusa ngo si aba bonyine ahubwo ni uko ari bo babashije kumenyekana ndetse bakanashyingurwa.

Mu ijambo Minisitiri Dr Musafiri yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, yavuze ko abanditsi n’abashakashatsi bafite uruhare runini mu guhangana n’abapfobya Jenoside.

Yagize ati “Mboneyeho gusaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwitabira kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi , hibandwa cyane cyane ku kuvuguruza inyandiko zandikwa n’abashyigikiye ingengabitekerezo ya Jenoside, ahanini bagamije kuyipfobya kubera inyungu za Politiki”.

Akomeza avuga ko ari ngombwa ko Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bumva akamaro ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, banafata ingamba zihamye zo kurwanya ingengabitekerezo yayo mu ngeri zose, cyane ko ngo igenda ihindura isura umunsi ku wundi.

Mukabaziga Patricia warokotse Jenoside, wari ufite umugabo wakoraga muri Minisiteri y’Uburezi, yavuze uko umugabo we yishwe.

Ati “Umugabo wanjye yanyohereje mu rugo rw’umujandarume twari duturanye ngo bampishe, njyayo n’abana baratwakira, ariko uwaduhishe ni we wahuruje interahamwe zisanga umugabo wanjye aho yari ari ziramwica, maze aza mu rugo avuga ngo haruguru aho bahiciye akagabo, nanjye ndamubwira nti nyamara uwo bishe ni umugabo wanjye”.

Akomeza avuga ko ikibazo cyari gisigaye cyari icyo kumushyingura, gusa ngo yaje kubona ababimufasha n’ubwo byari bigoye, babikora uko bashoboye.

Uwari uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cyo Kurwanya Jenoside (CNLG) muri uyu muhango, Ruzindana Jean, yavuze ko kimwe mu byafasha guhangana na Jenoside, ari uko hagira inzibutso zashyirwa mu murage w’isi.

Ati “Uretse ko byaba biri mu byafasha guhangana n’abahakana n’abapfo bya Jenoside, ariko na none ni uburyo bwatuma Abanyarwanda bumva ko isi ihaye agaciro icyaha ndengakamere bakorewe, bikaba byanafasha kwemera ko no mu nyigisho hazajyamo Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Muri uyu muhango, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje amazina y’aba 77 bishwe babashije kumenyekana, ariko ngo ubushakashatsi burakomeje kugira ngo n’abandi babashe kugaragazwa, na bo bazajye bibukwa muri iyigahunda ngarukamwaka.

2016-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Editorial 30 Nov 2017
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Editorial 23 Feb 2022
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Editorial 20 Nov 2023
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo
INKURU NYAMUKURU

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda
Mu Rwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo
INKURU NYAMUKURU

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Editorial 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru