• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 27 Oct 2016 Mu Mahanga

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda riributsa abatwara abagenzi kwitonda bakubahiriza amategeko y’umuhanda cyane cyane mu gihe abanyeshuri bitegura kuva ku mashuri yabo no gutangira ibiruhuko guhera mu cyumweru gitaha.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi, yavuze ko impanuka zishobora kwiyongera bitewe n’umuvuduko ukabije wa bamwe mu batwara ibinyabiziga baba bifuza gukora ingendo nyinshi; mu gihe abanyeshuri bava ku mashuri yabo bajya mu biruhuko ndetse n’urujya n’uruza rw’abagenzi mu mpera z’umwaka.

CP Rumanzi yagize ati:” ingamba zarafashwe zo kugenzura ko ingendo zikorwa neza n’imodoka zitwara abanyeshuri bajya mu biruhuko ndetse mu mihanda yo mu Ntara niho twibanda cyane tureba ko umutekano wo mu muhanda ugenda neza bityo tugafatira ibihano abanyamakosa”.

Nk’uko byemejwe na Minisiteri y’uburezi, ibiruhuko by’abanyeshuri biteganyijwe gutangira hagati y’itariki ya 1 na 3 Ugushyingo.

Amashuri yo mu Mujyi wa Kigali n’ayo mu turere twa Huye,Nyanza,Muhanga na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo ndetse n’ayo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’iBurengerazuba azafunga tariki ya 1 Ugushyingo.

Andi mashuri yo mu turere tundi two mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’u Burengerazuba nayo azafunga tariki ya 2 Ugushyingo. Mu gihe amashuri yo mu Ntara y’I Burasirazuba n’Amajyarugura yo azafunga tariki ya 3 Ugushyingo.

CP Rumanzi yakomeje agira ati:” iyi ni gahunda ya Leta kandi igomba kubahirizwa na buri wese ku buryo abahuriye muri iki gikorwa barimo abatwara ibinyabiziga, ibigo by’amashuri,ababyeyi ndetse natwe Polisi; dusabwa twese ubufatanye mu kureba ko umutekano w’ibinyabiziga n’ababigendamo mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri wubahirizwa. Ntitwifuza kongera ibihano kubera abanyamakosa,ariko nibiba ngombwa tuzabikora tugamije kurinda impanuka no kubungabunga umutekano w’abaturage”.

Yavuze kandi ko byagaragaye ko abatwara abagenzi bagendera ku muvuduko ukabije bagamije gutanguranwa abagenzi ndetse bakifuza gukora n’ingendo nyinshi kugira ngo bakorere n’amafaranga menshi, ibi rero bikaba ari bimwe mu bitera impanuka.

Yongeye kandi kwihanangiriza abatwara abagenzi barengeje imyanya yagenwe kubireka no kubahiriza ubwishingizi bw’abagenzi baba bemerewe gutwara.

Yagaye kandi bamwe mu bashoferi baba barwanira abagenzi bashaka kubashyira mu modoka no kubakuramo vuba vuba kuburyo hari igihe bakomereka bityo abasaba kubireka.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda CP Rumanzi, yasabye kandi by’umwihariko amashyirahamwe atwara abagenzi kujya bagenzura abashoferi b’ibinyabiziga byabo ndetse bagafasha mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zose zo kubungabunga umutekano wo mu muhanda.

Ishyirwaho ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze kandi ko batangiye no gushyira mu bikorwa iyubahirizwa ry’Iteka rya Perezida N° 25/01 ryo ku wa 25/02/2015 rigena ishyirwaho n’ikoreshwa ry’Akagabanyamuvuduko modoka zitwara abagenzi n’izikora ibikorwa by’ubucuruzi mu rwego rwo gukumira impanuka z’imodoka za hato na hato zihitana ndetse zikanakomeretsa abantu.

Yagize ati:” nka Polisi y’u Rwanda, twagize umwanya uhagije wo kuganira na RURA,Minisiteri y’ibikorwa remezo, ndetse n’abatwara abagenzi; kubirebana n’uko utugabanyamuvuduko twashyirwa mu modoka, ariko birababaje kuba hari bamwe mu batwara abagenzi babyanze;tugeze igihe cyo gushyira mu bikorwa ibyo amategeko ateganya.”

“Imodoka zose zizatwara abanyeshuri bajya mu biruhuko zigomba kubahiriza ibyavuzwe hejuru no kuba zifite utugabanyamuvuduko, kandi tuzabigenzura ko byubahirijwe”.

Utwo twuma twerekana ko imodoka itagomba kurenza km60/h ndetse igipimo kikaba gishobora no kumanuka kugera kuri km25/h; kuburyo igipimo ntarengwa iyo kitubahirijwe bigaragara.

-4492.jpg

Abanyeshuri

Harimo kandi ububiko muri mudasobwa bwereka umugenzuzi cyangwa ushinzwe umutekano wo mu muhanda uko umuvuduko w’ikinyabiziga wari umeze ndetse n’amakosa y’ikinyabiziga.

RNP

2016-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya
HIRYA NO HINO

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Ubwanditsi 23 May 2017
Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase
HIRYA NO HINO

Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.
Mu Rwanda

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru