• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ibaruwa Rushyashya yashoboye kubonera kopi, yashyizweho umukono na Gasana Alice, mushiki wa Gasana Eugène Richard, uyu mubyeyi akaba ari nawe mukuru mu muryango wabo, ugizwe n’abana 4. Mu mvugo igaragaramo agahinda gakomeye, Madamu Gasana Alice avuga ko imyitwarire ya musaza we itandukanye n’uburere yahawe mu muryango, ngo ikaba yarashenguye umutima abo bavukana, inatera isoni umuryango wose. Gasana Alice avuga ko urebye uburyo Gasana Richard yakuze, n’icyizere uRwanda rutahwemye kumugirira, byagombye kumuha indangagaciro zo gukunda Igihugu cye, aho kwirirwa acyandagaza mu batagikunda.

Uyu mubyeyi ati:” Tumaze imyaka 4 twumva ibibi bikorwa na musaza wanjye Gasana Eugène Rishard, n’ibyo agiramo uruhare, bikatubabaza cyane. Mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ko umuryango wacu witandukanyije nabyo, mu mvugo no mu ngiro….Gasana Eugène mwana wa mama, kuva mu bwana bwawe waranyubahaga. N’ubu ndagushishikariza kureka ibibi uvugwamo, ugasaba imbabazi uRwanda n’Abanyarwanda. Niba kandi utaratera intambwe ngo uzisabe, njye ndazigusabiye kuko dusangiye amaraso”.

Gasana Eugène Richard yakoze imirimo ikomeye mu Rwanda, harimo no kuruhagararira mu Muryango w’Abibumbye mu gihe cy’imyaka hafi 5 ,uhereye muw’2012 . Nk’uko bisanzwe bigenda ku bahagarariye ibihugu byabo mu mahanga iyo bahinduriwe imirimo, Gasana Eugène Richard nawe yarahamagajwe, ariko yanga kugaruka mu Rwanda, ahubwo aboneza muri wa mutwe w’iterabwoba, RNC, anaba umwe mu bahuzabikorwa b’ibigarasha. Yagaragaye kenshi mu nama zitegura kugirira nabi uRwanda, nk’iyamuhuje na Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni muri Werurwe 2019, hakusanywa inkuga ya RNC.

Muri iyi minsi kandi haravugwa urubanza Gasana Eugène Richard aregwamo gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa wakoze nk’uwimenyereza akazi muri Ambasade y’uRwanda Gasana yakoreyemo amanyanga atabarika. Biranavugwa ko uru rukozasoni (yagize umwuga kuko ari ingeso asazanye), rwamuteranyije bikomeye n’umugore we”TETELI”, uretse ko uyu nawe atoroshye mu gucuruza umubiri n’amagambo, ubu akaba ari ikigarasha-gore gikuru.

Ibya “Teteli” watatiye igihango cy’umuryango we watsembwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi,i Nyamirambo ya Kigali, tuzabigarukaho ubutaha.

2020-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi,  anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Ubwanditsi 10 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa
POLITIKI

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi
IKORANABUHANGA

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru