• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Ubwanditsi 21 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ese Kaminuza ikuze muri Uganda ya Makerere, yaba yarinjiye mu mugambi w’ubutegetsi bw’icyo gihugu wo gusakaza icengezamatwara rigamije guharabika u Rwanda?

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter ku wa 19 Werurwe 2020, Kaminuza ya Makerere yagaragaje ko yiteguye gutanga izina ryayo rigakoreshwa na Uganda muri gahunda yayo yo gukwiza ibihuha ku Rwanda.

Urukuta rwa Twitter rwemewe rw’iyo kaminuza rwanyujijweho ubutumwa buvuga ko “Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Makerere bwagaragaje ko Coronavirus yabonetse mu ducurama ifitanye isano ya hafi n’abantu bo mu Rwanda.’’

Makerere yigeze kuba kaminuza ifite icyubahiro ku Isi yose by’umwihariko kubera ubushakashatsi mu bijyanye n’ubuvuzi, imaze igihe igenda isubira inyuma.

Ibihe by’akanda muri Kaminuza ya Makerere byatangiye kwigaragaza ahagana mu 1980, ariko bivuduka kurushaho kuva ubwo Museveni yafataga ubutegetsi (1986).

Ku butegetsi bwa Museveni, izina “Makerere” ryataye agaciro, ubucucike mu ishuri, laboratwari n’ibindi bikorwaremezo bidashamaje, abarimu batanyuzwe kubera umushahara muke bituma ruswa yarimakajwe bitewe n’abagura amanota.

Uyu munsi werekanye ikimenyetso ko abayoboye Makerere biteguye kudubika iyi kaminuza aho irushaho gutakarizwa icyizere ahantu hose. Ubwo butumwa (tweet) buharabika Abanyarwanda ko bari kwandura Coronavirus yavuye mu ducurama, ni urugero rwiza, umuntu wese yabona.

Abamenyereye ibikorwa bibumbiye mu icengezamatwara ry’inzego za Uganda bahamya ko gucura umugambi wo guharabika u Rwanda ari ubutumwa bwashoboraga kunyuzwa kuri Twitter z’ibinyamakuru nka Chimpreports, Spyreports, Softpower n’izindi nzira zigenzurwa n’Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) cyangwa Perezidansi y’iki gihugu.

Abasesenguzi bagaragaza ko kubona tweet ya Makerere yashyizwemo n’ubushakashatsi bufite umutwe uvuga ko “Coronavirus yabonetse mu ducurama ifitanye isano ya hafi n’abantu bo mu Rwanda’’, biratuma abantu bibaza niba CMI yatangiye no gukorera muri kaminuza.

Mbere na mbere, nta bunararibonye buhambaye bisaba ngo umuntu abone ko uwatangaje ubwo bushakashatsi bugaragara ku rubuga rwa Kaminuza ya Makerere, yijanditse mu gikorwa giteye ikimwaro uhereye ku mutwe wayo ushaka gushitura abantu.

Gutangaza ko hari uwasanze Coronavirus mu ducurama ubwabyo si inkuru yo gushyuhira na busa. Ni ibiremwa biremwe mu buryo bishobora kugira ubwoko bwinshi bwa Coronavirus ndetse nta wasaba igihembo cyangwa ishimwe avuga ko ‘yavumbuye’ ibi.

Icya kabiri, iyi nyigo yakozwe hagati ya 2010 na 2014, itangazwa mu 2019. Yabaye intangiriro yo gukora inyigo kuri virus ya SARS ishobora kwandura binyuze mu dutonyanga duto tunyura mu mwuka mu gihe uyifite akoroye, yitsamuye cyangwa avuze ndetse no ku bundi bwoko bwa Coronavirus bushobora kuboneka mu ducurama.

Umushakashatsi ntiyigeze akomoza kuri Coronavirus nshya, COVID-19, icyorezo cyibasiye Isi.

Ariko mu buryo bwo kwigiza nkana, Urukuta rwa Twitter rwa Makerere rwakoresheje amagambo agamije kuyobya rubanda bakoresha ijambo “Coronavirus” ariko batayindukanyije na COVID-19 yugarije Isi. Mu nyandiko yabo bongeyemo ijambo u Rwanda, bizera ko ntawe uzatahura umugambi wabo wo kuyobya imbaga.

Abasesenguzi bavuga ko abahanga mu gukwirakwiza icengezamatwara ubusanzwe baba bafite impano yo gusigiriza ikintu kibi kikavamo inkuru ifite gihamya.

Uwakoze icengezamatwara yifashishije Kaminuza ya Makerere yakoresheje ubumenyi bukiri hasi ubwo yavugaga ko coronavirus ishobora kuboneka mu ducurama two mu Rwanda, Uganda, Kenya, Aziya n’ahandi.

Yabikoze nk’uzi neza ko mu bihe Isi irimo kubera ikwirakwira rya “COVID19”, abantu bazabona ijambo “coronavirus” ariko ntibamenye ko icyo cyorezo atari cyo cyavuzwe, ashaka guharabika u Rwanda.

Twifashishije amwe mu magambo ari muri ubwo bushakashatsi, umwanditsi hari aho agaragaza ko “uducurama tuba hafi y’abantu mu Rwanda twagaragaye nk’udushobora gukwirakwiza virusi byihuse.’’

Imvugo nk’izi uramutse uzihuje n’umutwe w’ubushakashatsi, zishobora kwemeza umusomyi ko Abanyarwanda bibasiwe bikomeye na COVID-19.

Umusomyi usesengura aha ashobora kwibaza “Ni iyihe mpamvu abantu bo muri Kaminuza ya Makerere bashishikajwe no gutangaza kuri Twitter, no gutanga imvano y’iyo raporo nyamara yaragiye hanze mu mwaka ushize?’’

Icya kabiri wakwibaza, niba uducurama two mu Rwanda dufite virus ya Coronavirus itera COVID-19, ni gute ishobora kuva mu ducurama ikagera mu bantu? Iyo ngirwa raporo ntacyo ibivugaho.

Abanyarwanda ntibarya cyangwa ngo bagirane urugwiro n’uducurama. Indwara na virusi byo mu ducurama nitwo zigumamo, iyo zibera kure mu biti aho abantu batagera cyane ko tuguruka mu ijoro ndetse tukaba tudashobora kwanduza abantu.

Abasesenguzi babona neza ko abanditse inkuru ziharabika u Rwanda bazinyujije kuri Twitter, bafite umugambi wo gukoresha COVID-19 nk’intwaro yo gusiga u Rwanda icyasha.

Usesenguye neza ibihamya wabona ko amagambo yatangajwe agamije kurema ibihuha, mu mugambi uhishe wa CMI wo gusebya u Rwanda.

Inkomoko ya COVID-19 irazwi neza. Yatangiriye muri Aziya, ifata u Burayi na Amerika mbere yo kugera muri Afurika.

Gutiza izina “Makerere” ku batifuriza u Rwanda ineza babinyujije mu nkuru ziyobya, ababyihishe inyuma bashimangiye ko ari ikindi gihamya.

Iminsi y’ubunyamwuga, kubahwa no kugirirwa icyizere muri Kaminuza ya Makerere, yararangiye, yagiye nka nyomberi nk’ibindi bintu byinshi muri Uganda kuva mu myaka 34 ishize.

Benshi mu basoza amasomo muri Makerere bamaze igihe bitotomba ko ruswa, ikimenyane biri mu ndangagaciro zimakajwe, zigahabwa intebe kuri ubu. Hari abasesenguzi bagaragaza ko ibi bikorwa bifitanye isano n’imyitwarire y’abayobozi bakuru b’igihugu.

Mu minsi mike ishize, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, ahagararanye na Perezida Museveni n’undi mugabo w’Umuhinde witwa Sarfaraz Niazi n’abandi bantu bake yatangaje ko “Uganda ifite umuti wa COVID19!” Museveni yahise yemeranya na we avuga ko “Uriya muti uzarangiza iyi Coronavirus! Iyi ndwara izashira ariko hazabaho izindi virusi, ku buryo uwo muti uzaba ufite ubushobozi bwo kuzica nazo.’’

Niazi, bivugwa ko yavumbuye uwo muti, yumvikanye avuga ko “Ushobora kwica virusi zose.’’

Abantu muri Uganda no hanze yayo babanje kugwa mu kantu. Ariko baje kubona ko bwari ‘ubwiyemezi’ bwa Museveni n’uburyarya; bwaje gushimangirwa n’igitwenge cya Kadaga, Museveni n’uwavumbuye umuti, cyari icy’urumenesha.

Umwe mu Banya-Uganda abinyujije kuri Twitter yavuze ko ‘‘Uku niko igihugu cyahindutse, uko twagiye twijandika mu bintu bidakwiye.’’

2020-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Ubwanditsi 16 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka
INKURU NYAMUKURU

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Nov 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 11 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru