• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Crispin Atama Tabe mu butumwa yagejeje ku ngabo z’iki gihugu, yazimenyesheje ko hari umugambi uhuriweho n’inyeshyamba za FDLR na Kayumba Nyamwasa wo gutera u Rwanda baturutse ku butaka bwa Congo.

Ibi Minisitiri Atama yabitangaje ku wa 18 Mutarama 2019, ndetse binashimangirwa n’intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Congo, Leila Zerrougui, aho bashimangira ko uwo mugambi izi nyeshyamba zifite igomba gutangirira ku butaka bwa Congo, bakagaba ibitero mu Rwanda.

Nk’uko ikinyamakuru ActualiteCD cyo muri Congo kibitangaza, ngo izi nyeshyamba ziteganya kuzagaba ibitero ziturutse muri Kivu y’Amajyepfo, ibitero ngo bikazaba biyobowe na Kayumba Nyamwasa wahoze afite ipeti rya Jenerali mu gisirikare cy’u Rwanda.

Atama avuga ko abarwanyi ba FDLR bagenda bava hirya no hino mu bice bari baherereyemo muri Congo, bagana mu gace ka Masisi kugira ngo bishyire hamwe. Arasaba abasirikare ba FARDC na Monusco gufatanya bakaburizamo uwo mugambi.

Yagize ati “….Amakuru atugeraho ni ay’uko FDLR irimo kwimura ibyayo igana i Mwesi muri Teritwari ya Masisi iri muri Kivu y’Amajyaruguru zikerekeza mu y’Epfo zibisabwe na Gen Kayumba Nyamwasa kugira ngo bategure igitero cy’intambara ku Rwanda baturutse ku butaka bwa Congo”.

Ibi bibaye nyuma y’ifatwa ryo mu Ukuboza umwaka ushize  rya La Forge Fils Bazehe, wari umuvugizi wa FDLR ndetse n’uwari ashinzwe iperereza, bigatangazwa ko bari bavuye muri Uganda guhura n’abandi bayobozi.

Atama “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibanye neza n’amahanga, ntabwo izemerera umutwe uwo ari wo wese w’inyeshyamba kuba wagaba ibitero ku Leta duturanye, ndahamagarira ingabo za Monusco ndetse na FARDC kuburizamo uwo mushinga w’iterabwoba ushobora guhungabanya akarere kose muri rusange”.

Inyeshyamba za FADLR zigizwe na bamwe bashinjwa ibyaha bya jenoside basize bakoze muri jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, zimaze imyaka isaga 24 mu mashyamba ya Congo.

Src : Bwiza

2019-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026
Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Ubwanditsi 25 Feb 2018
Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Ubwanditsi 12 Jan 2021
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025

6 Ibitekerezo

  1. katsibwenene
    January 29, 201910:13 am -

    imbwa yarashyutswe irapfa. bihorerere biyahure, ariko Kayumba ntazabashuke azafate imbunda ajye imbere

    Subiza
    • JB
      January 29, 201910:47 am -

      Ejo azadutangaluza ko bamucitse nkuko Museveni yavuze 1990 ?
      Abanyafrika twaragowe
      Aho gushyira ingufu zose mukubaka ibihugu mayakaramiye abakene tuyamalira mukugura amasasu inganda zibikora za mpatsibihugu zitera imbere.
      Abatuyobora nabo bakavanamo ayabo nimilyango yabo bakilyohera

      Subiza
  2. Emmy
    January 29, 20191:46 pm -

    Ibi naramuka abikoze azaba akoze igikorwa cy’indashyikirwa pe nkumunyafrica wihesha agaciro akagahesha nigihugu cye.burya urugo rwumuturanyi iyo rufite ibibazo nawe ntamahoro uba ufite uko byagenda kose bikugiraho ingaruka.abanyekongo igihe bamaze mu bibazo bya ziriya nyeshyamba kirahagije niba ari inyungu barayibonye niba ari nigihombo.barakibonye nahabo ho gufata umwanzuro kuko ntushobora gutera imbere utagira umutekano.

    Subiza
    • nkotanyi
      January 30, 20196:38 am -

      buriya congo izatera imbere aruko FADLR itakiri hariya ariko abakongomani nibakure umwanda hariya

      Subiza
  3. nkotanyi
    January 30, 20196:32 am -

    Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Crispin Atama ni umugabo kbs Imana imuhe umugisha nibarwanye izo nkozi zibibi nibinashoboka natwe tuzabafasha nkunda umugabo ntacyo ampaye umuntu wese wifuriza urwanda amahoro uwo turikumwe.

    Subiza
  4. Btwenge
    January 30, 20199:43 pm -

    TWIBAGIRWA VUBA
    TWIBAGIWE. NKUNDA
    NTAGANDA. MAKENGA
    UKUNTU TWABAFANAGA
    NONE DUHINGUYE UMUVUNO
    BYOSE NUBUSA
    UZABIKEMURA NUMWE GUSA
    ARIKOWE ATINDA KURAKARA
    KANDI NTAGO YIFUZA YUKO
    HAGIRA URIMBUKA

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS
Mu Mahanga

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse
ITOHOZA

Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare
HIRYA NO HINO

Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare

Ubwanditsi 28 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru