• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije umushinga wo kongerera ubushobozi uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bukoreshwa n’abacuruzi mu gutanga inyemezabwishyu (EBM2.0), uzatwara miliyoni 8,65$.

Uyu mushinga wafunguwe kuri uyu wa 7 Werurwe, watewe inkunga ya miliyoni 6$ n’Umuryango mpuzamahanga w’Abanya-Koreya y’Epfo(KOICA), RRA iwutangaho miliyoni 2,65$ yose azifashishwa mu guhugura abakozi, kuwutegura, kuwumenyekashisha, kugura ibikoresho n’ibindi.

Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, Lee Byung Hwa, yavuze ko uyu mushinga uzakuraho imbogamizi zitandukanye abasora bagiraga, ukongera ingano y’umusoro kandi mu mucyo.

Ati “Mu bufatanye bwacu na RRA, turi gufasha guverinoma y’u Rwanda gukora iki gikorwa gikomeye cyo gushyiraho uburyo bworoshye kandi buhendutse no kongerera ubushobozi abashinzwe iby’imisoro.”

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu kuko ‘Ari porogaramu (Software) dushyira muri mudasobwa n’ibindi bikoresho bishobora kuyakira birimo na Telefone’.

Ati “Ku buryo(Porogaramu) ariyo ushyira muri icyo gikoresho ukaba ariyo ukoresha mu gutanga inyemezabwishyu. Icyiza cyo ni uko hagize ikibazo kigaragara utirirwa uza ku kigo cy’imisoro n’amahoro ngo tuguhe ubufasha.”

Yasobanuye ko icyo umuntu azajya akora agize ikibazo ari uguhamagara muri RRA abakozi baho bakayireba bifashishije ikoranabuhanga, bakamufasha atiriwe ajyayo kandi ku buntu.

Ikindi abacuruzi bazunguka ni uko porogaramu ya EBM 2.0 bazajya bayihabwa ku buntu ku bafite ibikoresho bizakira mu gihe utumashini twa EBM batuguraga.

Uretse uburyo bwo gutanga iyi porogaramu, RRA izanashyiraho uburyo umuntu yuzuriza ibisabwa kuri internet agahita ahabwa inyemezabwishyu.

Mbera ati “Ikigiye gukorwa ni ukuyitegura ku buryo uhereye muri Mutarama 2020 tuzaba dufite uburyo bwa mbere tuzaba twatangiye gukoresha.”

Yakomeje avuga ko RRA irajwe ishinga no gushaka icyafasha abasora kuzuza inshingano zabo, baba hari icyo badasobanukiwe bakayegera kandi bakarushaho kwifashisha no kujyana n’ikoranabuhanga.

Mu Rwanda habarubwa abasora umusoro nyongeragaciro banditse basaga ibihumbi 26 barimo 19 800 bakoresha EBM.

Bamwe mu bayobozi ba KOICA izatera inkunga uyu mushinga

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu

Uyu mushinga washyizwe mu bikorwa ku nkunga ya RRA na KOICA
Inkuru ya IGIHE

2019-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Umukobwa w’iRobot yitwa  ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Umukobwa w’iRobot yitwa ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Ubwanditsi 15 Apr 2019
Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa
INKURU NYAMUKURU

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2
Amakuru

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru