• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Ubwanditsi 04 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Gasana Joel yakoze porogaramu yitwa CompanionApp, ifasha abaganga gukurikirana umunsi ku munsi ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida, ndetse no kumenya niba bafata imiti igabanya ubukana uko bikwiye.

Gasana Joel yiga mu mwaka wa gatandatu ari na wo wa nyuma w’ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda. Afite imyaka 25 y’amavuko akaba umwe mu banyafurika bakiri bato batanga icyizere ko bagira uruhare mu guteza imbere ubumenyi kuri uyu mugabane.

Icyizere atanga gishingiye ku gashya yahanze agamije guhuza abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA n’abaganga kugira ngo abaganga babashe gukurikirana abafata iyo miti no kumenya niba bayifata neza kandi ku gihe.

Avuga ko impamvu yabimuteye ari ukwiyemeza kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA nk’uko imibare ya Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA ibigaragaza.

Iyo mibare igaragaraza ko 80% by’abarwayi ba SIDA mu Rwanda bafata imiti, ariko 27% byabo ntibayifata neza. Byatumye mu mwaka wa 2016 mu Rwanda hari abantu 3,300 bapfuye kubera kudafata imiti neza hakaba n’abana bangana na 6,7% bavukana uburwayi bwa SIDA, kandi nyamara ngo bidakwiye.

Iyo porogaramu ijya muri telefoni y’umurwayi cyangwa se agakoresha uburyo bwo kohereza ubutumwa bugufi (SMS) bwibutsa umurwayi gufata umuti noneho akanemeza muri telefoni ko yawufashe kugira ngo muganga aho ari abibone.

Gasana ati “Mu gihe muganga atabibonye ahamagara umurwayi akaba yanamukurikirana, kandi iyo porogaramu ituma n’umuntu waba ufite isoni zo kuba yajya gufata imiti ku mugaragaro, twebwe turamworohereza tukayimuzanira ahantu atuye. Kandi umurwayi ashobora no kuvugisha muganga mu buryo bwihuse akoresheje iyo application.”

Uyu munyeshuri wiga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda afite abandi batanu barimo bagenzi be biga ubuganga n’abize ibindi nk’ikoranabuhanga bazi gukora iby’amaporogaramu cyangwa se application bafatanya bakaba bamaze imyaka ibiri batangiye gukora iyo porogaramu.

Nubwo bakiri abanyeshuri ariko bagize amahirwe yo kubona inkunga mu bigo bitandukanye ibafasha guteza imbere ubushakashatsi bwabo no kunoza iyo porogaramu. Gusa aho bifuza ngo ntabwo barahagera ari na yo mpamvu bacyeneye ubufasha

Ati “Turacyakeneye kwagura kandi dukeneye no gukorana na Leta n’abandi bafatanyabikorwa bose kugira ngo tugeze serivisi ku barwayi. Ni byo twifuza ubungubu mu bafatanyabikorwa.”

Gasana Joel avuga ko ubu buryo bwa CompanionApp bwo guhana amakuru hagati y’ufite ubwandu bwa SIDA na muganga bukirimo kugeragezwa hanyuma bukazahita buboneka kwa muganga bukazagera no ku wundi muntu wese ubukeneye hagati muri uyu mwaka wa 2018, ni ukuvuga mu mezi abiri cyangwa atatu nyuma y’uko bumaze kugeragezwa.

JPEG - 100.9 kb
Gasana Joel ni umwe mu rubyiruko rutanga icyizere cy’ahazaza ha Afurika mu iterambere rya Siyansi

Ku ikubitiro barateganya kuzabukoresha mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) byakira abababarirwa mu 1000 ku mwaka bafite ubwandu bwa SIDA n’iby’i Kigali (CHUK) byakira ababarirwa ku bihumbi bibiri.

Ati “turasaba n’ibindi bitaro cyangwa n’ahandi hantu bifuza kuba babugerageza hakiri kare ko baza bakatureba tukaba twakorana na bo kuko byafasha n’abarwayi babo. Kandi turimo no gushaka kubwagura ntidukurikirane abarwayi ba SIDA gusa tukaba twakurikirana n’abandi barwayi bakoresha imiti mu gihe kirekire.”

Joel Gasana washinze akaba ari na we uyobora ikigo Companion ari na cyo gikora porogaramu ya CompanionApp ni umwe mu bakiri bato b’abahanga bamuritse ibyo bagezeho mu guteza imbere imibare, siyansi n’ikoranabuhanga muri Afurika mu nama ya Next Einstein Forum yabereye mu Rwanda ku matariki ya 26 – 28 Werurwe 2018 kugira ngo bibe byagirira akamaro Afurika n’isi muri rusange.

Ni uburyo ba nyirabwo bavuga ko bwagira akamaro by’umwihariko mu Rwanda kuko bwakorohereza abarwayi bahuriraga kwa muganga ari benshi bitewe n’uko Leta yashyizeho gahunda yo kuvura abafite ubwandu bwa SIDA bose kandi ikabavurira ubuntu.

Ubwinshi bwabo ngo hari igihe butuma badahabwa serivisi nziza cyangwa bamwe kuhagera bikabagora kuko baturuka kure cyangwa se bakaba batinya abababona bajya gufata imiti.

Aba bose ngo bwabagirira akamaro kuko hari uburyo bworoshye butekerezwa bwo kubagezaho imiti kandi n’ubavura akabakurikiranira iwabo hifashishijwe telefoni bitabaye ngombwa ko bahora bajya kwa muganga.

Ni uburyo bukiri mu igeragezwa, bakaba basaba Leta n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye kubashyigikira no kuborohereza kugeza porogaramu yabo ku barwayi bayikeneye.

Kanda aha urebe uko iri koranabuhanga rikora

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money

MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money

Ubwanditsi 22 May 2018
Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa
Mu Mahanga

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.
Mu Mahanga

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru