• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Ubwanditsi 04 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Gasana Joel yakoze porogaramu yitwa CompanionApp, ifasha abaganga gukurikirana umunsi ku munsi ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida, ndetse no kumenya niba bafata imiti igabanya ubukana uko bikwiye.

Gasana Joel yiga mu mwaka wa gatandatu ari na wo wa nyuma w’ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda. Afite imyaka 25 y’amavuko akaba umwe mu banyafurika bakiri bato batanga icyizere ko bagira uruhare mu guteza imbere ubumenyi kuri uyu mugabane.

Icyizere atanga gishingiye ku gashya yahanze agamije guhuza abafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA n’abaganga kugira ngo abaganga babashe gukurikirana abafata iyo miti no kumenya niba bayifata neza kandi ku gihe.

Avuga ko impamvu yabimuteye ari ukwiyemeza kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA nk’uko imibare ya Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA ibigaragaza.

Iyo mibare igaragaraza ko 80% by’abarwayi ba SIDA mu Rwanda bafata imiti, ariko 27% byabo ntibayifata neza. Byatumye mu mwaka wa 2016 mu Rwanda hari abantu 3,300 bapfuye kubera kudafata imiti neza hakaba n’abana bangana na 6,7% bavukana uburwayi bwa SIDA, kandi nyamara ngo bidakwiye.

Iyo porogaramu ijya muri telefoni y’umurwayi cyangwa se agakoresha uburyo bwo kohereza ubutumwa bugufi (SMS) bwibutsa umurwayi gufata umuti noneho akanemeza muri telefoni ko yawufashe kugira ngo muganga aho ari abibone.

Gasana ati “Mu gihe muganga atabibonye ahamagara umurwayi akaba yanamukurikirana, kandi iyo porogaramu ituma n’umuntu waba ufite isoni zo kuba yajya gufata imiti ku mugaragaro, twebwe turamworohereza tukayimuzanira ahantu atuye. Kandi umurwayi ashobora no kuvugisha muganga mu buryo bwihuse akoresheje iyo application.”

Uyu munyeshuri wiga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda afite abandi batanu barimo bagenzi be biga ubuganga n’abize ibindi nk’ikoranabuhanga bazi gukora iby’amaporogaramu cyangwa se application bafatanya bakaba bamaze imyaka ibiri batangiye gukora iyo porogaramu.

Nubwo bakiri abanyeshuri ariko bagize amahirwe yo kubona inkunga mu bigo bitandukanye ibafasha guteza imbere ubushakashatsi bwabo no kunoza iyo porogaramu. Gusa aho bifuza ngo ntabwo barahagera ari na yo mpamvu bacyeneye ubufasha

Ati “Turacyakeneye kwagura kandi dukeneye no gukorana na Leta n’abandi bafatanyabikorwa bose kugira ngo tugeze serivisi ku barwayi. Ni byo twifuza ubungubu mu bafatanyabikorwa.”

Gasana Joel avuga ko ubu buryo bwa CompanionApp bwo guhana amakuru hagati y’ufite ubwandu bwa SIDA na muganga bukirimo kugeragezwa hanyuma bukazahita buboneka kwa muganga bukazagera no ku wundi muntu wese ubukeneye hagati muri uyu mwaka wa 2018, ni ukuvuga mu mezi abiri cyangwa atatu nyuma y’uko bumaze kugeragezwa.

JPEG - 100.9 kb
Gasana Joel ni umwe mu rubyiruko rutanga icyizere cy’ahazaza ha Afurika mu iterambere rya Siyansi

Ku ikubitiro barateganya kuzabukoresha mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) byakira abababarirwa mu 1000 ku mwaka bafite ubwandu bwa SIDA n’iby’i Kigali (CHUK) byakira ababarirwa ku bihumbi bibiri.

Ati “turasaba n’ibindi bitaro cyangwa n’ahandi hantu bifuza kuba babugerageza hakiri kare ko baza bakatureba tukaba twakorana na bo kuko byafasha n’abarwayi babo. Kandi turimo no gushaka kubwagura ntidukurikirane abarwayi ba SIDA gusa tukaba twakurikirana n’abandi barwayi bakoresha imiti mu gihe kirekire.”

Joel Gasana washinze akaba ari na we uyobora ikigo Companion ari na cyo gikora porogaramu ya CompanionApp ni umwe mu bakiri bato b’abahanga bamuritse ibyo bagezeho mu guteza imbere imibare, siyansi n’ikoranabuhanga muri Afurika mu nama ya Next Einstein Forum yabereye mu Rwanda ku matariki ya 26 – 28 Werurwe 2018 kugira ngo bibe byagirira akamaro Afurika n’isi muri rusange.

Ni uburyo ba nyirabwo bavuga ko bwagira akamaro by’umwihariko mu Rwanda kuko bwakorohereza abarwayi bahuriraga kwa muganga ari benshi bitewe n’uko Leta yashyizeho gahunda yo kuvura abafite ubwandu bwa SIDA bose kandi ikabavurira ubuntu.

Ubwinshi bwabo ngo hari igihe butuma badahabwa serivisi nziza cyangwa bamwe kuhagera bikabagora kuko baturuka kure cyangwa se bakaba batinya abababona bajya gufata imiti.

Aba bose ngo bwabagirira akamaro kuko hari uburyo bworoshye butekerezwa bwo kubagezaho imiti kandi n’ubavura akabakurikiranira iwabo hifashishijwe telefoni bitabaye ngombwa ko bahora bajya kwa muganga.

Ni uburyo bukiri mu igeragezwa, bakaba basaba Leta n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye kubashyigikira no kuborohereza kugeza porogaramu yabo ku barwayi bayikeneye.

Kanda aha urebe uko iri koranabuhanga rikora

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.
Amakuru

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017
SHOWBIZ

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru