• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu matora yakoreshejwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyitwa ‘African Leadership Magazine’.

Nk’uko icyo kinyamakuru cyabitangaje, Perezida Kagame niwe wegukanye igihembo gikuru muri ibyo bihembo byiswe ‘African Leadership Magazine Persons of the Year Awards 2017’, bibaye ku nshuro ya gatandatu.

Perezida Kagame yaje imbere, ubwo abatora bagombaga guhitamo hagati y’abantu bakomeye kuri uyu mugabane, bafite ibikorwa byahinduye abaturage ku buryo bugaragara kandi imbuto zabyo zikagera n’ahandi ku Isi.

Abo ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akuffo Addo; Umushoramari Tony Elumelu wo muri Nigeria, Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania; Umuyobozi Mukuru wa Shanduka Group, Cyril Ramaphosa (Ni na visi Perezida wa Afurika y’Epfo) n’Umuyobozi w’ikigo LADOL cyo muri Nigeria, Oladipo Jadesimi.

Amatora yakorerwaga kuri internet, urutonde rw’abatsinze rusohoka kuwa 5 Mutarama 2018.

Uretse igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka, ibi bihembo byatanzwe ku bindi byiciro bitandatu bireba ubuzima bw’uyu mugabane, bihabwa abantu bafite gahunda n’ibikorwa byagize uruhare rukomeye mu guhanga imirimo, guteza imbere amahame ya demokarasi no gushyira ku rundi rwego isura ya Afurika mu ruhando mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko abatowe bazashyikirizwa imidali kuwa 24 Gashyantare 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

Abegukanye ibihembo

Umunyafurika w’umwaka wa 2017: Perezida Paul Kagame

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels, wo muri Ethiopia n’Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania.

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Uyu mwaka hatoye bantu benshi kurusha mu bihe bishize, kuko bageze ku 288,958 bavuye ku 85,000 mu mwaka wari wabanje.

Uretse abegukanye ibihembo, hari n’abandi banyafurika bazashimirwa barimo Linah Mohohlo wabaye Guverineri wa Banki Nkuru ya Botswana kuva mu 1999 kugeza mu 2016; Fred Swaniker washinze African Leadership Academy na Tony Elumelu washinzwe Heirs Holdings.

Umwanditsi mukuru wa African Leadership Magazine , Ken Giami, yashimiye abaje ku rutonde bose kubera uruhare bagira mu guteza imbere umugabane wabo.

Yagize ati “Gutoranywa muri miliyari 1.2 z’abatuye uyu mugabane bisobanuye ibintu byinshi.”

Yavuze ko bakoze ibintu bikomeye ku kiremwamuntu kuri uyu mugabane kandi ari abantu bitanga batizigamye bagamije guhindura Afurika ahantu habereye abahatuye.

African Leadership Magazine Persons of the Year ni ibihembo bitanzwe ku nshuro ya gatandatu, bihabwa abanyafurika babaye indashyikirwa mu mwaka uba urangiye.

Abandi bantu bahawe igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka nk’icyahawe Perezida Kagame, barimo Dr. Mo Ibrahim watangije ibihembo by’imiyoborere byamwitiriwe, mu 2010; Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, mu 2011; Atiku Abubakar wabaye Visi Perezida wa Nigera, mu 2012.

Hari kandi Xavier Luc-Duval wabaye Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Mauritius akaba na Minisitiri w’imari, mu 2013; Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania, mu 2014; Goodluck Jonathan wayoboye Nigeria, mu 2015 na Mo Dewji, Umuyobozi Mukuru wa MeTL muri Tanzania, mu 2016.

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya


2018-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Feb 2021
Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ubwanditsi 05 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17
IMIKINO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!
Amakuru

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020
Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe
Mu Rwanda

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru