• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu matora yakoreshejwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyitwa ‘African Leadership Magazine’.

Nk’uko icyo kinyamakuru cyabitangaje, Perezida Kagame niwe wegukanye igihembo gikuru muri ibyo bihembo byiswe ‘African Leadership Magazine Persons of the Year Awards 2017’, bibaye ku nshuro ya gatandatu.

Perezida Kagame yaje imbere, ubwo abatora bagombaga guhitamo hagati y’abantu bakomeye kuri uyu mugabane, bafite ibikorwa byahinduye abaturage ku buryo bugaragara kandi imbuto zabyo zikagera n’ahandi ku Isi.

Abo ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akuffo Addo; Umushoramari Tony Elumelu wo muri Nigeria, Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania; Umuyobozi Mukuru wa Shanduka Group, Cyril Ramaphosa (Ni na visi Perezida wa Afurika y’Epfo) n’Umuyobozi w’ikigo LADOL cyo muri Nigeria, Oladipo Jadesimi.

Amatora yakorerwaga kuri internet, urutonde rw’abatsinze rusohoka kuwa 5 Mutarama 2018.

Uretse igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka, ibi bihembo byatanzwe ku bindi byiciro bitandatu bireba ubuzima bw’uyu mugabane, bihabwa abantu bafite gahunda n’ibikorwa byagize uruhare rukomeye mu guhanga imirimo, guteza imbere amahame ya demokarasi no gushyira ku rundi rwego isura ya Afurika mu ruhando mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko abatowe bazashyikirizwa imidali kuwa 24 Gashyantare 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

Abegukanye ibihembo

Umunyafurika w’umwaka wa 2017: Perezida Paul Kagame

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels, wo muri Ethiopia n’Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania.

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Uyu mwaka hatoye bantu benshi kurusha mu bihe bishize, kuko bageze ku 288,958 bavuye ku 85,000 mu mwaka wari wabanje.

Uretse abegukanye ibihembo, hari n’abandi banyafurika bazashimirwa barimo Linah Mohohlo wabaye Guverineri wa Banki Nkuru ya Botswana kuva mu 1999 kugeza mu 2016; Fred Swaniker washinze African Leadership Academy na Tony Elumelu washinzwe Heirs Holdings.

Umwanditsi mukuru wa African Leadership Magazine , Ken Giami, yashimiye abaje ku rutonde bose kubera uruhare bagira mu guteza imbere umugabane wabo.

Yagize ati “Gutoranywa muri miliyari 1.2 z’abatuye uyu mugabane bisobanuye ibintu byinshi.”

Yavuze ko bakoze ibintu bikomeye ku kiremwamuntu kuri uyu mugabane kandi ari abantu bitanga batizigamye bagamije guhindura Afurika ahantu habereye abahatuye.

African Leadership Magazine Persons of the Year ni ibihembo bitanzwe ku nshuro ya gatandatu, bihabwa abanyafurika babaye indashyikirwa mu mwaka uba urangiye.

Abandi bantu bahawe igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka nk’icyahawe Perezida Kagame, barimo Dr. Mo Ibrahim watangije ibihembo by’imiyoborere byamwitiriwe, mu 2010; Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, mu 2011; Atiku Abubakar wabaye Visi Perezida wa Nigera, mu 2012.

Hari kandi Xavier Luc-Duval wabaye Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Mauritius akaba na Minisitiri w’imari, mu 2013; Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania, mu 2014; Goodluck Jonathan wayoboye Nigeria, mu 2015 na Mo Dewji, Umuyobozi Mukuru wa MeTL muri Tanzania, mu 2016.

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya


2018-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Ubwanditsi 24 May 2018
Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Abagore ba FPR Inkotanyi baravuga imyato Perezida Kagame wabahaye ijambo

Ubwanditsi 02 Dec 2017
Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Ubwanditsi 30 Oct 2023
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu
Mu Mahanga

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu

Ubwanditsi 19 Apr 2016
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora
Mu Rwanda

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Ubwanditsi 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru