• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu matora yakoreshejwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyitwa ‘African Leadership Magazine’.

Nk’uko icyo kinyamakuru cyabitangaje, Perezida Kagame niwe wegukanye igihembo gikuru muri ibyo bihembo byiswe ‘African Leadership Magazine Persons of the Year Awards 2017’, bibaye ku nshuro ya gatandatu.

Perezida Kagame yaje imbere, ubwo abatora bagombaga guhitamo hagati y’abantu bakomeye kuri uyu mugabane, bafite ibikorwa byahinduye abaturage ku buryo bugaragara kandi imbuto zabyo zikagera n’ahandi ku Isi.

Abo ni Perezida wa Ghana, Nana Addo Dankwa Akuffo Addo; Umushoramari Tony Elumelu wo muri Nigeria, Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania; Umuyobozi Mukuru wa Shanduka Group, Cyril Ramaphosa (Ni na visi Perezida wa Afurika y’Epfo) n’Umuyobozi w’ikigo LADOL cyo muri Nigeria, Oladipo Jadesimi.

Amatora yakorerwaga kuri internet, urutonde rw’abatsinze rusohoka kuwa 5 Mutarama 2018.

Uretse igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka, ibi bihembo byatanzwe ku bindi byiciro bitandatu bireba ubuzima bw’uyu mugabane, bihabwa abantu bafite gahunda n’ibikorwa byagize uruhare rukomeye mu guhanga imirimo, guteza imbere amahame ya demokarasi no gushyira ku rundi rwego isura ya Afurika mu ruhando mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko abatowe bazashyikirizwa imidali kuwa 24 Gashyantare 2018, i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

Abegukanye ibihembo

Umunyafurika w’umwaka wa 2017: Perezida Paul Kagame

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels, wo muri Ethiopia n’Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania.

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Uyu mwaka hatoye bantu benshi kurusha mu bihe bishize, kuko bageze ku 288,958 bavuye ku 85,000 mu mwaka wari wabanje.

Uretse abegukanye ibihembo, hari n’abandi banyafurika bazashimirwa barimo Linah Mohohlo wabaye Guverineri wa Banki Nkuru ya Botswana kuva mu 1999 kugeza mu 2016; Fred Swaniker washinze African Leadership Academy na Tony Elumelu washinzwe Heirs Holdings.

Umwanditsi mukuru wa African Leadership Magazine , Ken Giami, yashimiye abaje ku rutonde bose kubera uruhare bagira mu guteza imbere umugabane wabo.

Yagize ati “Gutoranywa muri miliyari 1.2 z’abatuye uyu mugabane bisobanuye ibintu byinshi.”

Yavuze ko bakoze ibintu bikomeye ku kiremwamuntu kuri uyu mugabane kandi ari abantu bitanga batizigamye bagamije guhindura Afurika ahantu habereye abahatuye.

African Leadership Magazine Persons of the Year ni ibihembo bitanzwe ku nshuro ya gatandatu, bihabwa abanyafurika babaye indashyikirwa mu mwaka uba urangiye.

Abandi bantu bahawe igihembo gikuru cy’Umunyafurika w’umwaka nk’icyahawe Perezida Kagame, barimo Dr. Mo Ibrahim watangije ibihembo by’imiyoborere byamwitiriwe, mu 2010; Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, mu 2011; Atiku Abubakar wabaye Visi Perezida wa Nigera, mu 2012.

Hari kandi Xavier Luc-Duval wabaye Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Mauritius akaba na Minisitiri w’imari, mu 2013; Jakaya Kikwete wayoboye Tanzania, mu 2014; Goodluck Jonathan wayoboye Nigeria, mu 2015 na Mo Dewji, Umuyobozi Mukuru wa MeTL muri Tanzania, mu 2016.

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu miyoborere ya politiki: Marc Ravalomanana wabaye Perezida wa Madagascar

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu gutanga imirimo: Kwame Nana Bediako, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Petronia Ghana

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore wa 2017: Bethlehem Tilahum Alemu washinzwe soleRebels

Umuyobozi w’Umunyafurika w’umugore, wa 2017: Umuyobozi wa Tanjet Aviation, Suzan Mashibe, muri Tanzania

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu guteza imbere uburezi : Strive Masiyiwa washinze Econet, muri Zimbabwe

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 ukiri muto: Umuyobozi Mukuru wa Abacus Kenya, Joel Macharia

Umunyafurika w’umwaka wa 2017 mu bugiraneza: Manu Chandaria, Umuyobozi Mukuru wa Comcraft Group muri Kenya


2018-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo
Mu Mahanga

Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Ubwanditsi 21 May 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru