• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagejeje mu Rwanda Dr. Léopold Munyakazi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mugabo yari ategerejwe mu gitondo cyo kuri uyu Gatatu, ariko amasaha agenda ahinduka, kugeza ubwo indege yahageze ahagana saa kumi n’imwe zirenga hashyira saa kumi n’ebyiri.

Yururutse indege aseka, anasaba inzego z’umutekano kumutwara neza ubwo zamujyanaga ku modoka itwara imfungwa.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi, yabwiye itangazamakuru ko Munyakazi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komine Kayenzi (Icyahoze ari Perefegitura ya Gitarama), ubufatanyacyaha muri Jenoside, n’ibindi byaha bya Jenoside ubushinjacyaha bugaragaza ko yanayigizemo uruhare ubwe akaniyicira abantu.

Yagize ati “Yakoze ibikorwa bitandukanye, harimo gutegura Jenoside, harimo gushishikaza, harimo kuyishyira mu bikorwa,… kujya kuri za bariyeri areba ko abantu bariho bashyira mu bikorwa gahunda zo kwica Abatutsi icyo gihe.”

-4191.jpg

Leoport Munyakazi

-4193.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacya, Faustin Nkusi aganira n’abanyamakuru (Ifoto/Mathias H.)

Akomeza avuga ko yagaragagaye henshi muri Kayenzi bakoresha amanama mu matariki menshi, yose akangurira anashishikariza Abahutu kwica abatutsi, kandi bishyirwa mu bikorwa.

Byongeye, Nkusi agaragaza ko Hari n’abo yagiye yica, asanga no mu mazu.”

Uyu mugabo wacitse Ubutabera bwo mu Rwanda mu 2004 afunguwe by’agateganyo yari yaratse uubwenegihugu bwa USA, ariko inkiko ziza kubumwambura.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwandikiye mu mwaka ushize Ubutabera bwa USA busaba ko yakoherezwa mu Rwanda, bwishimiye igezwa mu Rwanda rya Munyakazi.

Akigezwa mu Rwanda, Uhagarariye Ambasade ya USA nawe yari kumwe n’abo mu Bushinjacyaha bw’u Rwanda, asinya ku nyandiko ko ashyikirijwe u Rwanda, ariko we nta cyo yashimye kubwira itangazamakuru, ahubwo kuri uyu wa Gatatu ngo harasohoka itangazo rivuga kuri iki gikorwa Amarika yakoranye n’u Rwanda.

-4192.jpg

Munyakazi agezwa mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, yagaragarije abanyamakuru ko u Rwanda rushima Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhitamo koherereza abakekwaho ibyaha mu Rwanda.

Yagize ati“Muri make icyo navuga ni uko igihugu kimuzanye ni igihugu cya Amerika, tunashima cyane. Kubera ko bakomeje kugaragaza ubushake bwo kohereza abantu basize bakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ngira ngo rero kuba aje, turabyishimiye, tunabyakiriye neza, twiteguye kumuha ubutabera kuko ariko dusanzwe mu Rwanda.”

Akomeza avuga ko uretse Dr Munyakazi uzanywe mu Rwanda, hari n’abandi batatu bamubanjirije Amerika yahaye u Rwanda rukababuranisha.

Agaragaza ko atari aboherejwe n’Amerika gusa, Nkusi avuga ko u Rwanda rumaze kugaragaza ko ari igihugu kimaze kugaragaza ubushobozi bwo gutanga ubutabera ku bakurikiranwaho ibyaha bazanwa mu Rwanda.

Yanagaragaje ko na Munyakazi azahabwa ubutabera bukwiye, byongeye akaba ageze mu Rwanda yamaze ngo gushakirwa umwunganira mu mategeko.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha yanavuze ko abandi bagiye boherezwa mu Rwanda, ugasanga binubira abavoka bahawe atari ikibazo, kuko hari abavoka benshi bari ku rutonde rw’Urugaga rw’Abavoka ku buryo uwakenera uwashaka yakwihitiramo.


N’andi mahanga yasabwe kurebera kuri Amerika

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burahamagarira amahanga ko ataba indiri y’abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, byongeye yanemejwe n’Umuryango Mpuzamahanga.

-4194.jpg

Acyururutswa indege

Ikindi kandi, bukagaragaza ko icyaha cya Jenoside kitakorewe Abatutsi gusa, cyakorewe n’amahanga nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu, buri gihugu kikaba gifite inshingano zo gukurikirana abagishinjwa.

Kubw’ibyo, burasaba ko igihugu icyo ari cyo cyose gucubikiye abashinjwa kuba barakoze Jenoside, cyabata muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda kuburanishirizwa aho icyaha cyakorewe, cyangwa si kikamuburanisha amategeko akamuryoza ibyo yakoze.

Siboyintore Jean Bosco ushinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bihishe mumahanga yagize ati “Ariko nticyananirwa gukora byombi, nticyananirwa kumwohereza ngo kinanirwe no kumuburanisha.”

Ubushinjacyaha bwanavuze ku Bufaranfa, bugaragaza ko u Rwanda rutaranyurwa n’intera bukurikiranaho abakekwaho ibyaha bya Jenoside.

Mangingo aya, u Bufaransa bumaze kuburanisha abantu batatu, ariko nta n’umwe bwahisemo, kohereza mu Rwanda. Bwahisemo icyo kubaburanisha.

Simbikangwa yakatiwe imyaka 25 y’igifungo ariko yarakijuriye, naho Tito na Barahira bakatirwa gufungwa burundu ariko nabo barajurira.

Ku Isi hose, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bugaragaza ko bwohereje mu bihugu impapuro zo guta muri yombi abarenga 600, arikohafashwe mbarwa nyamara ari inshingano za buri gihugu.

Bukomeza buvuga ko bushyiramo imbara bugakorana n’imiryango itandukanye bwibutsa amahanga izo nshingano.

Nkusi Faustin ati”Hari igihe wenda bizagera bakoherezwa nta gucika integer. Icyangombwa ni uko icyaha cya Jenosidse kidasaza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko Munyakazi agiye kumenyeshwa ibyaha ashinjwa. Mu minsi itanu Ubushinjacyaha bukaba buzaregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga ku ifunga n’ifungurwa. Ubundi uyu mugabo akazaburanira mu rukiko rw’i Muhanga.

Source : Izubarirashe

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero  [ AMAFOTO ]

Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 24 Feb 2017
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare
Mu Rwanda

Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru