• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagejeje mu Rwanda Dr. Léopold Munyakazi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mugabo yari ategerejwe mu gitondo cyo kuri uyu Gatatu, ariko amasaha agenda ahinduka, kugeza ubwo indege yahageze ahagana saa kumi n’imwe zirenga hashyira saa kumi n’ebyiri.

Yururutse indege aseka, anasaba inzego z’umutekano kumutwara neza ubwo zamujyanaga ku modoka itwara imfungwa.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi, yabwiye itangazamakuru ko Munyakazi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komine Kayenzi (Icyahoze ari Perefegitura ya Gitarama), ubufatanyacyaha muri Jenoside, n’ibindi byaha bya Jenoside ubushinjacyaha bugaragaza ko yanayigizemo uruhare ubwe akaniyicira abantu.

Yagize ati “Yakoze ibikorwa bitandukanye, harimo gutegura Jenoside, harimo gushishikaza, harimo kuyishyira mu bikorwa,… kujya kuri za bariyeri areba ko abantu bariho bashyira mu bikorwa gahunda zo kwica Abatutsi icyo gihe.”

-4191.jpg

Leoport Munyakazi

-4193.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacya, Faustin Nkusi aganira n’abanyamakuru (Ifoto/Mathias H.)

Akomeza avuga ko yagaragagaye henshi muri Kayenzi bakoresha amanama mu matariki menshi, yose akangurira anashishikariza Abahutu kwica abatutsi, kandi bishyirwa mu bikorwa.

Byongeye, Nkusi agaragaza ko Hari n’abo yagiye yica, asanga no mu mazu.”

Uyu mugabo wacitse Ubutabera bwo mu Rwanda mu 2004 afunguwe by’agateganyo yari yaratse uubwenegihugu bwa USA, ariko inkiko ziza kubumwambura.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwandikiye mu mwaka ushize Ubutabera bwa USA busaba ko yakoherezwa mu Rwanda, bwishimiye igezwa mu Rwanda rya Munyakazi.

Akigezwa mu Rwanda, Uhagarariye Ambasade ya USA nawe yari kumwe n’abo mu Bushinjacyaha bw’u Rwanda, asinya ku nyandiko ko ashyikirijwe u Rwanda, ariko we nta cyo yashimye kubwira itangazamakuru, ahubwo kuri uyu wa Gatatu ngo harasohoka itangazo rivuga kuri iki gikorwa Amarika yakoranye n’u Rwanda.

-4192.jpg

Munyakazi agezwa mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, yagaragarije abanyamakuru ko u Rwanda rushima Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhitamo koherereza abakekwaho ibyaha mu Rwanda.

Yagize ati“Muri make icyo navuga ni uko igihugu kimuzanye ni igihugu cya Amerika, tunashima cyane. Kubera ko bakomeje kugaragaza ubushake bwo kohereza abantu basize bakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ngira ngo rero kuba aje, turabyishimiye, tunabyakiriye neza, twiteguye kumuha ubutabera kuko ariko dusanzwe mu Rwanda.”

Akomeza avuga ko uretse Dr Munyakazi uzanywe mu Rwanda, hari n’abandi batatu bamubanjirije Amerika yahaye u Rwanda rukababuranisha.

Agaragaza ko atari aboherejwe n’Amerika gusa, Nkusi avuga ko u Rwanda rumaze kugaragaza ko ari igihugu kimaze kugaragaza ubushobozi bwo gutanga ubutabera ku bakurikiranwaho ibyaha bazanwa mu Rwanda.

Yanagaragaje ko na Munyakazi azahabwa ubutabera bukwiye, byongeye akaba ageze mu Rwanda yamaze ngo gushakirwa umwunganira mu mategeko.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha yanavuze ko abandi bagiye boherezwa mu Rwanda, ugasanga binubira abavoka bahawe atari ikibazo, kuko hari abavoka benshi bari ku rutonde rw’Urugaga rw’Abavoka ku buryo uwakenera uwashaka yakwihitiramo.


N’andi mahanga yasabwe kurebera kuri Amerika

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burahamagarira amahanga ko ataba indiri y’abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, byongeye yanemejwe n’Umuryango Mpuzamahanga.

-4194.jpg

Acyururutswa indege

Ikindi kandi, bukagaragaza ko icyaha cya Jenoside kitakorewe Abatutsi gusa, cyakorewe n’amahanga nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu, buri gihugu kikaba gifite inshingano zo gukurikirana abagishinjwa.

Kubw’ibyo, burasaba ko igihugu icyo ari cyo cyose gucubikiye abashinjwa kuba barakoze Jenoside, cyabata muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda kuburanishirizwa aho icyaha cyakorewe, cyangwa si kikamuburanisha amategeko akamuryoza ibyo yakoze.

Siboyintore Jean Bosco ushinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bihishe mumahanga yagize ati “Ariko nticyananirwa gukora byombi, nticyananirwa kumwohereza ngo kinanirwe no kumuburanisha.”

Ubushinjacyaha bwanavuze ku Bufaranfa, bugaragaza ko u Rwanda rutaranyurwa n’intera bukurikiranaho abakekwaho ibyaha bya Jenoside.

Mangingo aya, u Bufaransa bumaze kuburanisha abantu batatu, ariko nta n’umwe bwahisemo, kohereza mu Rwanda. Bwahisemo icyo kubaburanisha.

Simbikangwa yakatiwe imyaka 25 y’igifungo ariko yarakijuriye, naho Tito na Barahira bakatirwa gufungwa burundu ariko nabo barajurira.

Ku Isi hose, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bugaragaza ko bwohereje mu bihugu impapuro zo guta muri yombi abarenga 600, arikohafashwe mbarwa nyamara ari inshingano za buri gihugu.

Bukomeza buvuga ko bushyiramo imbara bugakorana n’imiryango itandukanye bwibutsa amahanga izo nshingano.

Nkusi Faustin ati”Hari igihe wenda bizagera bakoherezwa nta gucika integer. Icyangombwa ni uko icyaha cya Jenosidse kidasaza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko Munyakazi agiye kumenyeshwa ibyaha ashinjwa. Mu minsi itanu Ubushinjacyaha bukaba buzaregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga ku ifunga n’ifungurwa. Ubundi uyu mugabo akazaburanira mu rukiko rw’i Muhanga.

Source : Izubarirashe

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW
Amakuru

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024
Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame
Mu Mahanga

Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo
Amakuru

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Ubwanditsi 10 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru