• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Feb 2017 Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru taliki ya 26 Gashyantare, ku cyicaro gikuru cyayo cyiri ku Kacyiru, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bavuye mu Ntara zose n’Umujyi wa Kigali, bakurikiranyweho icyaha cyo guha abapolisi ruswa .

Aberekanywe ni abafashwe mu cyumweru gishize bashaka guha ruswa abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda cyane cyane ku makosa babaga bakoreye mu muhanda, abandi ni abayitanze ngo bashyirwe ku rutonde rw’abatsinze ibizami byo kubona impushya zitwara ibinyabiziga ; abandi ni abayihaye abapolisi ku ma sitasiyo ya Polisi atandukanye kugira ngo barekurirwe abavandimwe cyangwa inshuti zabo zabaga zifungiwe ibyaha birimo kunywa cyangwa gucuruza ibiyobyabwenge, magendu n’ibindi byaha,..

Umwe muri bo witwa Alex Munyengabo avugana n’itangazamakuru, yiyemereye ko yatanze ruswa y’amafaranga 30,000 nyuma yo gufatirwa mu murenge wa Munini mu karere ka Nyaruguru atwaye magendu y’imyenda ariko akaba asaba imbabazi.

Yagize ati:” Nabonye isomo rikomeye, uwasubiza ibihe inyuma sinakongera, nizeye ko abantu benshi bazabonera isomo kuri ibi byacu.”

Undi witwa Imanishimwe yavuze ko, afashijwe na mushiki we, ari nawe mugore wenyine urimo, yatanze amafaranga 150,000 ngo abone uruhushya rwo gutwara moto ubundi yari amaze gutsindwa.

Polisi itangaza ko abatsinzwe ibizami byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga n’ibijyanye nazo bafatiwe muri ruswa ziri hagati y’amafaranga 50,000 na 200,000 naho ab’ibyaha byo mu muhanda batanzwe kuva ku 2000 kugeza ku mafaranga 5000.

Nibura abantu 200 biganjemo abashoferi bafatiwe mu byaha nk’ibi mu mwaka ushize.

Kuri iki gikorwa, umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police(ACP) Theos Badege mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yifuje kuberekana nk’ubundi buryo mu rugamba rukomeje rwo kurwanya ruswa; aberekanywe bakaba baratanze ruswa ziri hagati y’amafaranga 2000 n’ibihumbi 200 000 bijyanye na serivisi bayitangira.

ACP Badege yagize ati:”Aba bose uko ari 30 n’abandi dosiye zabo zuzuye bakaba bari mu bushinjacyaha, bafashwe binginga abapolisi ngo babasonere ibyaha, babahe ibyo amategeko atabemerera cyangwa ngo babafungurire abantu babo bakurikiranywe n’ubutabera kubera ibyaha bitandukanye bakoze; ibi kandi babikora biyibagije ko ku ruhande rwayo, Polisi nayo idahwema guhana ndetse no gusezerera mu kazi , umupolisi wese hatitawe ku rwego arimo, ufatiwe cyangwa ukurikiranyweho icyaha cya ruswa n’izindi ngeso ziganwa nka yo.”

Yakomeje avuga ko nyamara, muri iki gihe, serivisi nyinshi zakururaga abantu muri ruswa zatangiye gutangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga, zikaba zitangirwa mu mucyo kandi vuba , utayibonye uko bikwiye cyangwa arenganyijwe kandi nawe yashyiriweho imirongo itishyurwa ariyo 997 mu ishami rishinzwe kurwanya ruswa ndetse na 3511 mu bugenzacyaha.

Aha akaba yagize ati:” Ibi byose byashyizweho hagamijwe gukuraho ikintu cyose cyatuma ushaka serivisi adakenera kuyingingira cyangwa kuyigura; aba bo babirenzeho bakomeza kwingingira abapolisi ruswa batitaye ku bihano bihanitse birimo igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640; byose bibategereje no kwamburwa iyo serivisi bahawe .

ACP Badege yavuze ko ubuyobozi bwa Polisi bushimira aba bapolisi b’inyangamugayo bakomeje kwerekana ibikorwa by’ubutwari kandi ko hashyirwaho ingamba zatuma buri mupolisi wese agira imyitwarire nk’iriya kuko hari bamwe bataritandukanya n’ibishuko cyangwa irari bibashora muri ruswa.

Muri icyo kiganiro kandi, yaboneyeho gushima abaturage bamaze kumenya ububi bwa ruswa bakaba bafatanya na Polisi kuyirwanya haba muri Polisi n’ahandi ikigaragara aho yagize ati:” Kuyirwanya kwa mbere ni ukwirinda kuyitanga, gutangira amakuru ku gihe aho yamenyekanye cyangwa aho ikekwa kandi mukamenya amwe mu mayeri akoreshwa nko gucisha kuri mobile money cyangwa ku bandi bantu bazwi nk’aba komisiyoneri, kuyitanga nk’impano, intwererano cyangwa ubwishyu bw’amadeni y’amahimbano n’ibindi,..”

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba yavuze ko, Polisi n’izindi nzego bahuriye ku nshingano yo kurwanya ruswa, bashyigikiwe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu budahwema gutngaza ko ruswa umwe mu banzi b’imiyoborere myiza n’iterambere ry’u Rwanda ; aha akaba yagize ati:”Turizeza abanyarwanda ko ntakitazakorwa ngo ruswa icike burundu ariko bikaba bisaba umusanzu wa buri muntu yaba uyisaba n’uyitanga bakabireka kandi ntihagire urebera aho itangwa.”

ACP Badege yashoje ashimira abanyamakuru baje muri iki gikorwa kandi abasaba gutanga inkunga yabo muri uru rugamba rwo kurwanya ruswa nk’abatangazamakuru kandi nk’abafatanyabikorwa.

-5949.jpg

Assistant Commissioner of Police(ACP) Theos Badege

2017-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020
UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga
Mu Mahanga

Iyangirika ry’umuhanda uhuza u Rwanda na Uganda ryahagaritse urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga

Ubwanditsi 21 May 2018
Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu
Mu Rwanda

Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS
ITOHOZA

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru