• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Ubwanditsi 05 Jul 2018 ITOHOZA

Umukobwa wa Col. Aloys Nsekarije, Akana Alice, wabaye igihe kinini mu Bubiligi yatangaje ko muri iki gihugu hari abanyarwanda bakigendera mu macakubiri y’irondakoko n’irondakarere ndetse ngo hari n’insengero zihariwe buri bwoko.

Ibi yabikomojeho mu kiganiro yari yatumiwemo kuri Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Nyakanga 2018 cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘‘Urugendo rwo kwibohora no gusigasira ibayagezweho’’.

Akana yavuze ko mu bihugu by’amahanga, hari abanyarwanda bacyibona mu ndorerwamo y’amoko ku buryo bashyiraho aho abo bumva ibintu kimwe bazajya bahurira.

Yatanze urugero rw’ibiba mu Bubiligi agira ati ‘‘Habaho ibyiciro byinshi cyane. Habaho insengero z’abahutu, iz’abatutsi, iz’abanyenduga, iz’abakiga n’utubari bagendamo.’’

Yakomeje avuga ko abana b’abanyarwanda bari hanze by’umwihariko mu Bubiligi hari abafite amakuru mabi ku gihugu, bitewe n’uko baba baboshywe n’amateka y’ababyeyi babo bafite ibyo bicyeka bigatuma badasura u Rwanda cyangwa ngo baruvuge neza.

Ati “ [Abo bana] Ntabwo bafite uwo mwanya wo gukurikira iby’u Rwanda, ibyo bakurikira by’u Rwanda ni ibyo bahererwa mu rugo iwabo […] ikintu mbona cyakorwa ni ugufata urubyiruko ruri hano [mu Rwanda] rutari muri politike bakarujyana i Burayi bagakina n’abana bari i Burayi b’abanyarwanda babaganiriza u Rwanda. Ibi bizatuma abana bari hariya babohoka […] mu rugo kwa kanaka barabikumvisha baravuga bati hariya ni mu batutsi hariya ni mu baki […] hari igihe kigera ukumva iby’u Rwanda bitakikureba.”

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, nawe wari muri iki kiganiro yavuze ababyeyi nk’aba bakibaswe n’ingengabitekerezo ishingiye ku moko bagendera kuri politiki yaranze u Rwanda mu myaka ya 1959 kugeza 1993; ndetse ko ari ibintu bigwingiza ababakomokaho mu ntekerezo.

Ati “Iyi myaka yose ishize abantu bari kwiyubaka nta musanzu yaduteye kandi nawe ntawo yiteye. Ni ukuvuga ngo aracyaboshywe, umwana wavukira muri uwo muryango byagorana kuvuga ngo yahita amera nk’uwavukiye mu muryango muzima umwereka ibizima. Ni ukuvuga ngo ni umwana wagwingiye mu ntekerezo aho gukura ajya imbere agenda asubira inyuma mu ntekerezo zipfuye z’abakurambere be batekereje batyo.’’

Nk’uko Bamporiki yakomeje abisobanura ngo guhindura umwana wavukiye kandi agakurira mu myumvire y’ababyeyi bakiboshye n’ingengabitekerezo ‘ni ikintu gikomeye cyane dufitemo inshingano yaba itorero cyangwa n’igihugu muri rusange’.

Bamporiki yasabye ababyeyi bari hanze y’u Rwanda bafite impamvu zibabuza kuza mu gihugu cyababyaye, badakwiye kubuza abana babo kukigeramo.

Ati ‘‘Umuntu wumva ibyaha yakoze no gukomereka kwe bitatuma agera mu Rwanda, nahe amahirwe umwana we ahagere, kuko abenshi bazirika abo bana bo baranahabaye, u Rwanda barubayemo imyaka nka 40 baragenda, ariko ntashaka guha umwana we amahirwe yo kurubamo n’umunsi umwe ngo arugire urwe rumukamire nawe azarurage abe.’’

Akana Alice na se Nsekarije Aloys

Buri mwaka Leta y’u Rwanda itegura Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ikitabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, aho abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda bayitabira.

Hari kandi izindi gahunda zirimo nk’Itorero ry’Igihugu rifasha abanyeshuri b’abanyarwanda baba mu mahanga gusogongera ku ndangagaciro n’umuco wa kinyarwanda.

Rwanda Day nayo ni ikindi gikorwa gifasha abari mu mahanga kumenya aho igihugu kigeze mu iterambere, bakanasobanurirwa umusanzu bitezweho ngo gikomeze kwiyubaka.

 

 

2018-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 5, 20188:00 pm -

    Ariko ariko ariko, Alice wee, ahahahaa, nzaba numva!

    Subiza
  2. ndirwanda
    July 6, 20189:28 am -

    simon wimuseka kuko ibyo avuga nukuri ababyeyi bakwiye gutoza abana ko abanyarwanda ari bamwe niba ikibazo kiri kubayobozi bakaba aribyo bababwira kuko mu rwanda akenshi uyo boye ashaka iturufu ituma aramba kubuyobozi ikaba ethnic kdi nubwo bwoko siko bukira bwose cyeretse abatoneshejwe.rubanda rugufi ruhora mubibazo niko mbibona

    Subiza
  3. NTAMBARA Jean
    July 10, 20182:52 pm -

    Mwene Macinya yaravangiwe!
    Uziko so yatubujije kwiga sha? Mwe amashuri barayabaha muyatera inyoni, none ngo uje guteta aha utubwira ubusa….. Mbese wowe na musaza wawe Mitsindo ko babohereje i buraya kwiga bikabananirs, muragira ngo HE abamarire iki kandi muri inanga?
    HE yaragowe gutegeka abantu bameze nkawe….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Ukwivuguruza  no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.
Mu Mahanga

Ukwivuguruza no Kujijisha Rubanda k’Umukandida Mpayimana Philippe guhatse iki ?.

Ubwanditsi 06 Feb 2017
RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa
ITOHOZA

RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru