• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Ubwanditsi 24 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Urebye mu nyandiko y’ iki kinyamakuru cyizwi cyane mu Bufaransa gikorera kuri murandasi”Ne Pas Subir”,  nta gishya kirimo ugereranyije n’ibyashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi, abanyamateka n’izindi mpuguke. Gusa, uwanditse iyi nkuru avuga ko abashyira mu gaciro batazahwema kwibutsa ingoma ya François Mitterrand n’icyegera cye Hubert Védrine, ko yasebeje Abafaransa, ubwo yijandikaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nta nyungu n’imwe imwe y’uBufaransa,ubwo butegetsi bwavuga ko bwarengeraga.

Mu buryo bwimbitse, iyi nyandiko iragaruka  ku nkunga icyo gihugu cyahaye ubutegetsi bwa Perezida  Yuvenali Habyarimana, ndetse n’aho apfiriye, kigira uruhare mu gushyiraho Guverinoma yiyise iy’ Abatabazi, ari nayo yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. N’ikimenyimenyi ngo umuhango wo gushyiraho Leta y’ “Abanazi-nyarwanda”, wabereye muri Ambasade y’uBufaransa mu Rwanda, bizwi neza ko abayigize ari abambari ba MRNDD, CDR n’abandi bo mu mashyaka ya ”Hutu-Power”, yangaga Abatutsi urunuka.

Ubwo  isi yose yari imaze kumenya ko mu Rwanda harimo kuba Jenoside ikorerwa Abatutsi, Guverinoma ya “Perezida” Théodore  Sindikubwabo na Yohani Kambanda yakomanyirijwe mu bijyanye no kugura intwaro, nyamara Perezida w’uBufaransa icyo gihe, François Mitterrand n’umuyobozi mukuru w’ibiro bye, Hubert Védrine, ibyo barabyirengagije, bakomeza guha iyo Leta-ndimburabatutsi intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikari, babinyujije mu nzira ndende, kugera bigeze i Bukavu na Goma muri Zayire ya Mobutu Sese Seko. Ibi nabyo Perezida Mitterrand na Hubert Védrine ngo basanze bidahagije,maze mu gihe Jenoside yari irimbanyije, bohereza ingabo mu Rwanda, mucyo bise “Opération Turquoise”, bayobya uburari ngo ni igikorwa by’ubutabazi, nyamara ari uburyo bwo gufasha abasirikari bicaga inzirakarengane ku rugamba bari bahanganyemo n’ingabo za RPA-Inkotanyi, zo zaharaniraga gutabara abicwaga.

Umwe mu basirikari bakuru bari muri “Opération Turquoise”, Guillaume Ancel, avuga ko, uko abo bagome  bagendaga batsindwa, ni ko abasirikari b’uBufaransa nabo  babakingiraga ikibaba kugeza bahungiye ikivunge muri Zayire y’icyo gihe. Mu nkambi zo muri Zayire , uBufaransa naho ngo bwakomeje gufasha ingabo zatsinzwe kwisuganya ngo zigaruke mu Rwanda  gusoza neza ibikorwa bya Jenoside.Ngo nta musirikari n’umwe w’uBufaransa wifuzaga kwisiga amaraso y’inzirakarengane mu Rwanda, ariko babikoreshejwe n’amategeko y’ibikomerezwa birimo Hubert Védrine.

Ikibabaje kurushaho, nk’uko uru rubuga “Ne Pas Subir” rukomeza kubivuga ni uko Hubert Védrine ashishikajwe no  gusiga icyaha abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, agashyigikira ku mugaragaro abayipfobya n’abayihakana. Bwana Védrine ngo ni inkoramutima y’abantu nka Judi Rever, Filip Reyntjens, Charles Onana, Peter Erlinder, n’abandi bahora bashakisha icyasiga icyasha uRwanda n’Abayobozi bakuru barwo.

Inshuro zose Hubert Védrine yasabwe n’Abafaransa ubwabo gutanga ibisobanuro ku myitwarire y’ubutegetsi yari arimo mu gihe cyo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo yaramanjiriwe, aho gusubiza ibimureba akahitamo gushinyagurira abo iyo Jenoside yagizeho ingaruka. Mu gusoza rero, Hubert Védrine yibukijwe ko ari umwe mu bategetsi b’uBufaransa bakiriho, bagomba kugira ibyo baryozwa, bitaba ibyo ngo bikazashyira  icyubahiro cy’icyo gihugu aharindimuka.

Hubert Védrine yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ibiro bya Perezida François Mitterand kuva mu mwaka w’1991 kugeza muw’1995. Magingo aya ni intumwa y’uBufaransa muri Komite-ngishwanama y’Umuryango wa OTAN, ibi nabyo Abafaransa benshi bakabifata nko gusuzuguza igihugu cyabo.

2020-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022
Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara

Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara

Ubwanditsi 25 Sep 2022
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015
HIRYA NO HINO

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017
Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Ubwanditsi 20 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru