• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Ubwanditsi 24 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Urebye mu nyandiko y’ iki kinyamakuru cyizwi cyane mu Bufaransa gikorera kuri murandasi”Ne Pas Subir”,  nta gishya kirimo ugereranyije n’ibyashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi, abanyamateka n’izindi mpuguke. Gusa, uwanditse iyi nkuru avuga ko abashyira mu gaciro batazahwema kwibutsa ingoma ya François Mitterrand n’icyegera cye Hubert Védrine, ko yasebeje Abafaransa, ubwo yijandikaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nta nyungu n’imwe imwe y’uBufaransa,ubwo butegetsi bwavuga ko bwarengeraga.

Mu buryo bwimbitse, iyi nyandiko iragaruka  ku nkunga icyo gihugu cyahaye ubutegetsi bwa Perezida  Yuvenali Habyarimana, ndetse n’aho apfiriye, kigira uruhare mu gushyiraho Guverinoma yiyise iy’ Abatabazi, ari nayo yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. N’ikimenyimenyi ngo umuhango wo gushyiraho Leta y’ “Abanazi-nyarwanda”, wabereye muri Ambasade y’uBufaransa mu Rwanda, bizwi neza ko abayigize ari abambari ba MRNDD, CDR n’abandi bo mu mashyaka ya ”Hutu-Power”, yangaga Abatutsi urunuka.

Ubwo  isi yose yari imaze kumenya ko mu Rwanda harimo kuba Jenoside ikorerwa Abatutsi, Guverinoma ya “Perezida” Théodore  Sindikubwabo na Yohani Kambanda yakomanyirijwe mu bijyanye no kugura intwaro, nyamara Perezida w’uBufaransa icyo gihe, François Mitterrand n’umuyobozi mukuru w’ibiro bye, Hubert Védrine, ibyo barabyirengagije, bakomeza guha iyo Leta-ndimburabatutsi intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikari, babinyujije mu nzira ndende, kugera bigeze i Bukavu na Goma muri Zayire ya Mobutu Sese Seko. Ibi nabyo Perezida Mitterrand na Hubert Védrine ngo basanze bidahagije,maze mu gihe Jenoside yari irimbanyije, bohereza ingabo mu Rwanda, mucyo bise “Opération Turquoise”, bayobya uburari ngo ni igikorwa by’ubutabazi, nyamara ari uburyo bwo gufasha abasirikari bicaga inzirakarengane ku rugamba bari bahanganyemo n’ingabo za RPA-Inkotanyi, zo zaharaniraga gutabara abicwaga.

Umwe mu basirikari bakuru bari muri “Opération Turquoise”, Guillaume Ancel, avuga ko, uko abo bagome  bagendaga batsindwa, ni ko abasirikari b’uBufaransa nabo  babakingiraga ikibaba kugeza bahungiye ikivunge muri Zayire y’icyo gihe. Mu nkambi zo muri Zayire , uBufaransa naho ngo bwakomeje gufasha ingabo zatsinzwe kwisuganya ngo zigaruke mu Rwanda  gusoza neza ibikorwa bya Jenoside.Ngo nta musirikari n’umwe w’uBufaransa wifuzaga kwisiga amaraso y’inzirakarengane mu Rwanda, ariko babikoreshejwe n’amategeko y’ibikomerezwa birimo Hubert Védrine.

Ikibabaje kurushaho, nk’uko uru rubuga “Ne Pas Subir” rukomeza kubivuga ni uko Hubert Védrine ashishikajwe no  gusiga icyaha abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, agashyigikira ku mugaragaro abayipfobya n’abayihakana. Bwana Védrine ngo ni inkoramutima y’abantu nka Judi Rever, Filip Reyntjens, Charles Onana, Peter Erlinder, n’abandi bahora bashakisha icyasiga icyasha uRwanda n’Abayobozi bakuru barwo.

Inshuro zose Hubert Védrine yasabwe n’Abafaransa ubwabo gutanga ibisobanuro ku myitwarire y’ubutegetsi yari arimo mu gihe cyo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo yaramanjiriwe, aho gusubiza ibimureba akahitamo gushinyagurira abo iyo Jenoside yagizeho ingaruka. Mu gusoza rero, Hubert Védrine yibukijwe ko ari umwe mu bategetsi b’uBufaransa bakiriho, bagomba kugira ibyo baryozwa, bitaba ibyo ngo bikazashyira  icyubahiro cy’icyo gihugu aharindimuka.

Hubert Védrine yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ibiro bya Perezida François Mitterand kuva mu mwaka w’1991 kugeza muw’1995. Magingo aya ni intumwa y’uBufaransa muri Komite-ngishwanama y’Umuryango wa OTAN, ibi nabyo Abafaransa benshi bakabifata nko gusuzuguza igihugu cyabo.

2020-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020
Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir
IMIKINO

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Ubwanditsi 06 Feb 2018
ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?
Mu Mahanga

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru