• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Editorial 30 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho Leta ya Pierre Nkurunziza itangaje ko igiye kwikura mu bihugu bigize akanama k’ Uburenganzira bwa muntu muri Loni, kongereye Komisiyo y’ iperereza ku Burundi manda nshya.

Uyu mwanzuro wemerera iyi Komisiyo gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe n’ inzego z’ umutekano nyuma yaho Perezida Nkurunziza atorerwa kuyobora manda ya gatatu mu Burundi wafashwe n’ Ibihugu bigize Akanama ku Burenganzira bwa Muntu muri Loni yo kuwa 28 Nzeri 2018.

Ibihugu 23 byatoye byifuza ko iyi komisiyo yahabwa manda nshya yo gukomeza umurimo mu Burundi, ibihugu 17 byo muri Afurika byifashe naho ibihugu 7 byatoye byanga ko iyi Komisiyo yongererwa manda nshya yo gukorera mu Burundi.

Leta ya CNDD/FDD iyobowe na Perezida Nkurunziza yari yarahiye ko ishobora kuva muri aka kanama mu gihe cyose iyi komisiyo yongerewe manda yo gukorera muri iki gihugu.

Mu rwego rwo kurwanya ibikorwa by’ iperereza by’ iyi komisiyo , mu ntangiriro z’ iki cyumweru, Leta y’ u Burundi yari yatangiye kumvisha bimwe mu bihugu bya Afurika kudatora ko manda y’ iyi komisiyo ivugururwa, nk’ uko bitangazwa na RFI.

Aya makuru akomeza ashimangira ko nyuma yaho manda y’ iyi komisiyo ivugururwa , abayobozi bakuru bagize Leta y’ u Burundi bagaragaje umubabaro ukomeye kuko bikanga ibikorwa by’ ihohoterwa byakorewe abaturage byamenyekana.

Leta ya Pierre Nkurunziza ikomeje gushinjwa guhohotera, gufunga no kwica abaturage bari mu myigirambyo yamagana ko Perezida Nkurunziza ayobora manda ya gatatu , nk’ uko byari bitegenyijwe mu Itegekonshinga ry’ u Burundi.

Hashize imyaka 2 iyi komisiyo y’ iperereza ishinzwe ariko Leta y’ u Burundi yanze guha amahirwe abakozi ba Loni gukorera ku butaka bwayo.

Mu rwego rwo kugerageza kumenya ibyabaye mu Burundi mu mwaka w’ I 2017, ibifashijwemo n’ Itsinda ry’ Abanyafurika ndetse n’ umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu mu Burundi ACCOR, aka Kanama kagerageje kohereza intumwa 3 zikorana na Leta.

Izi ntumwa zimaze kugera muri iki gihugu, Leta y’ u Burundi yahise izinaniza yanga gukorana nazo ahubwo bimwa n’ impapuro z’ inzira (visa) muri Mata 2017.

Mu gihe Leta ya Nkurunziza ibabajwe n’ iri vugururwa rya manda nshya ya komisiyo y’ iperereza igiye gukorera mu Burundi, Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu, HRW watangaje ko wishimiye iyi ntambwe igezweho.

Uyu muryango HRW usanga iki cyemezo kizatuma ubutabera burenganura imiryango y’ inzirakarengane zisaga igihumbi harimo abishwe , abahohotewe mu buryo bunyuranye ndetse n’ abandi bafungiye ahantu hatazwi kugeza ubu.

2018-09-30
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Uganda: Bamwe mu bapolisi bakuru banze kongera amasezerano y’akazi barashaka kukivamo

Editorial 30 Nov 2017
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Editorial 01 Aug 2020
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Editorial 07 Feb 2024
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Editorial 07 Jan 2018

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 30, 20189:25 am -

    Uruvuga undi ntirugoma koko ndabyemeye! Kandi ngo nta nkumi yigaya!

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 2, 201810:54 am -

    Iriya foto yageze hariya ite? Ndayibuka itwereka ibibera i Kami!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru