• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Ubwanditsi 30 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho Leta ya Pierre Nkurunziza itangaje ko igiye kwikura mu bihugu bigize akanama k’ Uburenganzira bwa muntu muri Loni, kongereye Komisiyo y’ iperereza ku Burundi manda nshya.

Uyu mwanzuro wemerera iyi Komisiyo gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe n’ inzego z’ umutekano nyuma yaho Perezida Nkurunziza atorerwa kuyobora manda ya gatatu mu Burundi wafashwe n’ Ibihugu bigize Akanama ku Burenganzira bwa Muntu muri Loni yo kuwa 28 Nzeri 2018.

Ibihugu 23 byatoye byifuza ko iyi komisiyo yahabwa manda nshya yo gukomeza umurimo mu Burundi, ibihugu 17 byo muri Afurika byifashe naho ibihugu 7 byatoye byanga ko iyi Komisiyo yongererwa manda nshya yo gukorera mu Burundi.

Leta ya CNDD/FDD iyobowe na Perezida Nkurunziza yari yarahiye ko ishobora kuva muri aka kanama mu gihe cyose iyi komisiyo yongerewe manda yo gukorera muri iki gihugu.

Mu rwego rwo kurwanya ibikorwa by’ iperereza by’ iyi komisiyo , mu ntangiriro z’ iki cyumweru, Leta y’ u Burundi yari yatangiye kumvisha bimwe mu bihugu bya Afurika kudatora ko manda y’ iyi komisiyo ivugururwa, nk’ uko bitangazwa na RFI.

Aya makuru akomeza ashimangira ko nyuma yaho manda y’ iyi komisiyo ivugururwa , abayobozi bakuru bagize Leta y’ u Burundi bagaragaje umubabaro ukomeye kuko bikanga ibikorwa by’ ihohoterwa byakorewe abaturage byamenyekana.

Leta ya Pierre Nkurunziza ikomeje gushinjwa guhohotera, gufunga no kwica abaturage bari mu myigirambyo yamagana ko Perezida Nkurunziza ayobora manda ya gatatu , nk’ uko byari bitegenyijwe mu Itegekonshinga ry’ u Burundi.

Hashize imyaka 2 iyi komisiyo y’ iperereza ishinzwe ariko Leta y’ u Burundi yanze guha amahirwe abakozi ba Loni gukorera ku butaka bwayo.

Mu rwego rwo kugerageza kumenya ibyabaye mu Burundi mu mwaka w’ I 2017, ibifashijwemo n’ Itsinda ry’ Abanyafurika ndetse n’ umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu mu Burundi ACCOR, aka Kanama kagerageje kohereza intumwa 3 zikorana na Leta.

Izi ntumwa zimaze kugera muri iki gihugu, Leta y’ u Burundi yahise izinaniza yanga gukorana nazo ahubwo bimwa n’ impapuro z’ inzira (visa) muri Mata 2017.

Mu gihe Leta ya Nkurunziza ibabajwe n’ iri vugururwa rya manda nshya ya komisiyo y’ iperereza igiye gukorera mu Burundi, Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu, HRW watangaje ko wishimiye iyi ntambwe igezweho.

Uyu muryango HRW usanga iki cyemezo kizatuma ubutabera burenganura imiryango y’ inzirakarengane zisaga igihumbi harimo abishwe , abahohotewe mu buryo bunyuranye ndetse n’ abandi bafungiye ahantu hatazwi kugeza ubu.

2018-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 30, 20189:25 am -

    Uruvuga undi ntirugoma koko ndabyemeye! Kandi ngo nta nkumi yigaya!

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 2, 201810:54 am -

    Iriya foto yageze hariya ite? Ndayibuka itwereka ibibera i Kami!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Uganda yarenze umurongo
Amakuru

Uganda yarenze umurongo

Ubwanditsi 29 May 2019
Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru