• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 17 Mutarama 2021, Ikinyamakuru Le Monde cyatangaje inkuru yanditswe n’umushakashatsi w’Umufaransa Francois Garner nyuma yaho inkiko zimuhereye uburenganzira bwo kubasha gucukumbura inyandiko zishyinguye za Perezida Francois Mitterand zijyanye n’u Rwanda. Ubwo burenganzira yabuhawe muri Kamena 2020.

Garner yatangaje ko ibyo yiboneye n’amaso ye bigaragaza ko igihugu cy’Ubufaransa cyari kizi ibyaberaga mu Rwanda cyane cyane Jenoside yakorewe Abatutsi uko yateguwe kugeza ishyirwe mu bikorwa. Muri bimwe Garner yatangaje yavuzeko:

Tariki ya 6 Gashyantare 1991, Jacques Pelletier wari Minisitiri w’Ubufaransa ushinzwe iterambere yandikiye Perezida Mitterand amumenyesha ibyaberaga mu Rwanda ko biteye ubwoba, kandi ko Perezida Habyarimana atashakaga imishyikirano na FPR Inkotanyi ahubwo yashyiraga imbere abahezanguni bari babangamiye imishyikirano harimo n’umugore we Agathe Kanziga ndetse n’Akazu kari kagizwe nabo mu muryango we.

Naho tariki ya 3 Mata 1992, Gen Christian Quesnot, wari Umukuru w’Ibiro bya Perezida Mitterrand ushinzwe ingabo ndetse na Thierry de Beauce wari ushinzwe ubutumwa bwo hanze muri Perezidansi ya Repubulika boherereje Perezida Mitterrand bamumenyesha ko mu Rwanda imitwe yitwara gisirikari ariyo Interahamwe n’Impuzamugambi ziri gutegura ubwicanyi bushingiye ku moko ndetse ko ingabo z’Ubufaransa mu Rwanda zigamije kurengera Leta ya Habyarimana.

Tariki ya 15 Gashyantare 1994, Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda yakiriye abantu babiri bahagarariye Kompanyi Thomson Brandt Armements kugirango bazoherereze Leta ya Habyarimana kandi amasezerano y’Arusha yasinywe muri 1992 yari yarahagaritse ibyo kugurisha intwaro mu rwego rwo kugabanya ibikorwa by’intambara. Bongeyeho ko tariki ya 21 Mutarama 1994, ingabo z’umuryango w’Abibumbye zabaga mu Rwanda (MINUAR/UNAMIR) zafashe imbunda ziremereye 1000 za moritsiye zari zigenewe ingabo za Habyarimana. Hakaba hari hasigaye uburyo ibissu bya Moritsiye 2000 zari zatinze kuza kubera kwishyura zagombaga kuhagera.

Mu kiganiro Graner yagiranye n’ikinyamakuru Le Monde yemeje ko mu nyandiko zishyinguye yabashije kureba zanditswe hagati ya 1990-1994 zerekana ko Leta y’Ubufaransa yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ko Leta y’Ubufaransa yashyigikiye ubutegetsi bwa Hutu Pawa ko kandi izo nyandiko zigaragaza uruhare rw’Ubufaransa mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana. Izo nyandiko kandi zigaragaza uruhare rw’abayobozi b’Ubufaransa bari basigaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside byaba kubaha amakuru y’ubutasi cyangwa se kugira uruhare mu ntambara.

Yongeyeho ko afite impungenge kuri komisiyo y’abahanga yashyizweho na Perezida Macron iyobowe na Vincent Duclert. Yemeje ko iyo komisiyo izatanga amakuru azafasha gusa Perezida Macron kuguma kubutegetsi  yirengagiza uruhare rwa Leta ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yasabye Leta y’Ubufaransa kwemerera abashakashatsi bose kugirango bagere ku mwanzuro bahuriyeho bose.

2021-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa
POLITIKI

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu
POLITIKI

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika
ITOHOZA

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru