• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 17 Mutarama 2021, Ikinyamakuru Le Monde cyatangaje inkuru yanditswe n’umushakashatsi w’Umufaransa Francois Garner nyuma yaho inkiko zimuhereye uburenganzira bwo kubasha gucukumbura inyandiko zishyinguye za Perezida Francois Mitterand zijyanye n’u Rwanda. Ubwo burenganzira yabuhawe muri Kamena 2020.

Garner yatangaje ko ibyo yiboneye n’amaso ye bigaragaza ko igihugu cy’Ubufaransa cyari kizi ibyaberaga mu Rwanda cyane cyane Jenoside yakorewe Abatutsi uko yateguwe kugeza ishyirwe mu bikorwa. Muri bimwe Garner yatangaje yavuzeko:

Tariki ya 6 Gashyantare 1991, Jacques Pelletier wari Minisitiri w’Ubufaransa ushinzwe iterambere yandikiye Perezida Mitterand amumenyesha ibyaberaga mu Rwanda ko biteye ubwoba, kandi ko Perezida Habyarimana atashakaga imishyikirano na FPR Inkotanyi ahubwo yashyiraga imbere abahezanguni bari babangamiye imishyikirano harimo n’umugore we Agathe Kanziga ndetse n’Akazu kari kagizwe nabo mu muryango we.

Naho tariki ya 3 Mata 1992, Gen Christian Quesnot, wari Umukuru w’Ibiro bya Perezida Mitterrand ushinzwe ingabo ndetse na Thierry de Beauce wari ushinzwe ubutumwa bwo hanze muri Perezidansi ya Repubulika boherereje Perezida Mitterrand bamumenyesha ko mu Rwanda imitwe yitwara gisirikari ariyo Interahamwe n’Impuzamugambi ziri gutegura ubwicanyi bushingiye ku moko ndetse ko ingabo z’Ubufaransa mu Rwanda zigamije kurengera Leta ya Habyarimana.

Tariki ya 15 Gashyantare 1994, Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda yakiriye abantu babiri bahagarariye Kompanyi Thomson Brandt Armements kugirango bazoherereze Leta ya Habyarimana kandi amasezerano y’Arusha yasinywe muri 1992 yari yarahagaritse ibyo kugurisha intwaro mu rwego rwo kugabanya ibikorwa by’intambara. Bongeyeho ko tariki ya 21 Mutarama 1994, ingabo z’umuryango w’Abibumbye zabaga mu Rwanda (MINUAR/UNAMIR) zafashe imbunda ziremereye 1000 za moritsiye zari zigenewe ingabo za Habyarimana. Hakaba hari hasigaye uburyo ibissu bya Moritsiye 2000 zari zatinze kuza kubera kwishyura zagombaga kuhagera.

Mu kiganiro Graner yagiranye n’ikinyamakuru Le Monde yemeje ko mu nyandiko zishyinguye yabashije kureba zanditswe hagati ya 1990-1994 zerekana ko Leta y’Ubufaransa yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ko Leta y’Ubufaransa yashyigikiye ubutegetsi bwa Hutu Pawa ko kandi izo nyandiko zigaragaza uruhare rw’Ubufaransa mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana. Izo nyandiko kandi zigaragaza uruhare rw’abayobozi b’Ubufaransa bari basigaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside byaba kubaha amakuru y’ubutasi cyangwa se kugira uruhare mu ntambara.

Yongeyeho ko afite impungenge kuri komisiyo y’abahanga yashyizweho na Perezida Macron iyobowe na Vincent Duclert. Yemeje ko iyo komisiyo izatanga amakuru azafasha gusa Perezida Macron kuguma kubutegetsi  yirengagiza uruhare rwa Leta ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yasabye Leta y’Ubufaransa kwemerera abashakashatsi bose kugirango bagere ku mwanzuro bahuriyeho bose.

2021-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Ubwanditsi 06 Nov 2021
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Bwa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, hagiye guhembwa abahize abandi mu Bagabo n’Abagore

Bwa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, hagiye guhembwa abahize abandi mu Bagabo n’Abagore

Ubwanditsi 04 Jun 2024
Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe

Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe

Ubwanditsi 10 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda
Mu Rwanda

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.
Mu Rwanda

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8
Amakuru

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru