• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cya Uganda abashyigikiye Gen Kale Kayihura wahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, batangiye amasengesho mu gihugu cyose yo kumusabira bavuga ko Imana yonyine ari yo yamukura mu buroko amazemo amezi abiri.

“Uyu munsi turi hano gusaba Imana ngo Kayihura arekurwe,” uyu ni umukuru wa njyanama y’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana ku Rusengero rw’Ibitaro bya Mulago mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 12 Kanama.

Uru rusengero rwakoze amasengesho adasanzwe yo gusabira Gen Kayihura watawe muri yombi n’igisirikare kimukuye ku ifamu ye iherereye Lyantonde akaba afungiye mu Kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen. Kale Kayihura watawe muri yombi kuwa 13 kamena 2018

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire aherutse gutangaza ko ikibazo cya Kayihura kirimo kwitabwaho uko bikwiye n’igisirikare (UPDF), igihe nikigera kikazatangaza ibyo cyagezeho mu iperereza, gitange umwanzuro n’icyemezo.

Inshuti n’umuryango wa Gen Kayihura bo bavuga ko biyambaje Inteko ishinga amategeko, minisitiri Amelia Kyambadde ubwo yajyaga Kisoro, Minisitiri w’Intebe n’abandi benshi ariko nta cyahindutse.

Bizimana yongeyeho ko kuri ubu basaba Imana ko yaha perezida Museveni izindi ndorerwamo zo kureba Kayihura nk’inshuti nziza ya kera.

Komite ihuriweho ishinzwe iperereza iyobowe n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo, ngo iherutse kubaza Kayihura ku iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Abel Bizimana, LC5 w’Akarere ka Kisoro mu ikoti risa nk’ivu

Nk’uko bamwe mu bitabiriye iri bazwa babitangaje, ngo Kayihura yagaragaje gutungurwa yumvise icyo kibazo kizamuwe yongera kubaza impamvu yari kwica Kaweesi cyangwa aho ahuriye n’urupfu rwe.

Mu rusengero kuri iki Cyumweru, abari bahateraniye basabwe gusabira ubuzima bwa Kayihura.

“Ndashaka gusaba buri wese gusabira Gen Kayihura,” uwo ni Bizimana wakomeje agira ati: “Aha ni ahantu ni ahantu h’amasengesho, ntabwo ari politiki ariko iteka dusabira abayobozi bacu n’abanyapolitiki. Turi gutangiza aya masengesho mu nsengero zose.”

Bizimana yakomeje avuga ko Eliya (Muri Bibiliya) yaciye mu bibazo byinshi ariko akaza kubivamo, akaba yizeye ko na Kayihura azava mu bibazo arimo. Ati: “Ndasaba Perezida kumenya ko hari amakimbirane mu bantu bawe. Ni ba mafia. Barashaka kurangiza abantu bamwe.”

Abashyigikiye Gen Kale Kayihura bari bambaye imipira yirabura iriho ifoto ya Kayihura. Umwe mu bo mu muryango we akaba yagize ati: “Natangije aya masengesho kandi nizeye ko Gen Kayihura agiye gufungurwa.”

Nyirasenge wa Kayihura yanenze Minisitiri w’Intebe, Ruhakana Rugunda, uherutse gutangaza ko abayobozi barimo kwita ku kibazo cya kayihura uko bikwiye.

Ati: “Uburyo Minisitiri w’Intebe yavuze mu nteko ntibwari ku bwacu. Ntiyigeze aduha icyizere na gito. Ubu Imana niyo cyizere yonyine.”

Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko bagerageje guhura na Perezida Museveni bikanga, bakaba basaba abanyamadini bose n’abizera mu gihugu cyose gusengera Gen. Kayihura.

Iki kinyamakuru mu gusoza iyi nkuru kikaba kivuga ko cyamenye ko Urwego rushinzwe Umutekano Imbere mu Gihugu (ISO), rwari rwasabye Perezida Museveni ukwezi kumwe ngo rupfundikire iperereza ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, mbere yo gusaba kongerwa ibindi byumweru bibiri nabyo byarangiye mu byumweru bibiri bishize.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi wagaragiye Miss Africa yahembwe asaga miliyoni 8 Frw
SHOWBIZ

Umunyarwandakazi wagaragiye Miss Africa yahembwe asaga miliyoni 8 Frw

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1
Amakuru

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023
Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]
SHOWBIZ

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru