• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB) yeruriye bamwe mu bayobozi ko batari bakwiye kubabazwa n’uko umunyamakuru yagaragaje ibitagenda neza.

Ibi Gerald Mbanda yabigarutseho mu bukangurambaga RGB yageneye abayobozi b’inzego zitandukanye zikorera mu Karere ka Nyarugu bwari bugamije kumenyekanisha itegeko ryo kubona no gutanga amakuru.

Ni mu gihe kandi bamwe mu bayobozi babazaga impamvu abanyamakuru barinda gutumwaho iyo hari ibyiza byabaye, nyamara ngo haba ikitagenze neza ntibamenye uko bahageze nk’uko Ndayiragije Simon uyobora Umurenge wa Ngera yabibazaga.

Bamwe mu bayobozi b’inzego zitandukanye z’akarere ka Nyaruguru ndetse n’abakozi b’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (Ifoto/Nshimiyimana E)

Aha Mbanda yibukije ko gutangaza ibyiza na byo biri mu byo abanyamakuru bakora ariko abibutsa ko mu gihe bifuza kugaragaza ibyiza bagezeho bashobora no kubyumvikana n’ibitangazamakuru bakanabaha no ku ngengo y’imari.

Yagize ati “Icyo kwinuba ko abayobozi batishimira abababaza ibitagenda ni ikibazo gikunze kugaruka ariko burya baravuga ngo ‘udakosa ni udakora’, iteka iyo umuntu akora ibyo ari byo byose hari igihe umuntu abonamo ikintu kitagenze neza.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ikintu kitagenze neza dukwiye kucyemera kandi tukumva ko nukitubajije akitubajije agira ngo tugikosore.”

Gusa Mbanda anagaruka ku myitwarire ikwiye kuranga abanyamakuru igihe batara inkuru zikomoza ku bitagenda neza.

Ati “Natwe nk’abanyamakuru igihe tubaza abayobozi ntabwo dukwiye kuba nk’abashinjacyaha cyangwa abacamanza, hari abo wumva ukagirango umunyamakuru agiye kuba umucamanza icyo twemera n’uburyo bwo kunenga bwubaka, ukanenga ariko ugamije kubaka.”

Asobanura ko umwuga w’itangazamakuru atari umwuga wo kwinjira mu buzima bw’izindi nzego ngo umunyamakuru amera nk’uca imanza.

Ati “Twebwe dukwiye kubona y’uko ikitagenda twakivuga cyangwa twagikora tugamije ko niba kitagenda gikwiye gukosorwa, kugira ngo turusheho kugira imikorere myiza, kuko iyo umuyobozi abwiwe ikitagenda aba agize Imana akabona ikitagenda nyamufasha kugikosora akakibona nk’ubufasha.”

Yunzemo ati “N ibwo bwuzuzanye twifuza, ni yo mikoranire dukeneye idufasha gukosora ibitagenda ariko nanone n’ibyiza tubivuge, ntitubirengeho.”

-5109.jpg

Gerald Mbanda Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB)

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Abaturage  bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Abaturage bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi
Amakuru

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract  iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba
Mu Rwanda

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara
Mu Mahanga

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Ubwanditsi 06 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru