• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB) yeruriye bamwe mu bayobozi ko batari bakwiye kubabazwa n’uko umunyamakuru yagaragaje ibitagenda neza.

Ibi Gerald Mbanda yabigarutseho mu bukangurambaga RGB yageneye abayobozi b’inzego zitandukanye zikorera mu Karere ka Nyarugu bwari bugamije kumenyekanisha itegeko ryo kubona no gutanga amakuru.

Ni mu gihe kandi bamwe mu bayobozi babazaga impamvu abanyamakuru barinda gutumwaho iyo hari ibyiza byabaye, nyamara ngo haba ikitagenze neza ntibamenye uko bahageze nk’uko Ndayiragije Simon uyobora Umurenge wa Ngera yabibazaga.

Bamwe mu bayobozi b’inzego zitandukanye z’akarere ka Nyaruguru ndetse n’abakozi b’urwego rw’abanyamakuru bigenzura (Ifoto/Nshimiyimana E)

Aha Mbanda yibukije ko gutangaza ibyiza na byo biri mu byo abanyamakuru bakora ariko abibutsa ko mu gihe bifuza kugaragaza ibyiza bagezeho bashobora no kubyumvikana n’ibitangazamakuru bakanabaha no ku ngengo y’imari.

Yagize ati “Icyo kwinuba ko abayobozi batishimira abababaza ibitagenda ni ikibazo gikunze kugaruka ariko burya baravuga ngo ‘udakosa ni udakora’, iteka iyo umuntu akora ibyo ari byo byose hari igihe umuntu abonamo ikintu kitagenze neza.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ikintu kitagenze neza dukwiye kucyemera kandi tukumva ko nukitubajije akitubajije agira ngo tugikosore.”

Gusa Mbanda anagaruka ku myitwarire ikwiye kuranga abanyamakuru igihe batara inkuru zikomoza ku bitagenda neza.

Ati “Natwe nk’abanyamakuru igihe tubaza abayobozi ntabwo dukwiye kuba nk’abashinjacyaha cyangwa abacamanza, hari abo wumva ukagirango umunyamakuru agiye kuba umucamanza icyo twemera n’uburyo bwo kunenga bwubaka, ukanenga ariko ugamije kubaka.”

Asobanura ko umwuga w’itangazamakuru atari umwuga wo kwinjira mu buzima bw’izindi nzego ngo umunyamakuru amera nk’uca imanza.

Ati “Twebwe dukwiye kubona y’uko ikitagenda twakivuga cyangwa twagikora tugamije ko niba kitagenda gikwiye gukosorwa, kugira ngo turusheho kugira imikorere myiza, kuko iyo umuyobozi abwiwe ikitagenda aba agize Imana akabona ikitagenda nyamufasha kugikosora akakibona nk’ubufasha.”

Yunzemo ati “N ibwo bwuzuzanye twifuza, ni yo mikoranire dukeneye idufasha gukosora ibitagenda ariko nanone n’ibyiza tubivuge, ntitubirengeho.”

-5109.jpg

Gerald Mbanda Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’imiyoborere (RGB)

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Ifoto y’umunsi

Ifoto y’umunsi

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

Ubwanditsi 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze
UBUKUNGU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere
Amakuru

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubwanditsi 02 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru