• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Ubwanditsi 25 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’ibikorwa bimaze iminsi bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’abanyarwanda, inzego z’umutekano muri Uganda zikomeje kugirira nabi abafite ubwenegihugu bw’u Rwanda bari ku butaka bw’iki gihugu cy’igituranyi.

Ibi bikorwa bya hato na hato bigejeje ahantu abanyarwanda benshi batangaza ko ‘nta munyarwanda ucyumva atekanye mu gihe ari muri Uganda’.

Umucuruzi witwa Geoffrey Bizimana wari usanzwe ukorera ibikorwa bye i Mbarara na Kigali, yatangarije ikinyamakuru Great Lakes Watch ko ‘umugore cyangwa umugabo ukora ubucuruzi, mukerarugendo ndetse n’abandi bajya muri Uganda gusura abo bafitanye amasano; muri iyi minsi nta [munyarwanda] wumva atekanye muri Uganda’.

Ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, iyicarubozo ndetse n’ibindi birimo gufata nabi abanyarwanda bikorwa n’Inzego zishinzwe Iperereza mu gisirikare cya Uganda bimaze igihe kinini bihangayishikije abanyarwanda.

Ibi bikorwa byakajije umurego kuva ubwo u Rwanda rugejeje kuri Uganda ikibazo kijyanye n’uko Umutwe w’Iterabwoba wa RNC uri gukoresha ubutaka bw’iki gihugu cy’igituranyi mu bikorwa ushyigikiwemo n’Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI, hagamijwe gushaka abantu bawisungaho ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Hari amakuru yakunze kujya hanze y’abanyarwanda bajugunywe ku mupaka uhuza ibihugu byombi nyuma y’ibyumweru bakorerwa iyicarubozo ku cyicaro cya CMI giherereye ahitwa Mbuya ahantu abanya-Uganda bavuga ko hameze nko mu buvumo bwo ku gihe cya Idi Amin.

Amakuru aturuka muri Uganda ni uko ibibazo byose abanyarwanda bahurira nabyo muri Uganda bituruka ku bantu bakorana n’umutwe wa RNC wa Kayumba Nyamwasa.

Abo bantu bakorana bya hafi n’abakozi ba CMI barimo Col. CK Asiimwe wo mu ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba na Major Mushambo ushinzwe ubutasi muri Mbarara. Abo bakorana na RNC baha amakuru aba basirikare y’abo bagomba guta muri yombi.

Ibyo bisobanuye ko CMI ifite uruhushya ruturuka ibukuru kwa Museveni rwo guta muri yombi umunyarwanda, kumukorera iyicarubozo, kumufungira i Mbuya hatitawe ku byo amategeko ateganya.

Abanyarwanda benshi bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’abambari ba Kayumba Nyamwasa wa RNC, nka Pasiteri Deo Nyirigira na Dr Sam Ruvuma, aho bagira uruhare mu kuvuga umunyarwanda wo guta muri yombi, gukorera iyicarubozo baha amakuru Abel Kandiho na bagenzi be. Uyu Brig. Gen. Abel Kandiho niwe ukuriye Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI.

Umwe mu bantu bazi neza imikorere ya CMI na ISO (Urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu) yabwiye iki kinyamakuru ati “ CMI ifata umunyarwanda uwo ari we wese abo muri RNC baketse ko akorana bya hafi na Guverinoma y’u Rwanda nubwo nta kintu baba bashingiyeho ari ku marangamutima yabo gusa.”

Abanyarwanda benshi batawe muri yombi ndetse bakorerwa iyicarubozo muri ubu buryo ubuyobozi bwa Uganda butamenyesheje inzego z’u Rwanda zirimo na Ambasade ngo ibe yagira uko ibikurikirana ireba niba bafashwe bigenganye n’ibiteganywa n’amasezerano mpuzamahanga.

Abantu benshi bibuka uko mu Ukuboza umwaka ushize, Rugema Kayumba, umwe mu bantu bo hejuru muri RNC ushinzwe icengezamatwara ryo gushaka abayoboke bashya yagize uruhare mu itabwa muri yombi rya Fidele Gatsinzi, umunyarwanda wari wagiye muri Uganda gusura umuhungu we wiga muri Mukono Christian University.

Gatsinzi yahambiriwe mu maso ajyanwa ku cyicaro cya CMI kiri i Mbuya, aho yakorewe iyicarubozo ibyumweru byinshi mbere y’uko atwarwa akajugunywa ku mupaka wa Gatuna adashobora kugenda bikaba ngombwa ko ashyirwa ku igare ritwara abarwayi. Icyo gihe ubwo yatabwaga muri yombi, Rugema yari afite imbunda nini na Pistol.

Ibikorwa bya Museveni bya ukumenyesha umuyobozi wa CMI, Gen. Abel Kandiho ko yabwira Kayumba Rugema akimukira muri Norvège aho yakomereje ibikorwa bye byo gutunga urutoki abanyarwanda bagomba gufatwa.

Ku itariki ya 4 Mutarama 2018, Emmanuel Cyamayire w’imyaka 44 wari usanzwe ukorera ibikorwa bye by’ubucuruzi i Mbarara, nawe yatwawe mu buryo bw’amayobera atazi aho ajyanywe, akorerwa iyicarubozo nyuma ajugunywa ku mupaka wa Gatuna.

Abandi banyarwanda barindwi barimo abagore babiri Jessica Muhongerwa na Vanessa Gasaro batwawe bavanywe i Kampala n’i Mbarara bajyanwa i Mbuya aho bakorewe iyicarubozo bakaza kuhava ari intere bakajugunywa i Gatuna.

 

Uhereye ibumoso: Jesicca Muhongerwa, Vanessa Agasaro, Fred Turatsinze, Dinah Kamikazi na Hubert Munyangaju bose bafatiwe muri Uganda bakorerwa iyicarubozo

Abanyarwanda batabwa muri yombi ku mpamvu iyo ariyo yose

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki ya 21 Nyakanga 2018 ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, umushoferi utwara imodoka y’ikompanyi yitwa Trinity ikora mu muhanda wa Kigali – Kampala, Sudi Rwanyonga yabashije gutoroka abakozi ba CMI bari bafite gahunda yo kumuta muri yombi.

Imodoka ye yari iparitse ku mupaka mu igenzura risanzwe rikorwa hanyuma abakozi ba CMI begera uyu mugabo batangira kumubaza ibibazo byinshi bavuga ko bafite amakuru ko yigeze kuba umupolisi mu Rwanda none ubu akaba akora nk’intasi. Bamubwiye ko basabwe kumujyana ku cyicaro cya CMI i Kampala.

Sudi yahisemo kwiruka nubwo yari abizi neza ko ari gushyira ubuzima bwe mu kaga kuko yashoboraga kuraswa ibintu bibi kurusha uko yajya muri gereza.

Mu buhamya bwe uyu mugabo yagize ati “Amahirwe nagize, ntabwo bigeze barasa. Ntabwo numvaga ukuntu kuba umuntu yarabaye umupolisi mu Rwanda bihinduka icyaha muri Uganda bikanangira intasi.”

Bagenzi be bo ntabwo bagize amahirwe. Ku wa Mbere tariki ya 23 Nyakanga 2018 ahagana saa kumi z’igicamunsi, umukozi wa Trinity ukorera ku mupaka wa Gatuna ariko ku ruhande rwa Uganda witwa Smith Oswald Ndabarasa, yatawe muri yombi arafungwa.

Ibi bikorwa byateye ubwoba abakora ubushabitsi aho benshi bibaza ku hazaza habo bakorera aha ku mupaka.

Umunyarwanda umwe yagize ati “Niba bigeze aho bahohotera abashoferi, tekereza uburyo byangiza urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu”.

Muri iki gihe ngo abanyarwanda batekanye muri Uganda, ni abafitanye imikoranire na RNC. Mu minsi ishize urukiko rw’i Mbarara rwarekuye abayoboke 46 ba RNC bari barafashwe bajyanywe mu myitozo ya gisirikare i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bafatiwe ku mupaka wa Kikagati bafite ibyangombwa by’ibihimbano bari bahawe na CMI kugira ngo babashe kwambuka.

Nubwo hagenda habaho ibi bikorwa by’ubushotoranyi bya hato na hato, u Rwanda ntabwo rwigeze rukora igikorwa na kimwe kigamije kubangamira abaturage bakomoka muri Uganda.

Abanya-Uganda bashobora kwinjira mu Rwanda, bakahaba, bakahakorera batekanye. Nta rwego na rumwe rurata muri yombi cyangwa ngo rufunge umuturage w’iki gihugu rumuziza ko ari Umunya-Uganda cyangwa ngo ko yakoze mu rwego rwa gisirikare cyangwa urwa gipolisi.

Umwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda, yagize ati “kuki twakora ibyo? U Rwanda ni igihugu kigendera ku mategeko, Abanya-Uganda barisanga mu Rwanda igihe icyo ari cyo cyose.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, aherutse kubwira itangazamakuru ati “ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse burundu” hagati y’u Rwanda na Uganda.

Aya makuru agiye hanze akurikiye indi nkuru ivuga ko Perezida Yoweli Kaguta Museveni afitanye umubano ukomeye na David Himbara utavuga rumwe n’u Rwanda ndetse ko yamubwiye ko akunda inyandiko zirusebya yandika.

2018-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Muzi
    February 5, 20197:11 pm -

    Ko urwanda rutera imbere se kandi rukize, abo batashye barashaka iki mu mahanga!! Mubabwire baze barye ku byiza leta y’ubumwe yatugejejeho!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi
INKURU NYAMUKURU

Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru