• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Burundi: Umuvugizi wa perezida yabajijwe niba bashobora gutanga u Rwanda bakarutera

Ubwanditsi 31 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa Perezida w’u Burundi Jean-Claude Karerwa Ndenzako yabajijwe niba mu gihe u Burundi bukomeje kuvuga ko u Rwanda rubushotora rushaka kubutera bushobora gufata icyemezo cyo gutanga u Rwanda bukarutera, ndetse agira icyo abwira Abanyarwanda bari mu Burundi muri iki gihe umubano w’ibihugu byombi utifashe neza.

Ni mu kiganiro cyateguwe na Televiziyo y’u Burundi mu cyumweru gishize cyari kigamije gushyira umucyo ku kibazo cy’imibanire mibi ikomeje kugaragara hagati y’u Burundi n’u Rwanda aho umunyamakuru yaje kumubaza ati: “Mbese u Rwanda rukomeje gushotora u Burundi nk’uko mubivuga, mubona u Burundi bushobora kurutanga bikarwana?”

Yasubije agira ati: “Nakubwiye ko ahahise byabaye. Twebwe turasaba Imana ngo harabaye ntihakabe hapfa imbwa n’imbeba hakira umwami n’ingoma. Ntitubishaka tubyamaganira kure, turanasenga tuti Mana turinde ikintu cyose cyitwa intambara kuko intambara ntiyubaka irasenya”

Yakomeje avuga ko ubundi habaho intambara n’urugamba. Ati: “Twebwe twaba tugiye ku rugamba. Urugamba ni igihe urwanira ikintu cy’ukuri. Muri icyo gihe rero iyo byageze ugaterwa nturera amaboko. Ugomba kurwanira igihugu cyawe, ukarwanira ituze n’umutekano w’abanyagihugu…dufite byose uhereye ku Mana duhereye no ku bantu.”

Umunyamakuru yumvise atari gusubiza ikibazo yamubajije neza arongera akimusubiriramo amubaza niba u Burundi niba buvuga ko u Rwanda rushaka kubutera bushobora kurutanga bukarutera, maze mu gusubiza agira ati: “Oya ibyo kurutanga uwo mugambi ni ukuri mu Burundi nta wuhari, nta wuvugwa, ntihagire n’uwurota nawurota ntazawurotorerwe. Umugambi koko ni ugukomeza imyiteguro..twebwe rero twarazitiye mu buryo bwinshi. Sinabikubwira ahangaha, ariko hafashwe ingamba nyinshi nyinshi cyane  zituma igihugu cyacu gicungwa  hasi no hejuru, mu mazi no ku isi ku mbibi zose” .

Umuvugizi wa perezida w’u Burundi yanabajijwe icyo yabwira Abanyarwanda baba mu Burundi ndetse n’Abarundi baba mu Rwanda, asubiza agira ati: “Ubwa mbere ho ni ukubahumuriza. Cyane cyane Abanyarwanda baba mu Burundi ntibazatekereze ngo uumwana w’imbeba azira urwango rwa nyina nta n’umwe uzabahora amagambo mabi, amagambo yo gushotorana, amagambo yo gutukana..imyifatire igayitse y’abayobozi babo, nta n’umwe uzazizira. Batekane, umutekano mu gihugu urahagije, umutekano ni kuri bose….”

Yagize n’icyo abwira Abarundi bari mu Rwanda agira ati: “Abarundi bari mu Rwanda cyane cyane tubahanura gutaha mu Burundi. Nta muntu wakwifuza kujya mu muriro hariho ijuru twebwe twemera Imana. Mu Burundi ni heza cyane hari amahoro, hari byose, hari n’ibitagishobora kugera mu Rwanda kera byahageraga nibataha mu Burundi bazabihasanga bakwitahira.”

Ubutaha tuzabagezaho ibindi byavugiwe muri iki kiganiro cyari cyanatumiwemo Umurundikazi uvuga ko yabaye mu Rwanda kugeza nyuma y’intambara ubwo yatahukaga wumvikanisha kwivuguruza mu byo atangaza nk’aho atangira avuga ko u Burundi n’u Rwanda byari ibihugu bibanye neza bikarangira avuga ko Abarundi batigeze bahabwa agaciro mu Rwanda ndetse n’icyo uyu muvugizi wa Perezida Nkurunziza avuga ku waba waratangiye ubushotoranyi hagati y’ibihugu byombi.

2018-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Ubwanditsi 02 Aug 2024
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022
Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ubwanditsi 12 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1
Amakuru

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa
ITOHOZA

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije
INKURU NYAMUKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru