• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Ubwanditsi 02 Mar 2019 ITOHOZA

Umunyarwanda Rogers Donne Kayibanda washimuswe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, ubwo yajyaga muri icyo gihugu atashye ubukwe bw’umuvandimwe we, yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 afunzwe mu buryo butabereye ikiremwa muntu.

Kayibanda avuga ko asanzwe nta kazi agira gahoraho uretse ako gucuruza amavuta ya moteri y’imodoka mu mujyi wa Kigali.

Kayibanda yageze i Kampala ku wa Kane tariki 10 Mutarama 2019, atashye ubukwe bw’umuvandimwe we wasezeranye mu mategeko bukeye bwaho ku wa 11 Mutarama 2019.

Mu buhamya bwe, yavuze ko tariki 11 Mutarama uyu mwaka ari bwo yasinyiye uyu muvandimwe, ubwo iyo gahunda yari irangiye we n’abavandimwe be bajya kwiyakira ari 13 muri Kampala.

Nyuma yo gusoza iki gikorwa buri umwe ngo yafashe inzira ze, ajya ku nshuti ye guhindura imyenda yari yambaye.

Yavuze ko nyuma yahamagaye indi nshuti ye ituye ahitwa Kisaasi ni muri Kampala amuyobora aho bicaye ajyayo.

Yagize ati “Ngeze aho kuri iyo nshuti yanjye barishimye cyane bakajya bambaza amakuru ya Kigali, nkababwira ko nta kibazo ariko ukabona abantu bari aho bibatangaje kuba bumva ko mvuye i Kigali.”

Muri ubu buhamya, Kayibanda yavuze ko muri iki kiganiro hari bamwe bari bicaye aho, batangiye kuvuga ko ngo mu Rwanda bafunga cyane abantu, ariko we akababwira ko nta muntu bafunga nta kosa yakoze.

Yagize ati “Hashize umwanya umwe muri abo bantu yantanzeho urugero ati, ubu murabona uyu Kayibanda kubera ko ari afande, ashobora gutuma abantu ngo baze bagufate, ako kanya nahise mubwira nti ibyo bintu uvuga ntiwakagombye kubimvugaho kuko sinkora ako kazi.”

Hari umugambi mubisha atari azi

Kayibanda yavuze ko uko uwo muntu yakomezaga kuvuga ayo magambo, inyuma ye hari undi muntu wo muri (CMI), urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Bakomeje kuganira ngo yabonye umuntu uturutse hanze y’akabari barimo araza aramwegera ndetse atangira kumwisuhurisha.

Ati “Uwo muntu yaraje arambaza ati nshobora kukuvugisha, sinari muzi, twateye intambwe nk’eshanu ku ruhande ahita ambwira ati nshinzwe umutekano, mbyumvise nahise numva ko banjyanye, yahise ambwira ngo hari ibibazo bashaka kumbaza, nababwiye ko ndi umushyitsi ariko mu gihe nshaka ko nsubira inyuma kubwira abo mpasize nahise mbona abantu 6 baranteruye banjugunya mu modoka.”

Yavuze ko ako kanya bamwambitse ikigofero ku mutwe n’amapingu.

Inzego z’umutekabo za Uganda ngo zamujyanye kumufungira kuri gereza ya Jinja iherereye Kampala.

Ahagejejwe yakomeje kubazwa n’inzego z’umutekano impamvu yavuye mu gisirikare cy’Ingabo z’ u Rwanda, ariko we yakomeje kubabwira ko atigeze aba mu gisirikare.

Yagize ati “Ndi mu mapingu nabwirwaga ko ibyo bambaza ngomba kubisubiza uko bashaka, ntabyubahiriza nkakubitwa inkoni icumi, kandi ko ningerageza gushaka kubareba mu maso nkubitwa izindi 20.”

Yavuze ko inzego z’umutekano za Uganda zakomeje kumubwira ko afite ipeti rya Majoro mu ngabo z’u Rwanda ariko we akomeza kwemeza ko ari umusivili.

Kayibanda yavuze ko nyuma yo gukomeza kubazwa ibibazo bitandukanye no kugenzura imbuga nkorambaga akoresha bagasanga nta kimenyetso gihamya ko ari umusirikare, aribwo bafashe umwanzuro wo kumurekura.

Yavuze ko Kugeza ubu hari abanyarwanda batari bake bafungiye muri iki gihugu.

Imikoranire ya Uganda na RNC

Kayibanda yavuze ko aho yari afungiye, hari abo baganiraga bakamubwira ko bazanwe muri iki gihugu kuri gahunda yo kujya mu gisikare cya RNC.

Yagize ati “Inzego z’igisirikare hari abantu zizana ariko ako kanya ntitumenye aho babajyanye ariko harahari, hari kandi umwe mu bapolisi wavuze ngo abashaka gusubira mu Rwanda turabasubizayo ariko utabishaka dufite ahandi tumujyana.”

Abanyarwanda bamaze gufungirwa muri Uganda no gukorerwa iyicarubozo umubare wabo ukomeje kwiyongera ubutitsa. Bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda mu gihe baba ari abaturage bashaka imibereho mu bikorwa bitandukanye nk’ubucuruzi bakorera mu bihugu by’abaturanyi.

2019-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC
Amakuru

Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC

RUSHYASHYA 31 Jul 2026
FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”
Amakuru

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

Ubwanditsi 05 Oct 2022
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba
Amakuru

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru