• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Ubwanditsi 02 Mar 2019 ITOHOZA

Umunyarwanda Rogers Donne Kayibanda washimuswe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, ubwo yajyaga muri icyo gihugu atashye ubukwe bw’umuvandimwe we, yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 afunzwe mu buryo butabereye ikiremwa muntu.

Kayibanda avuga ko asanzwe nta kazi agira gahoraho uretse ako gucuruza amavuta ya moteri y’imodoka mu mujyi wa Kigali.

Kayibanda yageze i Kampala ku wa Kane tariki 10 Mutarama 2019, atashye ubukwe bw’umuvandimwe we wasezeranye mu mategeko bukeye bwaho ku wa 11 Mutarama 2019.

Mu buhamya bwe, yavuze ko tariki 11 Mutarama uyu mwaka ari bwo yasinyiye uyu muvandimwe, ubwo iyo gahunda yari irangiye we n’abavandimwe be bajya kwiyakira ari 13 muri Kampala.

Nyuma yo gusoza iki gikorwa buri umwe ngo yafashe inzira ze, ajya ku nshuti ye guhindura imyenda yari yambaye.

Yavuze ko nyuma yahamagaye indi nshuti ye ituye ahitwa Kisaasi ni muri Kampala amuyobora aho bicaye ajyayo.

Yagize ati “Ngeze aho kuri iyo nshuti yanjye barishimye cyane bakajya bambaza amakuru ya Kigali, nkababwira ko nta kibazo ariko ukabona abantu bari aho bibatangaje kuba bumva ko mvuye i Kigali.”

Muri ubu buhamya, Kayibanda yavuze ko muri iki kiganiro hari bamwe bari bicaye aho, batangiye kuvuga ko ngo mu Rwanda bafunga cyane abantu, ariko we akababwira ko nta muntu bafunga nta kosa yakoze.

Yagize ati “Hashize umwanya umwe muri abo bantu yantanzeho urugero ati, ubu murabona uyu Kayibanda kubera ko ari afande, ashobora gutuma abantu ngo baze bagufate, ako kanya nahise mubwira nti ibyo bintu uvuga ntiwakagombye kubimvugaho kuko sinkora ako kazi.”

Hari umugambi mubisha atari azi

Kayibanda yavuze ko uko uwo muntu yakomezaga kuvuga ayo magambo, inyuma ye hari undi muntu wo muri (CMI), urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Bakomeje kuganira ngo yabonye umuntu uturutse hanze y’akabari barimo araza aramwegera ndetse atangira kumwisuhurisha.

Ati “Uwo muntu yaraje arambaza ati nshobora kukuvugisha, sinari muzi, twateye intambwe nk’eshanu ku ruhande ahita ambwira ati nshinzwe umutekano, mbyumvise nahise numva ko banjyanye, yahise ambwira ngo hari ibibazo bashaka kumbaza, nababwiye ko ndi umushyitsi ariko mu gihe nshaka ko nsubira inyuma kubwira abo mpasize nahise mbona abantu 6 baranteruye banjugunya mu modoka.”

Yavuze ko ako kanya bamwambitse ikigofero ku mutwe n’amapingu.

Inzego z’umutekabo za Uganda ngo zamujyanye kumufungira kuri gereza ya Jinja iherereye Kampala.

Ahagejejwe yakomeje kubazwa n’inzego z’umutekano impamvu yavuye mu gisirikare cy’Ingabo z’ u Rwanda, ariko we yakomeje kubabwira ko atigeze aba mu gisirikare.

Yagize ati “Ndi mu mapingu nabwirwaga ko ibyo bambaza ngomba kubisubiza uko bashaka, ntabyubahiriza nkakubitwa inkoni icumi, kandi ko ningerageza gushaka kubareba mu maso nkubitwa izindi 20.”

Yavuze ko inzego z’umutekano za Uganda zakomeje kumubwira ko afite ipeti rya Majoro mu ngabo z’u Rwanda ariko we akomeza kwemeza ko ari umusivili.

Kayibanda yavuze ko nyuma yo gukomeza kubazwa ibibazo bitandukanye no kugenzura imbuga nkorambaga akoresha bagasanga nta kimenyetso gihamya ko ari umusirikare, aribwo bafashe umwanzuro wo kumurekura.

Yavuze ko Kugeza ubu hari abanyarwanda batari bake bafungiye muri iki gihugu.

Imikoranire ya Uganda na RNC

Kayibanda yavuze ko aho yari afungiye, hari abo baganiraga bakamubwira ko bazanwe muri iki gihugu kuri gahunda yo kujya mu gisikare cya RNC.

Yagize ati “Inzego z’igisirikare hari abantu zizana ariko ako kanya ntitumenye aho babajyanye ariko harahari, hari kandi umwe mu bapolisi wavuze ngo abashaka gusubira mu Rwanda turabasubizayo ariko utabishaka dufite ahandi tumujyana.”

Abanyarwanda bamaze gufungirwa muri Uganda no gukorerwa iyicarubozo umubare wabo ukomeje kwiyongera ubutitsa. Bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda mu gihe baba ari abaturage bashaka imibereho mu bikorwa bitandukanye nk’ubucuruzi bakorera mu bihugu by’abaturanyi.

2019-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024
Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu
Mu Mahanga

Kirehe: Umugabo afungiwe gufatanwa imiti ya magendu

Ubwanditsi 19 Apr 2016
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze
POLITIKI

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru