• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016 ITOHOZA

Ngire icyo mvuga ku dutsiko twa Gen. Kayumba Nyamwasa dukorera mu Bubiligi I Charleroi , agatsiko kayobowe n’uwitwa Alexis Rudasingwa uhagarariye RNC-Belgique, ako gatsiko gakomeje kwikoma ikinyamakuru Rushyashya, gikunze kutugezaho amakuru acukumbuye dukunze gusoma hano mu Bubiligi, uyu Alexis Rudasingwa avuka mu cyahoze ari komini Ntyazo,ariko se akaba ari umwimukira wa komini Rusatira ahitwa Mukato.

Alexis Rudasingwa, mbere ya 1994, yahoze ari umushoferi wa Ruhumuriza Gaspard wari Perefe wa Kibuye, aho amashyaka menshi avukiye mu Rwanda, Ruhumuriza yagiye mu ishyaka rya Nayinzira PDC, agirwa Minisitiri w’ Ibidukikije, akomeza gutwarwa na Alexis Rudasingwa, akajya asimburana na Bangambiki wari Se wabo wa Alexis wanamufashije kubona akazi, nawe wari umushoferi muriyo Minisiteri y’ibidukikije n’ubukerarugendo.

Mu mpera 1993, Alexis na Se wabo Bangambiki, baje gucura umugambi wo kwiba imodoka ya Minisiteri y’ibidukikije Pegot RA 4005, bajya kuyigurishiriza I Burundi, bamaze kuyigurisha n’umurundi kuko inzego za Maneko zari zatangatanze hose kumipaka , iyo modoka yaje gufatirwa kumupaka wa Tanzania n’u Burundi, igarurwa mu Rwanda, ariko wa murundi wayiguze akurikirana Alexis Rudasingwa na Bangambiki, Alexis aza gutoroka mugihe mwene wabo Bangambiki yari amaze gutabwa muri yombi.

Ingabo zari iza RPF, zimaze kubohoza igihugu Alexis Rudasingwa wari umaze kuba ruharwa mu bujura bw’amamodoka, yagarutse mu Rwanda, ashuka umugore we ( umukobwa wa Sukiranya wari Adjidat Chef mu ngabo za Habyarimana ) wakoraga mu kigo cyacuruzaga amamodoka mu Rwanda kitwa KJAER,yiba amafaranga aratoroka, ajya mu Bubiligi.

Alexis Rudsingwa yaje kuza hano mu Bubiligi nyuma akurikiye umugore, ariko nawe baje gutandukana nyuma. Alexis Rudasingwa ashaka undi . Mu Bubiligi, Alexis Rudasingwa atwara ama taxi yari yaraguriwe na Mutsindashyaka, bakoranaga muri iyo Business, baje gushwana nyuma kubera ubujura bwa Alexis Rudasingwa.

Uyu Alexis Rudasingwa, avuka kubabyeyi babiri badahuje ubwoko, akaba ava inda imwe na Rose nawe uba mu Bubiligi na Me Ndikumana Vincent, uyu ni Avoka mu Rwanda ( Nawe tuzababwira ibye) akava inda imwe kandi na Usanase Vedaste ( Gipushi ) wabaye OPJ nyuma akaza kuba umu polisi ishami rya CID, aho bahuje igipolisi naba OPJ, uyu Usanase Vedaste, yaje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside muri Gacaca y’iwabo Intyazo, mugihe yagombaga gufatwa aratoroka, aza mu Bubiligi, abifashijwemo na Alexis n’abandi bantu bari bakomeye mu Rwanda, duhishiriye muri iyi nkuru, ubu aba hano yihishahisha ubutabera bwo mu Rwanda.

Ubwose Alexis niba koko murumuna wawe yaragendanaga imbunda muri Jenoside nkuko twumva ko babimuregaga muri Gacaca y’iwanyu , urumva ntampavu yabyo ko twabonye uhakana ko utavuka mu bwoko butahigwaga ? Alexis uhakana ubugore aragarama.

Uyu Alexis Rudasingwa mu nkuru ye yacishije mu kinyamakuru Inyenyerinews yiha kubeshyuza ibyo Rushyashya yamwanditseho by’ukuri kwambaye ubusa, twe tumuzi twaratangaye! Aho ahimbahimba n’ibinyoma k’umuyobozi w’ikinyamakuru Rushyashya Bwana Burasa Jean Gualbert mwishywa wa Nyakwigendera Kameya Andreya , ari nawe wamureze kugeza amwinjije mu kinyamakuru cye Rwanda Rushya, twese twabaga mu Rwanda turabizi.

Alexis Rudasingwa, mu nkuru ye avugako yabaye umusilikare wa RPF, natubwire Barracks cyangwa se Chief Commander wa battalion yabagamo uko yitwa n’uwayiyoboraga, atubwire igihe yinjiriye naho yinjiriye muri icyo gisilikare avuga ? uretse kuba umujura w’amamodoka.

Alexis Rudasingwa, yarayobye, yayobotse agatsiko k’abatutsi, bahoze mu ngabo bakorera Kayumba atazi uko bakora abo ni Major Micombero JM, Ben Rutabana, Jean Paul Turayishimye , Cpt Rwakampala, Cpt Appolo n’abandi…bamubeshya ko azabona ubukire akava muburetwa bwa Mutsindashyaka ni uko yinjiye muri politiki y’ikinyoma ya RNC.

-3342.jpg

Kayumba Nyamwasa na Alexis Rudasingwa

Twanamenye ko ubu bari guhiga umuyobozi wa Rushyashya ngo bamuhe uburozi mu Rwanda iyi nama yabereye mu kabari kamwe kahano i Bruxelles, tuzababwira ibyayivugiwemo byose ubu turacyabyegeranya.

Umusomyi wa Rushyashya I Bruxelles

2016-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024
Perezida Kagame ashobora no kuguhamagara saa munani z’ijoro akubaza ibyerekeye imibereho y’igihugu- Mushikiwabo
ITOHOZA

Perezida Kagame ashobora no kuguhamagara saa munani z’ijoro akubaza ibyerekeye imibereho y’igihugu- Mushikiwabo

Ubwanditsi 30 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru