• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016 ITOHOZA

Ngire icyo mvuga ku dutsiko twa Gen. Kayumba Nyamwasa dukorera mu Bubiligi I Charleroi , agatsiko kayobowe n’uwitwa Alexis Rudasingwa uhagarariye RNC-Belgique, ako gatsiko gakomeje kwikoma ikinyamakuru Rushyashya, gikunze kutugezaho amakuru acukumbuye dukunze gusoma hano mu Bubiligi, uyu Alexis Rudasingwa avuka mu cyahoze ari komini Ntyazo,ariko se akaba ari umwimukira wa komini Rusatira ahitwa Mukato.

Alexis Rudasingwa, mbere ya 1994, yahoze ari umushoferi wa Ruhumuriza Gaspard wari Perefe wa Kibuye, aho amashyaka menshi avukiye mu Rwanda, Ruhumuriza yagiye mu ishyaka rya Nayinzira PDC, agirwa Minisitiri w’ Ibidukikije, akomeza gutwarwa na Alexis Rudasingwa, akajya asimburana na Bangambiki wari Se wabo wa Alexis wanamufashije kubona akazi, nawe wari umushoferi muriyo Minisiteri y’ibidukikije n’ubukerarugendo.

Mu mpera 1993, Alexis na Se wabo Bangambiki, baje gucura umugambi wo kwiba imodoka ya Minisiteri y’ibidukikije Pegot RA 4005, bajya kuyigurishiriza I Burundi, bamaze kuyigurisha n’umurundi kuko inzego za Maneko zari zatangatanze hose kumipaka , iyo modoka yaje gufatirwa kumupaka wa Tanzania n’u Burundi, igarurwa mu Rwanda, ariko wa murundi wayiguze akurikirana Alexis Rudasingwa na Bangambiki, Alexis aza gutoroka mugihe mwene wabo Bangambiki yari amaze gutabwa muri yombi.

Ingabo zari iza RPF, zimaze kubohoza igihugu Alexis Rudasingwa wari umaze kuba ruharwa mu bujura bw’amamodoka, yagarutse mu Rwanda, ashuka umugore we ( umukobwa wa Sukiranya wari Adjidat Chef mu ngabo za Habyarimana ) wakoraga mu kigo cyacuruzaga amamodoka mu Rwanda kitwa KJAER,yiba amafaranga aratoroka, ajya mu Bubiligi.

Alexis Rudsingwa yaje kuza hano mu Bubiligi nyuma akurikiye umugore, ariko nawe baje gutandukana nyuma. Alexis Rudasingwa ashaka undi . Mu Bubiligi, Alexis Rudasingwa atwara ama taxi yari yaraguriwe na Mutsindashyaka, bakoranaga muri iyo Business, baje gushwana nyuma kubera ubujura bwa Alexis Rudasingwa.

Uyu Alexis Rudasingwa, avuka kubabyeyi babiri badahuje ubwoko, akaba ava inda imwe na Rose nawe uba mu Bubiligi na Me Ndikumana Vincent, uyu ni Avoka mu Rwanda ( Nawe tuzababwira ibye) akava inda imwe kandi na Usanase Vedaste ( Gipushi ) wabaye OPJ nyuma akaza kuba umu polisi ishami rya CID, aho bahuje igipolisi naba OPJ, uyu Usanase Vedaste, yaje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside muri Gacaca y’iwabo Intyazo, mugihe yagombaga gufatwa aratoroka, aza mu Bubiligi, abifashijwemo na Alexis n’abandi bantu bari bakomeye mu Rwanda, duhishiriye muri iyi nkuru, ubu aba hano yihishahisha ubutabera bwo mu Rwanda.

Ubwose Alexis niba koko murumuna wawe yaragendanaga imbunda muri Jenoside nkuko twumva ko babimuregaga muri Gacaca y’iwanyu , urumva ntampavu yabyo ko twabonye uhakana ko utavuka mu bwoko butahigwaga ? Alexis uhakana ubugore aragarama.

Uyu Alexis Rudasingwa mu nkuru ye yacishije mu kinyamakuru Inyenyerinews yiha kubeshyuza ibyo Rushyashya yamwanditseho by’ukuri kwambaye ubusa, twe tumuzi twaratangaye! Aho ahimbahimba n’ibinyoma k’umuyobozi w’ikinyamakuru Rushyashya Bwana Burasa Jean Gualbert mwishywa wa Nyakwigendera Kameya Andreya , ari nawe wamureze kugeza amwinjije mu kinyamakuru cye Rwanda Rushya, twese twabaga mu Rwanda turabizi.

Alexis Rudasingwa, mu nkuru ye avugako yabaye umusilikare wa RPF, natubwire Barracks cyangwa se Chief Commander wa battalion yabagamo uko yitwa n’uwayiyoboraga, atubwire igihe yinjiriye naho yinjiriye muri icyo gisilikare avuga ? uretse kuba umujura w’amamodoka.

Alexis Rudasingwa, yarayobye, yayobotse agatsiko k’abatutsi, bahoze mu ngabo bakorera Kayumba atazi uko bakora abo ni Major Micombero JM, Ben Rutabana, Jean Paul Turayishimye , Cpt Rwakampala, Cpt Appolo n’abandi…bamubeshya ko azabona ubukire akava muburetwa bwa Mutsindashyaka ni uko yinjiye muri politiki y’ikinyoma ya RNC.

-3342.jpg

Kayumba Nyamwasa na Alexis Rudasingwa

Twanamenye ko ubu bari guhiga umuyobozi wa Rushyashya ngo bamuhe uburozi mu Rwanda iyi nama yabereye mu kabari kamwe kahano i Bruxelles, tuzababwira ibyayivugiwemo byose ubu turacyabyegeranya.

Umusomyi wa Rushyashya I Bruxelles

2016-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Ubwanditsi 06 May 2017
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza
Mu Mahanga

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU
POLITIKI

Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU

Ubwanditsi 12 Apr 2019
APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa
Amakuru

APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa

Ubwanditsi 25 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru