• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018 ITOHOZA

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, DCG Dan Munyuza, yavuze ko umutekano w’u Rwanda urinzwe neza, ko abashaka kuwuhungabanya barota kuko ntaho bamenera.

Yabivugiye mu kiganiro Polisi y’igihugu yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2018.

Yavuze ko mu gihugu hose umutekano umeze neza, abaturage bakora imirimo yabo amanywa n’ijoro kandi mu mutekano usesuye. Icyakora yavuze ko hari abarota guhungabanya umutekano ariko izo ari inzozi badateze gukabya.

Yagize ati “Turizeza n’abandi baba bafite gahunda zitari nziza zo gushaka guhungabanya umutekano ko twiteguye neza ku buryo icyo cyifuzo cyabo batazakigeraho”.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abarota guhungabanya umutekano barwanira mu bitangazamakuru byo kuri internet “usanga ari urusaku” kandi ngo ntawabuza umuntu gusakuza.

Ati “Abifuza guhungabanya umutekano w’igihugu cyacu muri iyi minsi aho bari turahazi icyo batekereza turakizi nabizeza mwese ko ntawashobora guhungabanya umutekano w’igihugu cyacu ngo abigereho ubungubu.’’

Yakomeje avuga ko iyo ukurikiranye ku mbuga nkoranyambuga abatifuriza u Rwanda umutekano bakoresha wakwibaza ko byacitse nta mutekano uri mu Rwanda, ariko ngo ni intambara barwanira kuri internet.

Abo bafite ibyifuzo byo guhunganya umutekano “Ni urusaku gusa n’ibindi wakwita ko ari inzozi. Umuntu ntiwamubuza kurota ku manywa cyangwa aryamye, ntiwababuza kumva ko ibyo barose byabaye. Bararota ntacyo bashobora kugeraho ibyo byo turabizi neza. Umutekano wifashe neza n’ingamba zirahari.’’

Yakomeje avuga ko abo barota bahungabanya umutekano bakwiye kuza bagafatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu kugirango gikomeze gitere imbere.

Uyu muyobozi yakomeje asaba itangazamakuru ubufatanye mu kurwanya ibyaha bitandukanye birimo : ibiyobyabwenge,guhohotera abana n’abagore, ruswa ,forode, kurwanya abasambanya abana n’ibindi.

CP. George Rumanzi watanze ikiganiro ku ishusho y’uko umutekano w’igihugu uhagaze muri rusange, yavuze ko kugirango urusheho kubungwabungwa hakenewe uruhare rwa buri muturarwanda kandi ko buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we.

CP Rumanzi yavuze ko u Rwanda rufite umutekano usesuye kandi ugira ingaruka nziza ku rwego mpuzamahanga, ashingiye ku mahugurwa, inama ndetse n’ibikorwa mpuzamahanga bibera mu Rwanda.

Ati “Umutekano mu gihugu cyacu umeze neza, abantu bafite umutekano mu mpande z’igihugu cyacu zose nta hantu hatagendwa cyangwa hafite ibibazo by’umwihariko by’umutekano.”

Yavuze no ku kibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ari na byo mbarutso y’ibyaha bitandukanye nko gukubita no gukomeretsa, gusambanya abana, ubujura n’ibindi.

Mu bindi bibazo buhungabanya umutekano byagaragajwe harimo ubucuruzi bwa magendu, ubujura bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga byakoreshejwe hamwe n’ubwambuzi bushukana.

Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston, yibukije abitabiriye ibi biganiro ko gukumira no kurwanya ibyaha ari inshingano ya buri wese.

Yagize ati “ Umwenegihugu wese afite inshingano zo gukumira no kurwanya ibyaha utabyubahirije abihanirwa n’amategeko, turifuza iterambere rirambye rigendana no kubaka Igihugu kitarangwamo ibyaha.”

Imibare igaragaza ko kuva muri Mutarama uyu mwaka kugeza mu Ugushyingo abantu bagera kuri 437 bahitanywe n’impanuka mu gihe abagera kuri 662 bakomeretse, izi mpanuka ahanini zigaragara mu mpera z’icyumweru akenshi zikaba ziterwa n’umuvuduko ukabije, uburangare ndetse n’ubusinzi bukabije.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkuko  ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR

Nkuko ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR

Ubwanditsi 23 May 2017
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA  IREMBO
Mu Mahanga

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru