• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yokejwe igitutu n’abakoresha Twitter nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana bahamagajwe kubera ibirego bakekwaho byo gusambanya impunzi, ariko igakoresha ifoto iriho abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro.

Ejo ku Cyumweru nibwo ubuyobozi bushinzwe ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bwategetse itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana 46 bari muri ubwo butumwa gusubira mu murwa mukuru Juba, rivuye mu gace ka Wau gaherereye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Juba.

Itangazo rya UNMISS, ryavugaga ko hari amakuru y’uko bamwe mu bagize itsinda ry’abapolisi bishoye mu busambanyi, ibi bikaba bihabanye n’amahame ya Loni na UNMISS abuza imibonano mpuzabitsina n’abantu b’inzirakarengane harimo n’abo ushinzwe kwitaho.

Kuri uyu wa Mbere ubwo ishami rya RFI muri Afurika ryandikaga iyi nkuru, ryakoresheje ifoto iriho abasirikare babiri ba RDF bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni. Abakoresha Twitter barimo n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe, banenze ubunyamwuga bw’iki gitangazamakuru ndetse banerekana ko atari ubwa mbere amakosa nk’aya abaho.

Nduhungirehe abinyujije kuri Twitter yagize ati “Vuga @RFI, abirabura barasa bose, nibyo? Ibi ni nk’ubwa gatatu mukoresha amafoto y’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bikorwa by’ubusambanyi byakozwe n’abandi basirikare.”

Uwitwa Jules Rutalihire yagize ati “Gukoresha abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu nkuru ishinja abanya-Ghana, iri tangazamakuru baryita ngo iki? Ni ukutagira amahame ngengamyitwarire…ni iki? Itangazamakuru ry’u Bufaransa mwateye imbere mukareka politiki, muritesha agaciro ubwanyu.”

Si ubwa mbere igitangazamakuru cyo mu Bufaransa cyokejwe igitutu kubera ibintu nk’ibi. Umwaka ushize France 24, yamaganiwe kure nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza abasirikare b’Abafaransa bakurikiranywe n’ubutabera ku byaha byo gufata abana ku ngufu muri Centrafrique ubwo bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu, ariko kigakoresha ifoto iriho umupolisi w’u Rwanda.


2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Ubwanditsi 11 Sep 2019
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza
Mu Mahanga

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe
Amakuru

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru