• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yokejwe igitutu n’abakoresha Twitter nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana bahamagajwe kubera ibirego bakekwaho byo gusambanya impunzi, ariko igakoresha ifoto iriho abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro.

Ejo ku Cyumweru nibwo ubuyobozi bushinzwe ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bwategetse itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana 46 bari muri ubwo butumwa gusubira mu murwa mukuru Juba, rivuye mu gace ka Wau gaherereye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Juba.

Itangazo rya UNMISS, ryavugaga ko hari amakuru y’uko bamwe mu bagize itsinda ry’abapolisi bishoye mu busambanyi, ibi bikaba bihabanye n’amahame ya Loni na UNMISS abuza imibonano mpuzabitsina n’abantu b’inzirakarengane harimo n’abo ushinzwe kwitaho.

Kuri uyu wa Mbere ubwo ishami rya RFI muri Afurika ryandikaga iyi nkuru, ryakoresheje ifoto iriho abasirikare babiri ba RDF bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni. Abakoresha Twitter barimo n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe, banenze ubunyamwuga bw’iki gitangazamakuru ndetse banerekana ko atari ubwa mbere amakosa nk’aya abaho.

Nduhungirehe abinyujije kuri Twitter yagize ati “Vuga @RFI, abirabura barasa bose, nibyo? Ibi ni nk’ubwa gatatu mukoresha amafoto y’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bikorwa by’ubusambanyi byakozwe n’abandi basirikare.”

Uwitwa Jules Rutalihire yagize ati “Gukoresha abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu nkuru ishinja abanya-Ghana, iri tangazamakuru baryita ngo iki? Ni ukutagira amahame ngengamyitwarire…ni iki? Itangazamakuru ry’u Bufaransa mwateye imbere mukareka politiki, muritesha agaciro ubwanyu.”

Si ubwa mbere igitangazamakuru cyo mu Bufaransa cyokejwe igitutu kubera ibintu nk’ibi. Umwaka ushize France 24, yamaganiwe kure nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza abasirikare b’Abafaransa bakurikiranywe n’ubutabera ku byaha byo gufata abana ku ngufu muri Centrafrique ubwo bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu, ariko kigakoresha ifoto iriho umupolisi w’u Rwanda.


2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubwanditsi 11 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya  Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports
Amakuru

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Aug 2024
Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo
Amakuru

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru