• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 May 2017 Mu Rwanda

Djibouti ni igihugu gito gikora ku Nyanja itukura, ariko ni iwabo w’ibirindiro bikomeye bya gisirikare by’Abanyamerika n’Abafaransa bari barayikolonije, ndetse n’abashinwa bakomeje kugaragaza inyota yo gukorana n’iki gihugu.

Hari ubwo bifatwa nk’imbaraga nke z’ibihugu bya Afurika n’imbaraga zikomeye z’ibihugu by’amahanga ariko ibi birindiriro bikaba byarabayeho guhera no mu bihe by’ubukoloni, mu ntambara y’ubutita, kugeza n’uyu munsi.

Ahanini bishyirwaho bitumbiriye agace ka Sahel n’ihembe rya Afurika, mu duce u Burayi buhuriramo na Afurika nayo igahura n’Uburasirazuba bwo hagati.

Ibirindiro biri muri Sahel biri mu gice gifatwa nk’ikirimo ibikorwa bikomeye by’umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, Islamic State na Boko Haram, uduce turimo imitwe ifatwa nk’iyananiranye kuri guverinoma z’ibihugu, n’ubwo n’aba banyamahanga kuyitsinsura nabo bikibabereye ihurizo.

Uzasanga muri utwo duce hihariye indege zitagendamo abapilote z’Abanyamerika n’Abafaransa, ariko ibi bihugu bikanengwa ko nubwo byakajije umutekano, nta mpinduka ifatika byazanye.

Nka Djibouti ibitse icyambu gifatwa nk’igicumbi cy’ubucuruzi bwa Afurika n’u Buhinde kimwe n’Uburasirazuba bwo hagati, ibona inyungu mu gucumbikira ibirindiro by’ingabo z’ibihugu birindwi bikomeye, birimo Amerika, u Bushinwa, u Butaliyani, u Bufaransa, u Budage, u Buyapani, Espagne ndetse na Arabie Saoudite iri mu nzira yoherezayo ingabo.

Ibihugu bitandukanye bifite ibirindiro by’ingabo muri Afurika

Ibirindiro by’Ingabo z’u Bushinwa muri Djibouti

U Bushinwa buri kubaka ibirindiro bya gisirikare ku cyambu cya Obock, ku kigobe cya Tadjoura hafi n’ibirindiro by’ingabo z’Abanyamerika, Camp Lemonnier. Ni kimwe mu bigize ishoramari rya miliyari $12 ry’u Bushinwa muri Djibouti, harimo kubaka icyambu gishya, ibibuga by’indege n’umuhanda wa gari ya moshi uhuza Ethiopia na Djibouti.
Ibyo birindiro bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira ingabo ibihumbi, byitezweho kurengera inyungu u Bushinwa buri kongera mu ihembe rya Afurika.

U Bufaransa

Hari ibirindiro byubatswe muri Tchad biri mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba, Operation Barkhane, bibarizwamo abasirikare bagera ku 3,500, bakorera muri Burkina Faso, Tchad, Mali, Mauritania na Niger
.
Hari ibiri muri Côte d’Ivoire byubatswe kuri Port-Bouët, biri no guteganywa kwagurwa, bikavanwa ku basirikare 500 bakagera kuri 900.

Muri Djibouti niho hubatse ibirindiro bimaze igihe kirekire by’ingabo z’Abafaransa, ubu birimo abagera ku 1 700, hakaba ibindi muri Gabon ari nabyo bibamo ingabo z’Abafaransa banakorera muri Repubulika ya Afurika yo hagati.

U Buhinde

U Buhinde bufite ibirindiro by’ingabo muri Madagascar, ari naho bwubatse ibirindiro bya mbere mu mahanga, mu 2007. Ni ibigamije gucunga umutekano w’amato agenda mu Nyanja y’Abahinde no kugenzura itumanaho ryo muri iyi nyanja.

Hari n’ibirindiro bafite muri Seychelles nabyo bigamije kurwanya ba rushimusi bo mu nyanja, n’ubwo bivugwa ko ari byo bikurikirana ibikorwa by’u Bushinwa bishobora kubangamira inyungu z’u Buhinde.

U Budage

Iki gihugu gifite ibirindiro by’igisirikare gikorera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Niamey, mu Murwa Mukuru wa Niger, zitanga ubufasha mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Mali.

U Bwongereza

U Bwongereza bufite ibirindiro muri Kenya biri ahitwa Nanyuki, mu bilometero 200 uvuye mu Murwa Mukuru Nairobi, bifasha ahanini mu myitozo ya gisirikare.

U Buyapani

Abayapani bafite ibirindiro by’ingabo muri Djibouti guhera mu 2011, ahari abasirikare 180 bagenzura hegitari 12 hafi y’ibirindiro by’Abanyamerika, Camp Lemonnier. Bifatwa nk’ikimenyetso cyo gukomeza gucungira hafi ibikorwa by’u Bushinwa bukomeje kwinjira mu bihugu bitandukanye cyane cyane muri Afurika.

Arabie Saoudite

Nyuma y’umwuka mubi waherukaga, Arabie Saoudite iri kurangiza umushinga wo kubaka ibirindiro bya gisirikare muri Djibouti, aho irangaje imbere urugamba rwo kurwanya inyeshyamba z’aba Houthi muri Yemen.

Turikiya

Iki gihugu gifite ibirindiro bya gisirikare muri Somalia biha imyitozo ingabo z’icyo gihugu. Icyo gihugu kigenda kizamura izina ryacyo muri Somalia, aho mu 2011 akiri Minisitiri w’Intebe, Recep Tayyip Erdogan yabaye umuyobozi ukomeye wa mbere w’umunyamahanga usuye Somalia yari imaze imyaka myinshi mu ntambara.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Iki gihugu gifite ibirindiro muri Eritrea, aho mu 2015, cyatangiye kubaka ikigo cya Assab mu Nyanja Itukura, gishobora kugwaho indege zikoreye ibintu biremereye, gifasha mu kugeza ibikoresho mu bikorwa bya gisirikare muri Yemen.

Eritrea yahawe ingurane y’inkunga itubutse kimwe n’undi musanzu mu kubaka ibikorwa remezo. UAE kandi ifite ibirindiro muri Somalia, bikoreshwa mu gutoza ingabo za Somalia mu kurwanya iterabwoba, guhugura urwego rw’ubutasi n’igipolisi.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Iki gihugu nicyo gifite ibirindiro byinshi muri Afurika, harimo nk’ibikomeye cyane muri Burkina Faso i Ouagadougou, bifasha mu gucunga umutekano muri Sahel. Hari ibiri muri Cameroon ku kibuga cy’indege cya Garoua, aharuhukira drone zikurikiranira hafi inyeshyamba za Boko Haram mu Burengerazuba bwa Nigeria, hakaba n’abasirikare 300 ba Amerika.

-6709.jpg

Hari ibiri i Ndjamenamuri Tchad, hakaba na Camp Lemonnier iri ku butaka bwa hegitari 200 muri Djibouti, ikambitseho abasirikare 3,200 ba Amerika kimwe n’abasivili bakorana.

Aha niho hari ibiro bikuru by’ingabo za Amerika zigenzura ihembe rya Afurika, akaba ari nabyo birindiro bihoraho by’ingabo za Amerika muri Afurika.

Muri Ethiopia naho Amerika ihafite ingabo guhera mu 2011, nubwo bivugwa ko bishobora kuba byarafunzwe. Hari ibirindiro biri muri Kenya bizwi nka Camp Simba ahaba utudege tugenzura muri Somalia na Yemen; hakaba ibirindiro muri Niger bifasha indege kugenzura agace ka Sahel n’ikibaya cy’ikiyaga cya Tchad.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi zifite ibirindiro muri Somalia bibamo abakomando mu duce twa Kismayo na Baledogle; hakaba n’ibiri muri Seychelles bikoresha drones zigenzura ako gace.

Hari n’umutwe w’ingabo umaze iminsi ufasha ingabo za Uganda guhiga Joseph Kony uyobora inyeshyamba za Lord Resistance Arm, ukorera ku kibuga cy’indege cya
Entebbe.

Norbert Nyuzahayo

2017-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa
HIRYA NO HINO

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga
Mu Mahanga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden
Amakuru

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Ubwanditsi 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru