• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Ubwanditsi 24 Jul 2018 Mu Mahanga

Umwe mu barwanyi bari ab’umutwe wa FDLR yavuye mu Nkambi ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umuryango we, yerekeza mu Rwanda mbere y’uko itariki ntarengwa bahawe iyo nkambi igafungwa igera.

Muri Mata 2018 nibwo itsinda rigizwe n’Intumwa za Leta ya Congo n’imiryango itandukanye y’akarere zamenyesheje abari mu nkambi ya Walungu ko bagomba gutaha mu Rwanda ku bushake bitarenze tariki ya 20 Ukwakira 2018 kuko igomba gufungwa kuri iyo tariki.

Si iyi nkambi gusa, icyemezo kiranareba iya Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru n’iya Bahuma i Kisangani.

Nk’uko byatangaje n’urubuga ReliefWeb, uwo Munyarwanda wahoze muri FDLR yageze i Bukavu ku wa 10 Nyakanga 2018 ari kumwe n’umugore we n’umukobwa we. Yafashijwe kuva muri iyo nkambi ya Walungu n’umukozi wa MONUSCO ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi.

Biteganyijwe ko wo muryango utagomba kurenza icyumweru i Bukavu, ukahava woherezwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi. Uyu muryango wahawe ibikoresho by’ibanze birimo ikweto n’amafaranga mu kwitegura gutaha mu Rwanda.

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema, James Gadin, yashimye icyemezo cy’uwo wahoze muri FDLR, kije mbere habura amezi ngo hashyirwe mu bikorwa icyemezo cyo gufunga inkambi zicumbikiye abahoze ari abarwanyi nk’uko cyafashwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari, yateraniye i Brazzaville muri Congo mu Ukwakira 2017.

James Gadin yavuze ko icyo cyemezo cyo gutaha ku bushake ari cyiza kuri MONUSCO, kuri RDC, CIRGL no ku Ntumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Yavuze ko iyo ari intangiriro y’ifungwa ry’inkambi ya Walungu, abahoze ari abarwanyi bamazemo imyaka irenga itatu nubwo ubuzima butaboroheyemo. Bamwe bagiye banga kuyisohokamo kubera gushaka kwifatanya n’abandi cyangwa kubera amakuru abayobya baherwa muri iyo nkambi.

Uwo muryango ugiye kuva ku butaka bwa Congo ugiye kugira amahirwe y’ubuzima bwiza, amahoro n’umutekano mu Rwanda nyuma y’igihe kirekire wamaze mu ishyamba, wavamo ukajya mu nkambi.

James Gadin yahamagariye n’abandi 189 bari muri iyo nkambi ya Walungu, barimo 44 bahoze ari abarwanyi ba FDLR, kimwe n’abandi bakiri mu mashyamba kwemera gusubira mu buzima butanga icyizere cy’ejo hazaza kuri bo n’ababakomokaho.

U Rwanda ruhora rwiteguye kwakirana yombi umuntu wese ufashe icyemezo cyo gutaha, agasubizwa mu buzima busanzwe.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
U Burundi buravuga ko inkunga y’indogobe u Bufaransa bwahaye abaturage ari nk’igitutsi

U Burundi buravuga ko inkunga y’indogobe u Bufaransa bwahaye abaturage ari nk’igitutsi

Ubwanditsi 31 May 2018
Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:38 pm -

    NONE SE IYO UMURWANYI UMWE ATASHYE MUHITA MUBIGIRA INDIRIMBO NKAHO INTAMBARA IGIYE GUTANGIRA MU RWANDA IRANGIYE? UZIKO MUSETSA KOKO!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]
POLITIKI

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be
HIRYA NO HINO

RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe
Mu Mahanga

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru