• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Ubwanditsi 24 Jul 2018 Mu Mahanga

Umwe mu barwanyi bari ab’umutwe wa FDLR yavuye mu Nkambi ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umuryango we, yerekeza mu Rwanda mbere y’uko itariki ntarengwa bahawe iyo nkambi igafungwa igera.

Muri Mata 2018 nibwo itsinda rigizwe n’Intumwa za Leta ya Congo n’imiryango itandukanye y’akarere zamenyesheje abari mu nkambi ya Walungu ko bagomba gutaha mu Rwanda ku bushake bitarenze tariki ya 20 Ukwakira 2018 kuko igomba gufungwa kuri iyo tariki.

Si iyi nkambi gusa, icyemezo kiranareba iya Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru n’iya Bahuma i Kisangani.

Nk’uko byatangaje n’urubuga ReliefWeb, uwo Munyarwanda wahoze muri FDLR yageze i Bukavu ku wa 10 Nyakanga 2018 ari kumwe n’umugore we n’umukobwa we. Yafashijwe kuva muri iyo nkambi ya Walungu n’umukozi wa MONUSCO ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi.

Biteganyijwe ko wo muryango utagomba kurenza icyumweru i Bukavu, ukahava woherezwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi. Uyu muryango wahawe ibikoresho by’ibanze birimo ikweto n’amafaranga mu kwitegura gutaha mu Rwanda.

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema, James Gadin, yashimye icyemezo cy’uwo wahoze muri FDLR, kije mbere habura amezi ngo hashyirwe mu bikorwa icyemezo cyo gufunga inkambi zicumbikiye abahoze ari abarwanyi nk’uko cyafashwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari, yateraniye i Brazzaville muri Congo mu Ukwakira 2017.

James Gadin yavuze ko icyo cyemezo cyo gutaha ku bushake ari cyiza kuri MONUSCO, kuri RDC, CIRGL no ku Ntumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Yavuze ko iyo ari intangiriro y’ifungwa ry’inkambi ya Walungu, abahoze ari abarwanyi bamazemo imyaka irenga itatu nubwo ubuzima butaboroheyemo. Bamwe bagiye banga kuyisohokamo kubera gushaka kwifatanya n’abandi cyangwa kubera amakuru abayobya baherwa muri iyo nkambi.

Uwo muryango ugiye kuva ku butaka bwa Congo ugiye kugira amahirwe y’ubuzima bwiza, amahoro n’umutekano mu Rwanda nyuma y’igihe kirekire wamaze mu ishyamba, wavamo ukajya mu nkambi.

James Gadin yahamagariye n’abandi 189 bari muri iyo nkambi ya Walungu, barimo 44 bahoze ari abarwanyi ba FDLR, kimwe n’abandi bakiri mu mashyamba kwemera gusubira mu buzima butanga icyizere cy’ejo hazaza kuri bo n’ababakomokaho.

U Rwanda ruhora rwiteguye kwakirana yombi umuntu wese ufashe icyemezo cyo gutaha, agasubizwa mu buzima busanzwe.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Ubwanditsi 29 Jan 2017
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa  kwirengera ingaruka z’inyandiko  zibiba  urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Ubwanditsi 25 Oct 2017

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:38 pm -

    NONE SE IYO UMURWANYI UMWE ATASHYE MUHITA MUBIGIRA INDIRIMBO NKAHO INTAMBARA IGIYE GUTANGIRA MU RWANDA IRANGIYE? UZIKO MUSETSA KOKO!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC
Amakuru

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?
INKURU NYAMUKURU

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Ubwanditsi 18 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru