• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Ubwanditsi 29 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha ku rwego mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka mu rukiko rukuru mu Rwanda ruri i Nyanza mu majy’epfo y’igihugu rwatangiye kumva urubanza rw’itsinda ry’abantu 25 baregwa ibyaha byo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ku munsi wa mbere umucamanza ntiyaburanishije urubanza mu mizi kuko havutse ibibazo by’abadafite amadosiye n’abatunganiwe.

Muri 25, batatu gusa ni bo bagaragaye bafite abunganizi mu mategeko, abandi hafi ya bose baraburana biyunganira. Ni abantu baturuka mu mpande zitandukanye z’igihugu barimo n’abaturuka mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali. Barimo abo bigaragara ko ari abasaza n’abakiri bato.

Ubushinjacyaha bubakurikiranyeho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ibindi. Bamwe hari ibyo bemera ko babikoze abandi bagatsemba.

10 muri 25 ku byaha baregwa barabihakana bakavuga ko icyo bemera ari uko bamenye amakuru y’umugambi wariho ntibatanga amakuru. Abandi icumi kandi nta cyaha na kimwe bemera mu byo baregwa.

Uwabimburiye abandi kwemera ibyaha ni Mme Rose Mukamurenzi wabwiye umucamanza ko abyemera akabisabira imbabazi. Ntiyarondoye icyaha ku kindi.

Mugenzi we Basabose yavuze ko yemera icyaha kimwe cyo kwambutsa Grenade azikura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azizana mu Rwanda. Uwitwa Bizimungu na we yemera ko yambukije Imbunda mu Rwanda ayikuye Congo. Ni mu gihe uwitwa Nshimiyimana we yemera ko yambukije ibiyobyabwenge ntiyatanga amakuru kuri za grenade zari muri ibyo biyobyabwenge.

Ubushinjacyahwa buhagarariwe na Bwana Ndibwami Rugambwa na mugenzi we bwabwiye urukiko ko ari uburenganzira bw’abaregwa guhabwa dosiye bakabona uko biregura. Busaba ko urubanza rusubikwa abaregwa bagahabwa dosiye bagategura urubanza.

Umucamanza Alice Umulisa uburanisha uru rubanza yibukije ubushinjacyaha ko ari bwo bufite inshingano zo kubashyikiriza dosiye nk’uko bitangazwa na Radio Ijwi ry’Amerika.

Bwasubije ko ku manza zihuriweho n’abantu benshi, ubwanditsi bw’urukiko ari bwo bukurikirana ko amadosiye yageze ku baregwa bubanje kuyanyuza kuri gereza bafungiwemo.

Muri rusange iri tsinda ry’abantu i 25 bararegwa ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ibyaha by’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ibindi. Bararegwa gukoranira bya hafi n’umutwe wa FDLR ubarizwa mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo urwanya Leta y’u Rwanda ndetse bagashinjwa gukoranira bya hafi n’abo mu ihuriro RNC nayo irwanya Leta y’u Rwanda.

Iburanisha ritaha ryimuriwe ku itariki ya 18 z’ukwezi gutaha kwa karindwi.

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Feb 2021
Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura
Mu Rwanda

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017
Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo
Mu Rwanda

Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo

Ubwanditsi 05 Sep 2017
‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba
INKURU NYAMUKURU

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru