• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Ubwanditsi 20 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibyo kubaka umuhanda uhuza Kampala na Bujumbura unyuze muri Tanzaniya bigitangazwa na guverinoma ya Uganda, byasetswe mbere na mbere n’abaturage ba Uganda, babifashe nk’ibindi binyoma byose biranga ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Bimwe mu byo bavuga bigaragaza ikinyoma, ngo ni uko bitumvikana ukuntu Uganda itangaza ko izubaka umuhanda uzanyura muri Tanzaniya kandi iki gihugu ntacyo kibiziho. Ubwo Perezida mushya wa Tanzaniya, Samia Hassan Suluhu yari mu ruzinduko muri Uganda mu minsi mike ishize, ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu mushinga wo kubaka inzira ya gariyamoshi ihuza ibyo bihugu, ariko iby’umuhanda uzanyura muri Tanzaniya ujya i Burundi ntabyavuzwe, biri mu mutwe no binyoma bya Museveni wenyine.

Ikindi abaturage ba Uganda benshi bagaragaje binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ni uko n’imihanda Perezida Museveni yabasezeranyije kubaka muri Uganda nayo ubwayo itigeze yubakwa. Raporo zinyuranye zirimo n’iz’ibigo mpuzamahanga by’imari, nka Banki Nyafrika Itsura Amajyambere, Banki y’Isi n’ Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, zivuga ko Uganda iri mu bihugu by’ Afrika yo munsi y’ Ubutayu bwa Sahara bifite imihanda mibi, yangiritse cyane, kandi amafaranga yo kuyisana no kubaka imishya yaratanzwe.

Abazi neza ruswa iba mu butegetsi bwa Uganda bahamya ko ayo mamiliyari yarengeye mu mifuka y’umuryango wa Museveni.

Mu cyumweru gishize Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yabeshye isi yose ko u Rwanda rwafunze umupaka ngo kugirango ibicuruzwa biva muri Uganda bitagera mu Burundi, yirengagije ko amakosa yo gufunga umupaka w’u Burundi n’u Rwanda yabanje gukorwa n’uwo yasimbuye ku butegetsi, Petero Nkurunziza, akaza gushimangirwa na Ndayisimiye ubwe, yemeza ko biri mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19.

Yaba Museveni, yaba na Ndayishimiye, barabizi ko babeshyeye u Rwanda nkana, kuko nta gihe rutagaragaje ko icyo cyemezo nta bushishozi cyafatanywe kuko kibangamiye urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa, ndetse n’amahame y’ ubuhahirane hagati y’ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba.

Kuba rero Museveni yarabeshye Ndayishimiye umuhanda, Abagande ubwabo babibashe nk’ubuhendabana, ikinyoma cyakwemerwa gusa n’inyigaguhuma muri politiki.

Basanga ahubwo icyoroshye ari uko Perezida wabo yareka gushotora u Rwanda umubano ukongera ukaba mwiza, Abarundi nabo bagafungura umupaka wabwo n’u Rwanda, bityo ubuhahirane bukorohera ibihugu uko ari 3 ndetse n’ akarere kose.

Naho ibyo kunyura inkeraramucyamo, uretse ko ngo bitanashoboka, nta n’ubushishozi  babibonamo. Perezida Ndayishimiye yita Museveni”Baba wa Taifa” (Papa w’uBurundi), bishobora kuzavamo”Baba wa Uongo”(Papa w’umubeshyi).

2021-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Ubwanditsi 22 Nov 2021
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo
HIRYA NO HINO

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump
HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Ubwanditsi 27 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru